Ku kibuga cy’indege cya Buruseli hatewe ibisasu bihitana abantu (Ivuguruye)

Abantu bataramenyekana bateye ibisasu ku nyubako z’Ikibuga cy’Indege cya Buruseli mu Bubiligi n’aho abagenzi bategera gari ya moshi, mu gitondo cyo kuri uyu wa 22 Werurwe 2016.

Kugeza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, amakuru aravuga ko abagera kuri 34 bapfuye naho abandi 126 barimo n’Umunyarwanda bakaba bakomeretse.

Dore uko ikibuga gicumba imyotsi.
Dore uko ikibuga gicumba imyotsi.

Kuva mu gitondo, Ikibuga cy’Indege cya Buruseli (Umurwa Mukuru w’u Bubiligi) cyafunzwe nyuma y’uko inyubako zacyo zibasiwe n’inkongi y’umuriro uturutse ku bitero by’ibisasu byakigabweho.

Ahandi haturikirijwe ibisasu, ni aho abagenzi bategera gari ya moshi hafi y’inyubako zikoreramo Umuryango w’Ubumwe bw’ Uburayi(EU) mu Mujyi wa Buruseli.

Abakomeretse bo bamwe bavuga muri 20 abandi bakavuga muri 30.
Abakomeretse bo bamwe bavuga muri 20 abandi bakavuga muri 30.

Televiziyo "SKY NEWS" dukesha iyi nkuru iratangaza ko abantu 14 ari bo bazize ibitero byo ku kibuga cy’indege naho abandi 20 bazira icyagabwe aho abagenzi bategera gari ya moshi.

U Rwanda ntirwahemye kugaragaza ko rwifatanyije n’Ububiligi.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yihanganishije Ububiligi abubwira ko u Rwanda rwifatanyije na bo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yihanganishije Ububiligi abubwira ko u Rwanda rwifatanyije na bo.
Amb w'u Rwanda mu Bubiligi, Olivier Nduhungirehe, yasabye Ababiligi n'Abanyarwanda babayo kwitonda muri ibi bihe bidasanzwe.
Amb w’u Rwanda mu Bubiligi, Olivier Nduhungirehe, yasabye Ababiligi n’Abanyarwanda babayo kwitonda muri ibi bihe bidasanzwe.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

GAHUNDA YANYU NI SAWA

NSHIMIRYAYO J.PAUL yanditse ku itariki ya: 8-05-2016  →  Musubize

twifatanije nabo

ndikumana venuste yanditse ku itariki ya: 5-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka