Polisi y’Igihugu yasobanuriye abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Ruyenzi, ruherereye mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, uko bakoresha umuhandaw wa kaburimbo nko kwambukira mu nzira ya bagenzi izwi ku izina rya “Zebra crossing.”
Umusore witwa Munezero wo mu Mudugudu wa Nyamiyaga mu Kagari ka Kidahwe ho mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ikorera ahitwa ku Mugina mu Karere ka Kamonyi ashinjwa gutwika se umubyara.
Ibiyobyabwenge birimo kanyanga, urumogi ndetse n’ibikoresho bikoreshwa mu gukora kanyanga birimo insheke, n’ingunguru byangiririjwe mu ruhame,nyuma y’urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge rwakozwe n’urubyiruko rwiganjemo abanyonzi n’abamotari.
Dusingizimana Jean De Dieu ukunze kwiyita Fulgence Kibenye w’imyaka 24 ari mu maboko ya Polisi kuri ku Mukamira mu karere ka Nyabihu, acyekwaho kwicisha umuhoro Hatangimfura Jean Baptiste Gasore w’imyaka 38.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, asanga ubufataye bw’imyaka 15 Polisi imaze ifitanye ubufatanye n’abaturage mu kwicungira umutekano, byatanze umusaruro ugaragara mu kurwanya ibyaha mu gihugu cyose.
Nyuma y’uko impunzi z’i Burundi zari zimaze iminsi zihungira mu Rwanda zinyuze ku byambu bihuza Akarere ka Kirehe n’u Burundi, Polisi y’i Burundi imaze gufunga ibyambu byose ngo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abantu babarirwa muri 55 bo mu Mudugudu wa Mabanza mu Kagari ka Gishwero, ho Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, ngo bari kwa muganga nyuma yo kunywa ikigage mu birori by’ubutisimu byabaye ku munsi w’isakaramentu ku wa 7 Kamena 2015.
Kuri uyu wa 07 Kamena2015 ahagana mu ma saa sita z’amanywa, mu Mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Gahurura, mu Murenge wa Rukomo, habonetse umurambo w’uwitwa Kayitare Egide.
Guhera kuri uyu wa 04 Kamena, Mugabo Faustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakagarama mu Murenge wa Rukomo ho mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko ya Polisi/ Sitasiyo ya Gatunda akekwaho kwaka no kwakira ruswa ingana n’amafaranga ibihumbi 20.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko nyuma yo guta muri yombi abantu bagera kuri 80 bakekwagaho kwiba inka muri ako karere, batandatu muri bo ngo ari bo ngo ni bo bafitiwe ibimenyetso simusiga ngo bakaba bazashyikirizwa ubutabera mu gihe abandi barekuwe bagasubiye iwabo.
Kuri uyu wa 05 Kamena 2015, Baziramwabo Boniface w’imyaka 43 wari Umukuru w’Umudugudu wa Kivumu mu Kagali ka Haniro mu Murenge wa Manihira ho mu Karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana.
Nyuma y’umwaka urenga Mugema Jacques yambura abantu batandukanye amafaranga, yiyita Ministiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, yerekanywe afungiwe kuri Stasiyo ya Polisi i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 06/6/2015.
Bamwe mu baturage bo mudugudu wa Ruhuha ya mbere akagari ka Bushoga umurenge wa Nyagatare, bavuga ko bararana n’amatungo kubera gutinya ko yibwa, ariko ubuyobozi bw’umurenge bwo bukavuga ko badakwiye inya kuko iki kibazo cyakemutse kubera irondo ryakajijwe.
Kva kuri uyu wa 03 Kamena 2015 umusore witwa Mbabazi Innocent utuye mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kwiba inka y’umuturage.
Kuri uyu wa 04 Kanama 2015, ahagana mu ma saa munani z’urukerera abanyerondo babiri bakomerekejwe n’abaforoderi mu Mudugudu wa Cyonyo, Akagari ka Bushoga ho mu Murenge wa Nyagatare akarere ka Nyagatare.
inzu y’ubucuruzi y’uwitwa Kalisa Eugene iherereye mu murenge wa Kabarore, Akagari mu karere ka Gatsibo yafashwe n’inkongi y’muriro irashya irakongoka na bimwe mu bikoresho n’ibicuruzwa byarimo bikangirika.
Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu rwateye utwatsi icyifuzo cya Bahame Hassan, wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, cyo kuburana ari hanze kuko uwo bareganwa ngo wafatanywe igihanga na we yafunguwe, rwemeza ko akomeza kuburana afunzwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, na bamwe mu bakozi b’akarere kuri uyu wa 2 Kamena 2015 ubwo bari bagiye gukemurayo ibibazo by’abaturage mu Murenge wa Nyagisozi bakiriwe n’amaganya ya bamwe mu baturage babasaba kubakiza umugabo bavuga ko yigize indwanyi muri ako gace wahigize.
Bitungwa Jibril w’imyaka 45 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi poste ya Karangazi guhera kuri uyu wa 01 Kamena 2015 ashinjwa gutema Zimarimbeho Assuman, Umuyobozi w’umusigiti muri santere ya Karangazi amukekaho kumusambanyiriza umugore.
Ku ishami rya Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba, hafungiye abantu 16 bakurikiranweho ubujura bw’inka bwakorewe mu bice bitandukanye by’iyi ntara, by’umwihariko mu turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza.
Umugabo witwa Butera Desire wo mu karere ka Rubavu aguye mu mpanuka y’imodoka imutaye mu Kivu, ubwo yaturukaga ku mupaka munini yerekeza mu mujyi wa Rubavu, mu masaha y’isaa tanu zo kuri uyu wa gatatu tariki 3/6/2015.
Uwiringiyimana Divine w’imyaka wabarizwaga mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati ho mu karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ahita apfa.
Ahagana mu ma saa kumi n’igice kuri uyu wa 01 Kamena, mu Mudugudu wa Gasinga, Akagari ka Gasinga ho mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, Nshimiyimana Emmanuel w’imyaka 17 yuriye ipoto y’umuriro w’amashanyarazi aragwa arapfa.
Abashumba baragirira mu ishyamba rya Gishwati bo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Nyabirasi ho mu Karere ka Rutsiro bivugwa ko bakubise umuntu agapfa none 10 muri bo bamaze gutabwa muri yombi na Polisi mu gihe abandi 4 bagishakishwa.
Hashize iminsi itanu icyuma cyifashishwa mu gusuzuma abagore batwite n’abandi bose bafite ikibazo cyo munda (échographie) cyibwe nyuma y’ibura rya moto yifashishwa mu bitaro na mudasobwa ebyiri zifashishwa muri serivisi ya mituweri.
Guhera kuri uyu wa 31 Gicurasi 2015, Habineza Aloys wo mu Mudugudu wa Ruhuha 1 mu Kagari ka Bushoga ho mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho kwiba inka ariko agafatwa ntacyo yari yageraho.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kubitiro, Akagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe n’igikuku kiri hafi y’ingo zabo kuko ngo kijya kinahitana ubuzima bw’abantu.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Sosiyete itwara abagenzi Virunga Express ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya muri aya ma saa yine z’amanywa kuri uyu wa 1 Kamena 2015 ariko ku bw’amahirwe abarimo bose n’ibyabo byose bayisohotsemo amahoro.
Umusore witwa Mucyo Jean De Dieu ari mu maboko ya Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 3.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Isaac Bizuru Nkurikiyimana, yakatiwe gufungwa imyaka 7 y’igifungo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi ruri mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015.