Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP JMV Ndushabandi avuga ko kuba umuntu yaradekaraye bidasimbura icyangombwa cyemeza ko imodoka yakoresheje isuzuma kizwi nka (Contrôle technique) kuko ntacyo aba afite.
Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 28 Mutarama 2019 harimo amateka yemejwe harimo iteka rya Perezida rizamura mu ntera ba Ofisiye Bato 618 ba Polisi y’u Rwanda; n’iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su-Ofisiye n’Abapolisi Bato 3767 ba Polisi y’u Rwanda.
Amacumbi agizwe n’ibyumba bitatu mu rwunge rw’amashuri rwa Kibogora, GSFAK (Groupe Scolaire Frank Adamson de Kibogora) riherereye mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa yine n’igice z’amanywa ku wa gatatu tariki ya 23 Mutarama 2019 hangirika ibikoresho by’abanyeshuri basaga (…)
Mu ijoro ryo kuwa 23 rishyira uwa 24 Mutarama, abagororwa batatu barashwe bagerageza gutoroka Gereza ya Huye iri mu Ntara y’Amajyepfo, bose bahita bitaba Imana.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, Uwimana Jean de Dieu ukinira Ikipe ya Pépinière yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano akekwaho Kwiba mu kigo cy’ababikira giherereye ku Kacyiru.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihonga, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu basabwe gushaka inka eshanu z’umuturage zaburiwe irengero, bazibura abo baturage b’Akagari bakaziteranyiriza bakazishyura.
Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwulire mu Kagari ka Ntunga habereye impanuka yahitanye abantu 14.
Abashoferi batwara imodoka mu muhanda Ruhuha- Nyamata mu karere ka Bugesera baratangaza ko mu masaha ya nijoro hari abajura babategera mu nzira bagafungura imodoka zigenda bakiba imizigo y’abagenzi.
Ku wa gatatu tariki ya 16 Mutarama hasojwe imyitozo y’ibyumweru bibiri y’imbwa 16 n’abatoza bazazikoresha mu kazi kaburi munsi. Ni imyitozo yaberaga ku cyicaro cy’ishami rya polisi rikoresha imbwa(canine brigade) gihereye mu Kagari ka Masoro, Umurenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.
Lt Paul Muhwezi umusirikare mu ngabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere yitabye Imana azize impanuka yabereye mu mudugudu wa Gihorobwa akagari ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare mu masa saba z’amanywa kuri uyu wa 12 Mutarama 2019.
Abatuye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze batekereje uburyo bwaborohereza kwicungira umutekano, bakusanya amafaranga bagura imodoka igiye kubunganira mu buryo bwo kuwubungabunga
Nyuma y’uko mu ijoro ryo kuwa kabiri rishyira kuwa gatatu tariki 09/01/218 Mu murenge wa Kanombe Akarere ka Kicukiro, Alexia Uwera Mupende wari umunyamideri yishwe atewe icyuma, bamwe mu banyamideri bo mu Rwanda baravuga ko babuze inkingi ya mwamba.
Abaturage b’Umudugudu wa Gacundezi ya 2 barasaba ubuyobozi kubaha urumuri kugira ngo babashe guhangana n’abacuraguzi bababuza gusinzira.
Mu gihe Polisi yishimira ko impanuka zitahitanye benshi mu minsi mikuru isoza umwaka, Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rwo ruravuga ko kurwana byari bikabije.
Mukamusoni Daphrose umugore w’imyaka 53, uvuga ko yavukiye i Kigali mu cyahoze ari Komine Kanombe, aza kumara imyaka 24 abaho mu buzima bushaririye aho yarwanaga mu mutwe wa FDLR.
Majoro Bernard Ntuyahaga nyuma yo guhamwa n’icyaha mu kugira uruhare mu iyicwa rw’abasirikare 10 b’Ababirigi akarangiza igihano cy’imyaka 20 yakatiwe, arabarizwa I Mutobo aho yishimira uburyo yakiriwe mu gihugu cye cy’u Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 31/12/2018 ahagana saa mbiri n’igice, umugore wo mu kigero cy’imyaka 26 yiroshye muri Nyabarongo ku kiraro cy’ahitwa kuri Ruliba kigabanya akarere ka Nyarugenge na Kamonyi.
Uwitwa Murego Paulin yatawe muri yombi akurikiranyweho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko, ntibwubahirize n’umutekano w’abakora mu birombe.
Mu mwaka wa 2018 hagabwe ibitero bitandukanye ku Rwanda by’abagizi ba nabi byibasiye Intara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo, hapfa abantu bamwe abandi barakomereka.
Polisi y’Igihugu yerekanye abantu bakurikiranyweho ubusinzi ndetse no kugonga byaturutse ku businzi muri Kigali ku munsi wa Noheri.
Nshimiyimana Jerôme ucururiza butike mu kagari ka Rwebeya mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze, arishimira ko yarokotse impanuka y’imodoka yamusanze muri butike ye arokokana n’abakiriya babiri.
Minisitiri wa siporo n’umuco (MINISPOC) Nyirasafari Esperance arasaba Abanyarwanda muri rusange, by’umwihariko Abatuye mu Mujyi wa Kigali kwishimira iminsi mikuru ariko birinda guhungabanya umutekano no gusesagura.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, mu karere ka Rubavu umurenge wa Rubavu, akagari ka Byahi, umudugudu wa Ngungo, habonetse umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 yanizwe ndetse atwikishwa amazi ashyushye ushyirwa mu kimoteri.
Kuwa Gatandatu abantu bitwaje intwaro bateze imodoka eshatu zari zitwaye abantu, bicamo babiri bakomeretsa abandi umunani, mu gitero cyabereye mu ishyamba rya Nyungwe mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe.
Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda buravuga ko nyuma y’igitero cyo kuwa gatandatu cyo ku Cyitabi, ingabo z’igihugu zahise zikurikira abo bagizi ba nabi zicamo batatu zinabohoza abo abagizi ba nabi bari batwaye bunyago.
Polisi y’iguhugu yafashe Abantu 14 bo mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Ku mugoroba wo kuri uyu wagatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, mu murenge wa Cyitabi, akarere ka Nyamagabe, intara y’Amajyepfo, ahagana saa 18h15, abantu bataramenyekana batwitse imodoka eshatu zitwara abagenzi, babiri bahasiga ubuzima naho umunani barakomereka.
Abaturage baturiye umupaka uhuza u Rwanda na Congo batangaza ko ikibazo cy’abinjiza rwihishwa ibicuruzwa mu Rwanda bazwi muri ako gace nk’ ‘abacoracora’ gihangayikishije umutekano.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yahishuye ko mu gitero ingabo zikekwa kuba ari iz’umutwe wa FDLR zagabye mu karere ka Rubavu mu ntangiriro z’iki cyumweru cyaguyemo n’abasirikare b’u Rwanda.