Abanyekongo 110 baraye mu Rwanda batinya ingaruka z’imitingito
Bamwe mu baturage bo mu bice ikirunga cya Nyiragongo cyarukiyemo bongeye guhungira mu Rwanda batinya ko cyakongera kuruka.
Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu abantu 110 bahageze ku mugoroba tariki ya 23 Gicurasi 2021 bavuga ko batewe impungenge n’imitingito ikomeje kwiyongera.
Aya makuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana wabakiriye, aba bakaba baje nyuma y’uko abandi 600 uyu murenge wari wakiriye bari basubiye iwabo bavuga ko iruka ry’ikirunga ryarangiye. Icyakora bamwe bumvise imitingito ikomeje kwiyongera bahitamo kugaruka gusaba ubuhungiro.
Kuva mu rukerera tariki ya 23 Gicurasi mu Karere ka Rubavu harimo kumvikana imitingito yikurikiranya.
Ntiharabarurwa imitingito imaze gutambuka n’ubushobozi bwayo, ariko icyashoboye kumenyekana ni uko amwe mu mazu mu Karere ka Rubavu yatangiye gusaduka.
Umutingito ufatwa nka kimwe mu bimenyetso bikomeye bitera impungenge abaturage, kuko uwo mutingito ukomeza ugaruka uba ugaragaza ko hashobora kuba iruka ry’ikirunga mu gihe icyo ari cyo cyose haramuka habonetse inzira ibiri mu nda y’isi bisohokeramo.
Kuba ikirunga cya Nyiragongo cyarutse, ntibikuraho ko habonetse indi nzira itewe n’imitingito cyaruka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu ndetse no mu mujyi wa Goma basabye abaturage kuba maso kugira ngo birinde ingaruka z’imitingito.
Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|