Igiramaboko Alexandre wari umucungamari wa SACCO “Tugire Ubukire” y’Umurenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa 19/09/2013 azize impanuka y’imodoka.
Munyakaragwe yemera ko afatanyije na mwishywa we bataburuye umurambo wa se ngo batware tije yari mu kuguru kwe, kuko mwishywa we yamubwiye ko ngo afite umukiriya wayo uzabaha amafaranga miliyoni 6.
Abantu batatu bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibikoresho by’amaterefone byibwe mu iduka riri mu Kagali ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge ho mu Karere ka Nyarugenge.
Nyiramucyo Perpetua w’imyaka 45 wakubiswe n’inkuba yakubise mu masaha ya saa cyenda z’umugoroba tariki 18/09/2013 mu kagari ka Rutaraka, umurenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare.
Kubera kumva nabi uburinganire bw’umugabo n’umugore, umugabo witwa Habimana Jean Baptiste utuye mu Mudugudu wa Rwakibirizi, Akagari ka Kibirizi, Umurenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, ahora akubitwa n’umugore we ndetse akamuraza hanze n’injoro yitwaje uburinganire.
Rwangombwa Yeremiya wo mu mudugudu wa Nyamiheha, mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Mahembe arwariye mu Bitaro bya Mugonero mu karere ka Karongi nyuma y’uko mu ijoro rishyira tariki 18/09/2013, yatewe icyuma mu nda na murumuna we.
Mu ijoro rishyira tariki 19/9/2013, abantu bataramenyekana bateye inyubako ya SACCO “Kira Karama”, iherereye mu kagari ka Bitare, umudugudu wa Kajevuba; bashaka kuhiba ariko gukingura ahabikwa amafaranga birabananira.
Imbunda n’imyenda ya gisirikare byibishijwe kwa Manase mu ijoro ryo kuwa 17/09/2013 mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba akarere ka Ngoma byafatanwe ku muturanyi we, Ndiyehubwo Nasiba, aho imbunda yahise ayitaba mu murima.
Umukobwa w’imyaka 17 wabaga iwabo mu mudugudu wa Lisansi mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga, yakuyemo inda, tariki 18/09/2013 uruhinja ruhita rwitaba Imana, nyuma gato na we araremba ajyanwa ku Bitaro bya Bushenge igitaraganya.
Nizeyimana Festo na Manirafasha Mico bakomoka mu karere ka Musanze bafatiwe mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, tariki 18/09/2013, bafite inka bibye mu murenge wa Nyange ho mu karere ka Musanze.
Ngezamaguru Matayo w’imyaka 32 wari utuye mu mudugudu wa Gatare mu Kagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yitabye Imana mu gitondo cya tariki 18/09/2013 nyuma y’uko mu minsi ibiri ishize yari aherutse gukubitirwa ku kabari n’abagabo babiri bari kumwe nawe bahasangirira inzoga.
Abantu babiri bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo koruta mu Murenge wa Busengo, Akagali ka Birambo ho mu Mudugudu wa Gitwa bikaba bikekwa ko bombi bitabye Imana.
Ubwo bari bavuye mu matora y’Abadepite, abaturage bo mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Gahengeri muri Rwamagana basanze umuturanyi wabo Niyonzima Shadrack n’umwana we Nibeza bahimbaga Tuyisenge bamanitse ku gisenge cy’inzu bashizemo umwuka.
Bugingo Manase utuye mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba, akarere ka Ngoma, yaraye yambuwe amafaranga arenga miliyoni n’abantu bari bitwaje imbunda banarasa amasasu menshi ubwo yari atashye ageze hafi y’urugo rwe.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Mazinga, Akagali ka Rusagara ho mu Murenge wa Gakenke avuga ko bafite ikibazo cy’abasore babyukira ku Gasentere ka Nyabutaka bagakina urusimbi bakaba bafite impungenge z’uko mu gihe gito bazishora mu bikorwa by’ubujura n’urugomo.
Umurambo w’umugore utamenyekanye umwirondoro, tariki 16/09/2013, wataruwe mu gice cy’Ikiyaga cya Kivu giherereye mu mudugudu wa Kabuyaga mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ku Bitaro Bikuru bya Kibuye harwariye umumotari watewe ibyuma mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 14/09/2013, ubwo umuntu yamutegaga ngo amujyane i Rubengera amuvanye mu mujyi wa Kibuye, bagera mu nzira akamuniga akamutera n’icyuma mu mugongo.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki 16/09/2013, inkongi y’umuriro yibasiye umusozi uriho ishyamba mu mudugudu wa Gatandaganya mu kagari ka Kibibi mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe.
Nsengumuremyi Jyuma utuye mu murenge wa Gatumba wakoreraga kompanyi yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) aravuga ko yahohotewe n’abakozi ba sosiyete yitwa RGL maze bakamuvuna akaboko ubu akaba yivuza atabasha gukora.
Bayisenge Claire wari utuye mu murenge wa Mwurire muri Rwamagana acumbikiwe na polisi y’u Rwanda kuri station ya polisi ya Kigabiro azira kuba yaraye abyaye umwana akamuta mu musarani aho yari acumbitse kwa nyinawabo mu kagari ka Cyimbazi muri Mwurire.
Umugabo witwa Bimaziki wo mu mudugudu wa Ruzizi Akagari ka Tanda umurenge wa Giti wo mu karere ka Gicumbi yakubise umugore we maze bamumukijije yadukira ihene ye ayiteragura ibyuma irapfa.
Umugore witwa Musabyimana Beatrice wo mu mudugudu wa Matyazo akagari ka Bikumba umurenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi mu ijoro rishyira tariki 16/09/2013 yiyahuye akoresheje ikinini cy’imbeba nyuma yo gusanga atwite.
Icumbi rya Mathias Van Dis wigisha icyongereza mu rwunge rw’amashuri rwa Congo Nil mu karere ka Rutsiro ryibasiwe n’abajura mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 09/09/2013 bamutwara ibikoresho bitandukanye bifite agaciro k’amadorali ya Amerika 840, ni ukuvuga asaga ibihumbi 500 uyavunje mu manyarwanda.
Umuforomo mu ivuriro rya Butansinda riri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza yafashwe na polisi akurikiranwaho gufasha umukobwa wiga muri College de Kigoma gukuramo inda y’amezi atanu.
Umusore witwa Muhire Juvenal wakoraga akazi ko mu rugo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gihango, nyuma yo gufatanwa no kwemera ko ari we wibye mudasobwa ebyiri zo ku biro by’umushinga w’icyayi zari ziherutse kuburirwa irengero.
Ku nshuro ya kabiri mu gihe kitarenze amasaha 20 ku isoko rya Kicukiro hongeye guterwa gerenade yica umuntu umwe ikomeretsa abandi umunani. Iki gikorwa kije gikurikira ikindi cyabaye mu ijoro ryashize kigahitana undi muntu umwe hagakomereka 14.
Mukamurenzi Beatrice, Yandokoreye Speciose n’umugabo witwa Hakizimana Deni bo mu murenge wa Gitambi bakekwaho kwivugana umusaza Nyirinkwaya Rudoviko ngo kuko bamukuye mu kabari ku ngufu bagenda bamukurura bavuga ko bashaka kumujyana mu rugo kuko ngo yari yasinze cyane .
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2013, uwitwa Niyonshuti yafatanywe inka y’injurano agiye kuyigurisha mu isoko ry’amatungo mu karere ka Ruhango rirema buri wa Gatanu wa buri cyumweru.
Impunzi z’Abanyecongo ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi zegerejwe ishami rya Polisi rizazifasha guhabwa serivisi biboroheye ndetse no gucungirwa umutekano ndetse bareba inkangu ziterwa n’amazi aturuka ku mazu y’inkambi.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye urusengero rwari rumaze kuzura rwa ADEPR Gahurire, paruwase ya Kibungo, uyu muyaga unagusha igiti mu muhanda kirawufunga kuri uyu wa 11/09/2013 mu masha ya saa kumi n’igice.