Abaturage 67 bo mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe mitiweri izabafasha kwivuza.
Abajyaga kwivuza kanseri ku Bitaro bya Butaro biri mu Karere ka Burera bakabura aho barara basubijwe kuko bagiye kubakirwa inzu bazajya bacumbikamo ku buntu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yabwiye ibitaro bya Kibogora ko nta mwenda ibibereyemo, nyuma y’aho byari byagaragaje ko ibifitiye umwenda wa miliyoni 123Frw.
Kubaga umuntu bagasubiza umubiri aho wavuye,cyangwa ubusembwa buri ku mubiri (Plastic Surgery) kubera impamvu zitandukanye bikorwa n’abaganga babiri gusa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko umubare w’abaganga b’inzobere bavura abana ukiri muto ugereranije n’abana b’igihugu cyose bakenera kuvurwa.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda), ritewe impungenge no kubura ibimera bivamo imiti bakoresha. Bamwe ngo bajya kubishaka mu mahanga kuko mu Rwanda birushaho gukendera.
U Rwanda hamwe n’ikigo gikoresha indege zitagira abapilote (Drones) mu gutwara amaraso akenewe n’indembe, Zipline bahawe igihembo cyo ku rwego rwo hejuru cyitwa Index Awards 2017.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
Abaturage 1500 batishoboye bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ntibazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe Mitiweri izabafasha kwivuza.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu bakoraga urugendo rw’ibirometero bajya kwivuriza ku mavuriro yo muri Musanze na Rubavu basubijwe kuko bubakiwe ivuriro rishya.
Ababyeyi bo mu murenge wa Munyaga muri Rwamagana ntibazongera kuvunika bajya kubyarira mu bitaro bya Rwamagana kuko begerejwe inzu y’ababyeyi yujuje ibyangombwa.
Umuti witwa Baygon na Off irwanya imibu yatumye malariya igabanuka ku kigero cya 48% ku bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gishari.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye gutangira gukoresha imashini nshya ipima kanseri, izajya itanga ibisubizo mu minsi itanu, mu gihe mbere byafataga ibyumweru bibiri.
Abaturage 397 bo mu Karere ka Nyanza baturuka mu miryango 95 ntibazongera kurwara ngo barembere mu rugo kuko bahawe ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage 120 bo mu murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko noneho babonye uburyo bwo kwivuza.
Abanyeshuri 213 bize ubuforomo mu ishuri ry’ubuzima rya Ruli bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) ngo bajye ku isoko ry’umurimo.
Dr. Matshidiso Moeti, Umuyobozi w’ Ishami ry’Umuryango w’abibumbye wita ku buzima (OMS/WHO) ku rwego rw’Afurika, yavuze ko bifuza kugeza gahunda y’u Rwanda y’ubwisungane mu buvuzi izwi nka “Mitweli”, kubera ko ifasha abaturage benshi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Nyamagabe batangaza ko batakigenda ibirometero byinshi bajya kwivuza kuko begerejwe ikigo nderabuzima.
Ukuriye Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, Dr Matshidiso Moeti, avuga ko u Rwanda rwakagombye kubera urugero Afurika kubera Mituweri.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zamaze kurenza kure imibare zari zihaye z’abo zigomba kuvura muri gahunda ngaruka mwaka yazo ya “Army Week”.
Abafite ubumuga bivuriza i Gatagara bagorwaga no kubona inyunganirangingo n’insimburangingo kubera ubushobozi buke ntibazongera kugira icyo kibazo kuko Mitiweri igiye kugikemura.
Dr. Alex Manirakiza, uvura indwara za kanseri mu bana mu Bitaro bya Burera, ni umuganga w’umurundi, wari umaze igihe kinini akorera ubuvuzi mu Rwanda, mbere y’uko i Burundi haduka imvururu zatumye benshi bahunga barimo n’abaganga bagenzi be.
Ivuriro ryitwa Legacy Clinic nyuma y’amezi arindwi rifunguye imiryango, ryahawe igihembo mpuzamahanga, rishimirwa gutanga serivise nziza, zizewe kandi zihuse z’ubuvuzi, zikorwa hifashishijwe ibikoresho bigezweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwabohoye abarwayi b’indwara zitandukanye bari baragizwe imbohe n’abavuzi gakondo babavurishaga ibyatsi n’imitongero.
Abantu bafite uruhara n’abandi bafite ikibazo cy’imisatsi barasubijwe kuko mu gihe kiri imbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ivuriro rigarura imisatsi.
Mu igenzura ryakozwe n’ishami rishinzwe ubuzima mu Karere ka Nyagatare hagaragaye ko muri ako karere hari abakora ubuvuzi mu kajagari.
Mu gikorwa ngarukamwaka cya ‘Army Week’ gitegurwa n’Ingabo z’igihugu, muri uyu mwaka hamaze kuvurwa abantu ibihumbi 60.639 bari bafite uburwayi bunyuranye.
Abaganga b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi bavura abatuye Rwaniro, banaremera bamwe mu barokotse Jenoside bahatuye.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Diane Gashumba asaba abaganga n’abakora kwa muganga kwirinda gukoresha ibigenewe abaturage mu nyungu zabo, kuko ntaho byaba bitandukaniye no kubica.
Abaturage batuye Zone Birindi mu karere ka Gicumbi, bavuga ko kugirango bagere aho bivuriza bibasaba amasaha atari munsi y’atatu, bagasaba kwegerezwa ivuriro.