Ibitaro bya Gitwe birashimirwa ku mikorere yabyo

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, aratangaza ko ibitaro bya gitwe hari ibikorwa byinshi bimaze kugeraho, kandi ko inzego z’ubuyobozi zizakomeza gufatanya n’ibi bitaro kugira ngo zibakorere ubuvugizi.

Nyuma yo kwirebera imikorere y’ibi bitaro mu rugendo yahakoreye, Munyantwari yagize ati: “Hari ibikorwa byinshi bagaragaje bamaze gukora ariko bagaragaje n’imbogamizi mu bijyanye n’amazi adahagije n’ibindi. Tuzakomeza gufatanya n’akarere n’izindi nzego kugira ngo tubakorere ubuvugizi.”

Bimwe mu bikorwa ibi bitaro byagaragaje ko byagezeho harimo kurwanya malariya muri aka gace no kongera umubare w’ababyeyi babyarira kwa muganga, aho kugeza ubu ababyeyi barenga 95% basigaye bitabira kubyarira kwa muganga.

Guverineri Munyantwari yanasuye n’ishuri rukuru ISPG (Institut Superieur de Pedagogie de Gitwe) natyo riherereye mu murenge wa Bweramana, mu karere ka Ruhango.

Furaha Jacques

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka