Umuyobozi Mukuru wa Polisi IGP Emannuel Gasana arasaba abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bo mu turere twa Huye na Gisagara, guharanira umutekano, buri wese aba ijisho rya mugenzi we, bakumira ibyaha bitaraba, banatangira amakuru ku gihe kandi vuba.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Chief Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko ugereranyije n’amezi ashize, abamotari batangiye guhindura imyumvire kuri amwe mu makosa bakoraga abangamira ibikorwa by’abashinzwe umutekano n’abagenzi.
Umugabo witwa Igirukwigena Bonaventure utuye mu Mudugudu wa Kijibamba mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi nyuma ashinjwa kugerageza gufata ku ngufu umukobwa we, byamunanira akamutemagura.
Umusore w’imyaka 19 wo mu Kagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo ho mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Kivumu akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 7 y’amavuko wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza.
Nyuma y’uko polisi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bahagurukiye kurwanya abacuruza n’abakoresha inzoga zitemewe, bamwe batangiye gushaka amayeri yo kuzicuruza bakoresheje amacupa cyangwa ibindi bikoresho bisanzwe bizwi ko bibamo ibicuruzwa byemewe mu gihugu.
PC Mukandayisenga Alphonsine, wari umupolisikazi mu Karere ka Kamonyi, yapfiriye ahitwa Gifumba mu rugabano rugabanya Akarere ka Muhanga n’Akarere ka Ruhango ubwo yajyaga mu masengesho ku musozi wa Kanyarira uri mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kirehe barashinja ubuyobozi bw’imidugudu kubaka amafaranga ibihumbi bitandatu bwise umusoro w’umudugudu.
Uwitwa Rukundo Marcel w’imyaka 30 y’amavuko bakunze kwita Nyaruzungu, wari utuye mu Mudugudu wa Rukuro mu Kagari ka Muhororo ho mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango,bamusanze yimanitse mu giti cy’umuvumu yapfuye.
Umugore witwa Mukamuramutsa Francine ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi nyuma akekwaho kwica umugabo we Havumiragiye Damascene amunize akoresheje umugozi.
Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, iz’umutekano ndetse n’abaturage, ku wa 10 Nyakanga, mu Karere ka Bugesera hasenywe inganda ebyiri zenga inzoga itemewe ya kanyanga zari mu Mudugudu wa Karambo mu Kagari ka Gihembe mu Murenge wa Ngeruka.
Mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi hatoraguwe umurambo w’umwana witwa Ukwishaka Eliphase w’imyaka 3 wari umaze icyumweru yaraburiwe irengero ashakishwa n’umuryango we.
Nyuma y’ukwezi kumwe n’igice Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bufashe gahunda yo gufata abajura b’inka ndetse n’abakekwaho ubwo bujura, abaturage bo muri ako karere bahamya ko kuri ubu babonye agahenge kuko ubujura bw’inka bwagabanutse.
Umugabo w’imyaka 35 witwa Uwimana Jean Claude utuye mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gihango,nyuma yo kwica umugore we wa kabiri witwa Uzamukunda Sylvanie ndetse n’umwana witwa Ndatimana yagendanye ubwo yashakaga uyu mugabo.
Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Abibumbye (Loni) mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Saïd Djinni,t mu biganira n’abarwanyi ba FDLR bajyanywe mu nkambi yitiriwe Lt Gen Bauma iri Kisangani ku wa 8 Nyakanga 2015 yabasabye gutaha mu Rwanda.
Runiga Fulgence, Umukuru w’Umugudugu wa Mukoni mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza ari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo yayo ya Busasamana ashinjwa kwakira ruswa y’ibihumbi 10 by’umuturage kugira ngo amukemurire ikibaba ku nzu yubakaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Nkurikiyumukiza Cassien wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ababajwe n’ubusembwa yatewe na murumuna we ubwo yamutemaga mu mutwe yarangiza akamuruma umunwa wo hasi akawuca.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Busogo mu karere ka Musanze rutangaza ko ruhangayikijwe n’abasore baza kurema isoko ryo mu Byangabo riherereye muri uyu mrenge, bitwaje inkoni bagahohotera abaturage iyo bamaze kunywa bagasinda.
Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda, Sheikh Musa Fazil Harelimana, ashimangira ko kwigana no gusangira uburanariribonye hagati y’abanyeshuri 30 bava mu bihugu umunani by’Afurika byitezweho imbuto nziza z’ubufatanye n’imikoranire ya polisi zo mu karere mu gucunga umutekano w’abantu n’ibintu ndetse n’umutekano ukarushaho kuba (…)
batanu bari mu kigero cy’imwaka ibiri kugeza kuri 7 barumwe n’imbwa bivugwa ko yasaze yo mu kagari ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Sebyenda Patrick bakundaga kwita Mosayi wakoraga akazi ko kotsa inyama mu Gasenteri ka Cyanika kari mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera yitabye Imana nyuma ngo kunywa uducupa dutanu tw’inzoga yitwa Furaha.
Umusore witwa Musabyimana Mawombe wo mu Kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore yafatanwe imifuka ibiri y’urumogi ipima ibiro 80 ku wa 02 Nyakanga 2015 arugemuriwe n’abatanzaniya atabwa muri yombi.
Mu kiyaga cya kivu hafatiwe abakongomani batanu n’amato yabo bari bavogereye amazi y’u Rwanda n’imitego ya kaningini itemewe kurobeshwa mu Rwanda na yo irafatwa, kuri uyu wa gatatu tariki a 1 Nyakanga 2015.
Umugabo witwa Rubwiriza Tharcisse w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera kuva mu cyumweru akorwaho iperereza kubera gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Rusizi no munkengero zawo, baravuga ko nyuma yaho inzego z’umutekano zagiye zifata bamwe mu bakunze guhungabanya umutekano wabo biganjemo abajura, indaya n’inzererezi mu mujyi hamaze kongera kuboneka agahenge.
Abagabo babiri bo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke bafungiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Gakenke bakurikiranweho kwiba inka bakayibaga bakagurisha inyama zayo ariko ntibibahire kuko bahise batabwa muri yombi n’inzego z’umutekano.
Nsabimana Fidèle w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Kagari ka Gitovu mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka mu gitondo cyo kuri wa 29 Kamena 2015 yagongewe na moto mu Mujyi wa Nyanza abura umugonze ndetse n’umutabara.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Senior Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko Polisi itazihanganira abanywa bagasinda kuko usibye guhungabanya umutekano, bikururira ubukene bukabije kandi bakangiza ubuzima bwabo.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015, mu Mudugudu wa Barija A, Akagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare, bamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 14 n’ibihumbi 437 na 200.
Abantu bataramenyekana baraye bateye mu ishuri ryisumbuye rya College Adventiste de Gitwe mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, basambanya umwana w’imyaka 10 wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza.
Mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Ruyenzi mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi; abana babiri, umwe w’imyaka irindwi n’undi w’imyaka ine, bahiriye mu nzu mu ijoro ryo kuwa 26 Kamena 2015; ubwo bari basigaye mu nzu bonyine ababyeyi babo ngo bagiye mu kabari.