Abagabo batatu barimo n’umukecuru bafunzwe na Polisi mu mudugudu wa Kabahizi, bashinjwa kwivugana umusaza witaga Francois Tabaro bamuziza ko yahangayikishije abatuye muri ako kagali abaroga.
Umugore witwa Seraphine Mukanyangezi utuye mu Kagali ka Amahoro mu Murenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge yatawe muri yombi tariki 28/10/2012, nyuma yo gutema umugabo we amuziza kumuca inyuma no kumwanduza agakoko gatera Sida.
Inama y’umutekano yaguye y’intara y’Amajyaruguru yateranye kuri uyu wa 26/10/2012, yiyemeje gukaza irondo no guhanahana amakuru binyuze muri raporo zizajya zikorwa kuri buri kimwe cyabereye muri buri gace.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko gahunda y’Ijisho ry’umuturanyi imaze gutanga umusaruro muri ako karere, mu kugabanya ikiyobyabwenge cya kanyanga cyari cyarahabaye akarande.
Abasivile 28 baturuka mu bihugu 10 bya Afurika, basoje amahugurwa y’ibyumweru bibiri yaberaga i Nyakinama mu karere ka Musanze, kuri uyu wa Gatanu tariki 26/10/2012, aho bigaga ibijyanye n’uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano.
Abaturage bo mu kagari ka Mburamazi, umurenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro barasaba ubuyobozi kubafasha gutahura abantu bamaze iminsi binjira mu mazu yabo bagatwara ibikoresho byo mu mazu ndetse n’ibiribwa.
Munyankiko Jean Bosco w’imyaka 35 utuye mu Murenge wa Ndera, Akarere ka Gasabo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo kuva tariki 23/10/2012 akurikiranweho gutema umushumba akoresheje umuhoro amushinja kumwiba ubwatsi.
Mukabatanga Emiliyana w’imyaka 53, wari utuye mu kagali ka Kirwa umurenge wa Kinihira akarere ka Ruhango, yatewe n’abagizi ba nabi mu ijoro rya tariki 23/10/2012 bamuteragura ibyuma mu mutwe ahita yitaba Imana.
Niyomugabo Vincent utuye mu mudugudu wa Gishike, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yubikiriye uwitwa Gatabazi Cyriaque amumena umutwe akoresheje ibuye tariki 25/10/2012 bashatse kumufata yiruka ibirometero bitanu atarafatwa.
Ubugenzuzi bwakozwe ku mvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize mu karere ka Rutsiro, bugaragaza ko yangije ibintu bitandukanye birimo amazu 22 n’imyaka yari ihinze kuri hegitari 384.
Nyuma y’ibyumweru bibiri, abanyeshuri babiri biga ku ishuri ryisumbuye rya Nemba ya Kabiri mu Karere ka Gakenke bakubise umwarimu wabo, abandi banyeshuri babari bafatanwe urumogi mu ishuri tariki 23/10/2012 .
Imodoka yo mu bwoko bwa jipe ifite purake RAA 266 T yahirimye imbere y’akarere ka Rulindo, mu ma saa saba tariki 24/10/2012 ariko nta muntu witabye Imana cyangwa ngo akomereke.
Kuri uyu wa kabiri tariki 23/10/2012 mu masaha ya saa moya z’igitondo, abaturage babiri bataburuye imbunda ebyiri hamwe n’amasasu ubwo bari bari guhinga mu mudugudu wa Nyamigina mu kagari Gakoma ko mu murenge wa Tare.
Umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda wari mu kagari ka Muganza, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi tariki 22/10/2012 yahagaritse umushoferi yanga guhagarara, ahita agonga umupolisi n’abandi bantu babiri bari ku ruhande.
Nsengiyumva Samuel w’imyaka 29 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Nyesonga, Akagali ka Butansinda, umurenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza yiyahuye yimanitse mu mugozi ahita apfa tariki 23/10/2012 mu gihe cya saa tanu z’amanywa.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe ubukungu, imari n’amajyambere, Uhagaze Francois, arihanangiriza abatuye umurenge wa Shyogwe kugabanya kuba isoko y’ibiyobyabenge birangwa muri aka karere.
Kampire Venantie w’imyaka 57 wari utuye mudugudu wa Rukaragata, akagari ka Gihara, murenge wa Runda yishwe anatwikirwa muri matora, mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 23/10/2012.
Mu karere ka Rusizi hashize iminsi hagaragara amafaranga y’amakorano akunze gufatanwa abaturage bayahanahana mu bucuruzi. Akunze gufatwa ni inoti y’ibihumbi bibiri kuko ngo ariyo yakunzwe kwiganwa cyane.
Kuwa mbere tariki 22/10/2012, umwe mu Banyakoreya batuye mu mudugudu wa Mushimba, akagari ka Kigembe, umurenge wa Gacurabwenge, yibwe mudasobwa igendanwa n’abantu bataramenyekana, bayisanze mu nzu.
Mutabazi Celestin utuye mu mudugudu wa Rebero, akagali ka Gahurire, murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya polisi akurikiranweho gutemagura mu mutwe abana be babiri tariki 19/10/2012 umwe agahita yitaba Imana.
Mukankubito Louise w’imyaka 52 na Musabwasoni Constance w’imyaka 42, bose batuye mu kagari ka Gitisi, umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batawe muri yombi bamaze guteka litiro 20 za kanyanga.
Umusore w’imyaka 20 witwa Alexandre Niyonzima yarohamye ku kiyaga cy’igikorano (Artificial Lake) cya Nyarutarama kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012 ahasiga ubuzima, umubiri we kugeza ubu ukaba utaraboneka.
Imodoka y’Abashinwa bakora imihanda muri Rusizi na Nyamasheke yazamukaga yerekeza ku cyicaro cy’akarere ka Rusizi igeze ahaterera ihagarara umwanya munini hanyuma isubira inyuma n’umuvuduko mwinshi yiroha mu mugezi wa Kadasomwa. Hari saa tanu n’iminota mike tariki 21/10/2012.
Umukobwa witwa Valentine Nyirambarubukeye wari ufite ubumuga yavukanye bw’amaguru yitabye Imana tariki 17/10/2012 yiyahuye, impamvu yabimuteye ntiramenyekana.
Nyuma y’aho abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rwa G S Indangaburezi mu Ruhango, bavuze ko bamaze iminsi baterwa n’amajyini, akabaniga, ubuyobozi bw’iri shuri bwafashe bamwe mu bantu barara batera amabuye, imisenyi n’ibindi mu macumbi y’abanyeshuri.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ruhango zavumbuye aho insore sore zirirwa zitunganyiriza urumogi zishaka kubarwanya umwe araharasirwa undi atabwa muri yombi abandi baracika.
Umukobwa w’imyaka 19 witwa Philomene Tuyisenge yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge tariki 17/10/2012 akurikiranweho kubikuza cheque y’ibihumbi 200 ya nyiri iduka rya Quincallerie Eco-Marche.
Kayitesi Felicité w’imyaka 22 wiga mu mwaka wa gatandatu ku Ishuri Ryisumbuye rya Nkunduburezi rya Janja yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke tariki 18/10/2012 akurikiranweho gukuramo inda ku bushake.
Ku mugoroba wa tariki 18/10/2012, imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Kigali Safaris yagonze umunyegari mu Kagali ka Rusagara, urenze gato Umujyi wa Gakenke, ahita yitaba Imana.
Macumi Azalias w’imyaka 26, yashatse gutema abapolisi n’abaturage tariki 18/10/2012 ubwo ba muhigaga aho yari yihishe mu ishyamba ariko ntibyamuhira kuko yahise araswa akagwa aho.