MTN yatanze inkunga ya miliyoni 18 mu gikorwa cyo kuvura ibibare

Ku nsuro ya gatatu, sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda yongeye gutera inkunga igikorwa cyo kuvura abarwaye indwara y’ibibare (Operation Smile). Uyu mwaka MTN Rwanda yatanze inkunga ingana n’amafaranga miliyoni 18.

Igikorwa cyo kuvura abarwaye ibibare cyatangiye uyu munsi tariki 20/03/2012 ku bufatanye bw’inzobere mu byerekeye kubaga abarwaye ibibare bafatanije n’abaganga b’ibitaro bikuru bya Kigali (CHK). Biteganyijwe ko abantu bagera kuri 300 bazavurwa muri iki gikorwa kizamara iminsi ine.

Umuyobozi w’umushinga “Operation Smile” mu akarere k’Afurika yo hagati, Dr Aime Lukulutu, yashimiye MTN kuba yarabateye inkunga y’amafaranga aho nabo batanga iy’ubumenyi kugira ngo babashe kugarurira icyizere n’isura nziza abarwayi b’ibibare.

Abaganga barimo kuvura ibibare mu cyumba cyabigenewe muri CHK
Abaganga barimo kuvura ibibare mu cyumba cyabigenewe muri CHK

Gahimana Laurent, umwana w’imyaka 18 wiga mu mwaka wa kane ku mashuri abanza y’i Kavumu mu karere ka Rutsiro ni umwe mu bari buvurwe muri iyi gahunda. Yavuze ko kubera uburwayi bwe bagenzi be bamuseka ku ishuri bigatuma agira ipfunwe ntiyige neza.

Gahimana yavuze ati “Ndamutse mvuwe ngakira, nzishima cyane dore ko nzajya niga mu ishuri nseka neza nk’abandi mbasha no kuvuga neza”.

Mu barwayi basaga 30 bari bitabiriye ubu buvuzi harimo n’uruhinja rw’umwaka umwe rwitwa Dushime Keria.

Gahimana Laurent nawe azavurwa muri iyi gahunda
Gahimana Laurent nawe azavurwa muri iyi gahunda

Nk’uko bivugwa na Dr Benjamin Hu inzobere yo kubaga ibibare muri Operation Smile, abana boroha kuvurwa bakanakira vuba ugereranije n’abantu bakuru. Ngo nyuma y’iminota 45 umwna abazwe hakoreshejwe plastic ashobora kubasha konka uretse ko igihe kigenda gitandukana bitewe n’uburwayi.

Igitera indwara y’ibibare ntikiramenyekana neza uretseko mu biyitera harimo n’imirire mibi; nk’uko bisobanurwa na Dr Benjamin Hu.

Uruhinja rw'umwaka umwe ruzavurwa ibibare
Uruhinja rw’umwaka umwe ruzavurwa ibibare

Kuvura ibibare ni igikorwa ngaruka mwaka cyibaye ku nshuro ya gatatu mu Rwanda. Mu mwaka wa 2010 nuwa 2011 havuwe Abanyarwanda 541, naho ubu muri 2012 harateganywa kuvurwa 300.

Operation Smile ni sosiyete idaharanira inyungu z’amafaranga, yatangiye mu mwaka wa 1982 ifite ikicaro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ubu ikaba iri mu bihugu 13 by’Afurika. Iyi sosiyete yasinyanye amasezerano (MoU) na minisiteri y’ubuzima mu Rwanda aho izajya ivura Abanyarwanda buri Werurwe.

Jovani Ntabgoba

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka