Iyi ndwara ngo iterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa Virus kitwa “Rhabdovirus” gatuma
imbwa ita ubwenge igakora ibintu bibi itari isanganwe.
Bimwe mu bimenyetso biranga imbwa yafashwe n’ibisazi hari uko imbwa igenda ishaka kwihishahisha, ifata inzira ikagenda yiruka ntagukebuka inyuma , ireba iturumbuye amaso isa n’ireba imirari, itangira kurya ibyo ibonye byose , ijwi rigahinduka ikamoka isa n’ijwigira n’ibindi.
Mu rwego rwo kwirinda iyi ndwara, minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yashyizeho gahunda yo gukingira imbwa zose ibisazi buri mwaka kuko inkigo zabugenewe zihari.
Uwarumwe n’imbwa asabwa kugerageza gukomeza imbwa ntimucike kugira ngo veterineri ayisuzume hamenyekane niba yari irwaye ibisazi bityo kwa muganga bakavura umuntu warumwe n’imbwa hakurikijwe indwara yatangajwe na veterineri yasanze kuri iyo mbwa.
Ibisazi by’imbwa byandurira mu rukonda rwayo ruguye ku gisebe cyangwa amaraso.
Uretse kuba umuntu yakwandura iyi ndwara, izindi nyamaswa nk’injangwe, imbwebwe n’izindi nyamaswa zo mu gasozi n’inyoni cyane cyane uducurama nazo zikunze kwandura iyi ndwara y’ibisazi nk’uko tubikesha igitabo cya RARDA.
Jean Claude Gakwaya
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|