U Rwanda ruzakingira n’abana Covid-19 guhera ku myaka itanu - Minisitiri Ngamije

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangaje ko Abaturarwanda bose bagomba gufata urukingo rwa Covid-19 ku buryo n’abana b’imyaka itanu bazaruhabwa rukigera ku isoko.

Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel

Dr Ngamije yavuze ko buri Muturarwanda agomba guhura n’undi nta mpungenge bombi bafite z’uko hari uwakwanduza undi, ariko umwihariko wo kwirinda ukaba washyizwe ahantu hahurira abantu benshi.

Yavuze ko kugeza ubu mu Mujyi wa Kigali n’ahandi bafite inkingo zihagije, nta muntu wagombye kwinjira mu isoko, muri gare, mu ishuri n’ahandi atarikingije Covid-19.

Yagaragaje icyizere ko mu kwezi kwa Kamena k’umwaka utaha wa 2022 u Rwanda ruzaba rumaze gukingira abaturage barwo barenga 70%, kuko icyo gihe n’abana bato guhera ku myaka itanu y’ubukure bazaba bakingirwa.

Dr Ngamije yagize ati "Tugomba kuba tuzirikana ko abantu benshi batangiye gukingirwa nko mu Mujyi wa Kigali, n’ahandi tutaragera ku mibare myiza kandi inkingo bazifite ntihagire uwivutsa ayo mahirwe yo kugira ngo akingirwe, twese mu Gihugu tugere kuri 70% tunarenze".

Ati "Uko inkingo zizaboneka n’iyo mibare (ya 70%) tuzayizamura kugeza igihe n’abana bafite hagati y’imyaka itanu kugera kuri 11 ubu dutegereje inkingo zabagenewe, urukingo ruzapfa kugera ku isoko, Leta izarushaka".

Minisitiri w’Ubuzima avuga ko kuri ubu u Rwanda rugeze ku rugero rwa 36% rw’abamaze guhabwa doze ebyiri z’urukingo rwa Pfizer, AstraZeneca, Moderna, Sinopharm cyangwa imwe ya Johnson & Johnson, akaba akomeza abakangurira gufata doze ishimangira kugira ngo izabarinde kuremba.

Dr Ngamije yasabye abahawe ubwoko butandukanye bw’inkingo gushira impungenge, akavuga ko ari bwo umubiri urushaho gukora abasirikare benshi mu gihe bahawe doze ishimangira.

Amabwiriza ya Guverinoma yaraye atangajwe hamwe n’ayayabanjirije, abuza abantu bose batikingije Covid-19 mu buryo bwuzuye kwinjira muri resitora, mu kabari, mu bukwe, mu rusengero no mu modoka zitwara abagenzi bava cyangwa bajya mu Mujyi wa Kigali.

Ushaka kwerekana ko yikingije Covid-19 kuri ubu akanda *114#, agahitamo ururimi akoresha, agakomeza gukurikiza amabwiriza kugeza ubwo telefone imuhaye ubutumwa yereka abashinzwe kumwinjiza ahantu arimo kujya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka