Umuyaga uvanze n’imvura wagurukanye igisenge cy’ibyumba bitandatu by’amashuri ku ishuri ribanza rya Rukara Protestant mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 26/09/2013. Icyo gisenge cyagurutse abana bari ku ishuri, abagera kuri 17 n’umwarimu umwe bahita bakomereka.
Ishuri ribanza rya Kawangire Protestant n’irya GS Kawangire Catholique riri muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 yo mu kagari ka Kawangire mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yibwe ibikoresho n’amafaranga mu ijoro rishyira tariki 27/09/2013.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarubuye akagari Gacurabwenge umurenge wa Busasamana bavuga ko barembejwe n’ubujura bw’amatungo bukorerwa mu kibaya baturiye gihuza u Rwanda na Congo.
Hakizimana Jean Pierre wari wagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro i Rwinkwavu tariki 24/09/2013 yakivanywemo nyuma y’umunsi umwe yashizemo umwuka.
Abana b’abakobwa babiri bageze mu Karere ka Gakenke ku cyumweru tariki 22/09/2013 bashaka kujya mu Ntara y’Iburasizuba (Umutara) ariko bagira ikibazo cy’urugendo rw’amaguru.
Polisi ikorera mu karere ka Kayonza yafashe imodoka idafite icyangombwa na kimwe, umushoferi wari uyitwaye ayivamo ariruka. Iyo modoka yafatiwe ahitwa mu murenge wa Gahini tariki 25/09/2013.
Umwe mu bacukuzi bakorana n’ikigo cya Wolfram Mining Processing Company gicukura amabuye y’agaciro mu birombe by’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza yaheze mu kirombe ku buryo kumukuramo byananiranye.
Umunyeshuri w’imyaka 17 witwa Nyiramahirwe Joselyne ukomoka mu Mudugudu wa Buhande, Akagali ka Gasiza, Umurenge wa Bushoki ho mu Karere ka Rulindo yagonzwe n’imodoka ya Sosiyete y’Abashinwa “China Henan” ahita apfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa LandCruiser ifite puraki RAB 248J yavaga i Musanze yerekeza i Kigali yagonze abantu babiri bari ku igare, umwe arakomereka cyane ahita ajyanwa ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).
Nyuma y’ibitero byagabwe ku nyubako ya Westgate mu mujyi wa Nairobi muri Kenya, bigahitana abantu barenga 70, Polisi y’u Rwanda imaze gutangaza ko yafashe ingamba zo gukumira ibitero nk’ibi mu gihe haba hari abafite umugambi wo kubigaba.
Ahitwa mu kadasomwa mu murenge wa Kamembe ku muhanda wa kaburimbo habonetse umuvu w’amaraso mu gitondo cyo kuwa 25/09/2013; abantu bakaba bakeka ko hashobora kuba habereye ubugizi bwa nabi.
Umugabo n’umusore bavuga ko bafite utubari mu karere ka Karongi bafatiwe mu karere ka Rutsiro ku wa gatanu tariki 20/09/2013 nyuma y’uko bari baraye bashutse abantu bo mu murenge wa Gihango bababwira ko bari gushaka abatishoboye ngo babafashe.
Umurambo w’umwana witwa Uwiduhaye uri mu kigero cy’imyaka ibiri n’igice y’amavuko watoraguwe mu cyobo cyuzuye amazi y’imvura tariki 23/09/2013 uri kureremba hejuru y’amazi, nyuma y’imvura nyinshi yari imaze kugwa mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Rugasa mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro.
Umusore witwa Havugimana Jean utuye mu kagari ka Burunga mu murenge wa Gihundwe yazindutse ajya kwiba mu murenge wa Kamembe afatwa amaze guhambira matora yayinyujije mu idirisha ry’inzu yari ayibyemo.
Ku ishami (station) rya polisi rya Nyamabuye mu karere ka Muhanga hafungiye umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko azira kuba yaribye umwana w’amezi atatu ashaka kujya amwifashisha mu gusabiriza.
Nzasabimana Moise w’imyaka 20, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano tariki 23/09/2013 mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, akurikiranyweho icyaha cyo kubeshya abantu ngo azajya kubashakira akazi akabaka amafaranga.
Abagabo 8 n’abagore babiri bafashwe mu rukerera rwa tariki 24/09/2013, mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu mudugude wa Bugarama, akagari ka Rwoga mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango.
Ngabo Gentil w’imyaka 7 uvuka mu mudugudu wa Muturirwa mu kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo tariki 23/09/2013 yaguye mu cyobo cyaretsemo amazi y’imvura ahita ahasiga ubuzima bwe.
Umwana witwa Habamuremyi Bernard yakomerekeye mu rugomo rw’abasore bakorera imbere y’isoko rya Kamembe baryanye ahagana mu masaa kumi nebyiri zo kuwa 23/09/2013 bapfa ubucuruzi bahakorera.
Abantu 6 bari mu maboko ya Polisi kuri Station ya Kiramuruzi, nyuma yo kugubwa gitumo bafunga irumogi mu mashashi tariki 21/09/2013 mu kagali ka Rubona umurenge wa Kiziguro akarere ka Gatsibo.
Umugore witwa Nyirangirimana Victoire w’imyaka 49 utuye mu mudugudu wa kirimbi mu kagari ka Gihanga mu murenge wa Rubaya ari mu maboko ya polisi yo ku Mulindi akurikiranyweho gushaka kuroga abari mu bukwe kwa Nzamwita Charles bwabaye ku wa 16/9/2013.
Abantu batandatu bitabye Imana bagwiriwe n’urusengero rwagushijwe n’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, yaguye mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, tariki 22/09/2013, bashyinguwe mu cyubahiro.
Mu murenge wa Gatore ho mu karere ka Kirehe imvura nyinshi ivanzemo urubura hamwe n’umuyaga yaguye ku cyumweru tariki 22/09/2013 yangije insina z’abaturage inasambura Poste de Santé ya Nyamirayango iherereye mu murenge wa Gatore.
Umucekuru witwa Nyiranzeyimana Rehema utuye mu karere ka Rusizi atangaza ko umuhungu we witwa musore Iremaharinde Burahimu yashatse kumukubita isuka ariko Imana ikinga akaboko atabarwa n’abaturanyi.
Mutangana Fred w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu kerere ka Nyarugenge na Uwimana Claudine w’imyaka 20 wo mu karere ka Kicukiro, bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka iri mu Murenge wa Gasaka kuva tariki 19/09/2013 bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bukoresheje amayeri.
Abagore batatu binjiye mu iduka ry’umucuruzi witwa Ntirenganya Barnabé ucururiza mu isantere ya Congo Nil mu murenge wa Gihango tariki 19/09/2013 batangira kumubaza ibiciro by’ibicuruzwa bitandukanye, ariko umwe muri bo yikinga inyuma y’abandi atangira kuyora ibishyimbo ashyira mu mufuka yari yitwaje.
Donat Uwoyezantije ukomoka mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu yafatiwe mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 16/09/2013 afite udupfunyika 753 tw’urumogi yari avanye i Rubavu aje kurucuruza muri uwo murenge.
Imvura irimo umuyaga mwinshi yaguye mu karere ka Nyamasheke ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki 19/09/2013 yasenye amazu y’abaturage ndetse yangiza n’ibindi bikorwa byabo bitandukanye.
Igiramaboko Alexandre wari umucungamari wa SACCO “Tugire Ubukire” y’Umurenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa 19/09/2013 azize impanuka y’imodoka.
Munyakaragwe yemera ko afatanyije na mwishywa we bataburuye umurambo wa se ngo batware tije yari mu kuguru kwe, kuko mwishywa we yamubwiye ko ngo afite umukiriya wayo uzabaha amafaranga miliyoni 6.