Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yahitanye umuntu umwe, isenye inzu 933 z’abatuye akarere ka Kirehe, inasenya urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyabitare.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) kiraburira abakiba kuko cyakajije ingamba zo kubahashya.
Abagabo babiri bakomoka mu Karere ka Rutsiro bamaze umwaka muri Uganda aho bafashwe bagiyeyo gushaka imirimo, bagahabwa igihano cyo gukora imirimo nsimburagifungo mu gihe cy’amezi 12.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu hamwe n’inzego z’umutekano basabye abaturage kureka ubucuruzi bwa magendu butuma bamwe bashobora no kugwa mu bikorwa byo kubukumira.
Abaturage b’umudugudu wa Kagitumba, Akagari ka Kagitumba, Umurenge wa Matimba, bavuga ko kutajya muri Uganda nta gihombo babibonamo uretse guhohoterwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Dr Richard Sezibera, yiyamye abakomeza gushinja u Rwanda imirambo ikunze kugaragara mu Kiyaga cya Rweru kiri ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma Amb Dr Richard Sezibera aravuga ko umutwe urwanya leta y’u Rwanda uzwi nka RNC uri mu marembera kuko ari umutwe udafite ibikerezo bya politike bifatika.
Umugabo wo mu kigero cy’imyaka nka 40 ukomoka mu Karere ka Bugesera avuga ko yakuze acuruza urumogi ariko muri 2012, kubera inama zaberaga mu mudugudu atuyemo zamagana ibiyobyabwenge ndetse n’ingero z’abo byangizaga barimo n’abana yabonaga yiyemeza kubireka atangira ubucuruzi bw’akabari.
Imodoka yari irimo umushoferi wayo ifashwe n’inkongi y’umuriro igeze hafi ya Hotel Nobleza mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. Iyo modoka yo mu bwoko bwa TATA bivugwa ko isanzwe itwara abana b’abanyeshuri ku bw’amahirwe, ntawe uhiriyemo.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) irasaba abaturarwanda mu bice bitandukanye by’igihugu bikunze kwibasirwa n’ibiza kuba maso kandi bakagira imyitwarire ibafasha kwitegura no gukumira ibiza mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo muri iki gihe cy’imvura y’itumba, byitezwe ko izaba nyinshi mu duce twinshi tw’igihugu.
Umwe mu basore bane bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku itariki 26 Gashyantare 2019, avuga ko yamaze kuzinukwa icyo gihugu ngo ku buryo n’iyo inzira ijya mu ijuru yaba ariho inyura atayinyuramo.
Umushoferi w’imyaka 39 y’amavuko wari utwaye imodoka Daihatsu RAD 264G yafashwe akekwaho gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi icumi (10 000frw) ayaha umupolisi wari umufashe atubahirije amwe mu mategeko agenga imikoreshereze y’umuhanda.
Ku gicamunsi cyo ku wa kabiri tariki 26 Gashyantare2019, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru umugabo n’umugore bakekwaho gucuruza urumogi bakanarukwirakwiza mu bantu batandukanye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano, no kwirinda abashaka kubayobya babavana mu nzira y’iterambere.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’imirambo iboneka mu kiyaga cya Rweru gihuriweho n’u Rwanda n’u Burundi.
Umugabo n’umubyeyi we baravuga ko igisirikare cya Uganda n’umutwe wa Kayumba Nyamwasa(RNC) bafatanyije gukorera iyicarubozo Abanyarwanda no kubacuza utwabo.
Brig. Gen. Eugène Nkubito, uyobora ingabo mu ntara y’amajyaruguru, arasaba abaturage bo mu murenge wa Kinyababa kwirinda uwaza abarangaza, abazanaho ibihuha by’intambara, ababwira ko uzibeshya akaza kurasa abanyarwanda akwiye kuza yiyemeje kwakira ibyo ingabo z’u Rwanda zizamukorera.
Polisi y’igihugu irasaba abanyamaguru bambukira umuhanda ahari ‘Feux rouge’ kubahiriza itara ribemerera cyangwa ribabuza kwambuka umuhanda kuko bibarinda impanuka.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Lt Gen Jacques Musemakweli kuri uyu wa mbere tariki 18 Gashyantare 2019 yakiriye itsinda ry’abasirikare bakuru 29 biga muri Tanzaniya mu ishuri rya gisirikare, ngo barusheho gusobanukirwa n’ibibazo mu by’umutekano byugarije akarere.
Umugabo n’umugore we batuye mu mudugudu wa Mubuga, akagali ka Gasharu, umurenge wa Shyogwe, mu karere ka Muhanga bari mu maboko y’ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kwica abana babo babiri bari bamaze ukwezi kumwe bavutse.
Polisi y’Igihugu yerekanye umugabo n’umugore bafatanywe urumogi mu Mujyi wa Kigali ku wa gatanu tariki 15 Gashyantare 2018, umwe akaba yarutundaga undi arucuruza.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi 13 bakomerekera mu mpanuka yaturutse ku modoka ebyiri zagonganye.
Mu gihe Leta y’u Rwanda irimo guhiga bukware abantu babarirwa muri 700 bayambuye amafaranga agera muri miliyari zirindwi (7,000,000,000FRW), icukumbura ryakozwe na Kigali Today ryasanze abenshi muri abo ari abakoze ibyaha bifite aho bihuriye na ruswa no kunyereza umutungo wa Leta.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko inzego zose z’igihugu zifite ubushobozi bwo gutabara abashobora gukomeretswa n’impanuka z’indege zigenda mu Rwanda.
Abantu babiri bo mu Karere ka Nyamagabe mu Murenge wa Kitabi mu Kagari ka Mukungu mu Mudugudu wa Uwurunazi bitabye Imana bivugwa ko bishwe n’inkuba.
Mutabazi James wacuruje akananywa ibiyobyabwenge avuga ko yahunze umupolisi ku muhanda akisanga yigemuye kuri sitasiyo ya Polisi.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 06 Gashyantare 2019 ku mupaka wa Cyanika ku ruhande rw’u Rwanda hinjiye Abanyarwanda barindwi birukanywe n’igihugu cya Uganda nyuma yo gufungwa na Polisi ya Uganda.
Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Gashyantare 2019, Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahuye n’abasirikare bakuru 1000, mu ishuri rikuru rya gisirikare riherereye I Gako mu karere ka Bugesera.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare bato 16 babarizwa mu mutwe w’ingabo zirwanira mu kirere, bahita baba aba ofisiye bato (Junior officers).
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko ibyaha bikorerwa ku mugabane wa Afurika bigira ingaruka ku bukungu bwayo no ku baturage b’inzirakarengane.