Impanuka ikomeye ya tagisi i Rulindo ihitanye batanu abandi 10 barakomereka

Impanuka ikomeye yabereye mu Karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru, aho imodoka yo mu bwoko bwa tagisi (Hiace) yaguye batanu mu bari bayirimo bagiye mu bukwe bagahita bahasiga ubuzima naho abandi 10 barakomereka.

Batatu mu bari muri iyi tagisi baguye aho ako kanya abandi babiri bapfira mu bitaro bya Nemba biri mu Karere ka Gakenke, ari na ho havurirwaga abandi batanu bakomeretse bikomeye n’abandi batanu bakomeretse byoroheje.

Biravugwa ko abari muri iyi modoka bari bagiye mu bukwe.
Biravugwa ko abari muri iyi modoka bari bagiye mu bukwe.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Minibisi Toyota Hiace, zizwi mu Rwanda nka Twegerane, ifite puraki nimero RAA 784 J, yavaga mu murenge wa Buyoga, itwaye abo bantu bajyaga mu bukwe mu mujyi wa Kigali.

Ubwo ngo yageraga mu Murenge wa Tumba, mu Kagari ka Barari, mu Mudugudu wa Gashoro, mu muhanda uva kuri Tumba College of Technology ugana kuri Mukoto, ni bwo yahise ibura feri.

Amakuru aravuga ko batanu bahise bahasiga ubuzima.
Amakuru aravuga ko batanu bahise bahasiga ubuzima.

Umushoferi wari uyitwaye witwa Harerimana Emmanuel, akimara kugwa, yahise abura, na n’ubu ngo akaba agishakishwa.

Norbert Nizurugero

Ibitekerezo   ( 23 )

Twihanganishije imiryango yabuze ababo gusa twese dusenge kandi twizere imana kuko twese turi abakandida

Bikabyo original yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Birababaje kbs ababuzababo mwihangane twifatanyije mukababaro

Kwitonda idriss neo yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

rest in peace for family lost their brothers and sisters.ariko mbere yo kurira imodoka tujye twiyeza pe!!

ALIAS yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Imaryango yaburiye abayo muriyo mpanuka bagire kwihanga gusa abashinzwe ikorwa ryumuhanda bagakwiye kureba kuntu bashyiramo donani kuko uriya muhanda uva itumba ukagera mukoto uteye nabicyane.kozwe nabicyane imodoka umunsi ziziyongera ukaba nyabagendwa impanuka ziyongera

DANNY yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Nimba nabo bapfuye njyewe ko nabuze nicyo nimarira

Elias yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

imana idutabare icyorezo cyimpanuka

claudine yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Birababaje ariko imana ibakire mubayo amen

Gentro empire yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Impanuka zongeye k ubura umutwe Police nidufashe.

gypsum yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Mr President niyongere agire icyo avuga wenda accidents zagabanuka,reba trinity yakoze impanuka ejo bundi aha,reba RIP rwigara nawe yaragonzwe etc! Ariko polesana kumiryango yabuze ababo

Kwizera Gad yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

mana weee, Police, police, police, mwadufashije koko yemwe ibinyabiziga nkibi bishaje mukabikorera isuzumwa ryimbitse. RAA...J. imana ibakire byumvikane ko iyi modoka yaririmo umuryango

Titi yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

muratubeshye abahasize ubuzima ni 6 abandi bari mubitaro bya nemba

roger yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka