Amavuta azwi nk’umucango cyangwa umukorogo yahawe akato

Ministeri y’Ubuzima yamaganye inatangaza urutonde rw’amavuta harimo n’azwi nk’umucango cyangwa umukorogo yo kwisiga abujijwe mu gihugu, avugwaho kwangiza ubuzima bw’abantu

Inyandiko y’amapaji 38 MINISANTE yasyize ahagaragara kuri uyu wa gatatu tariki 30 Nzeri 2015, iriho urutonde rw’amoko 1,342 y’amavuta yo kwisiga ashobora kwangiza uruhu rw’umuntu akamuteza n’ubundi burwayi.

Amavuta yo kwisiga mu iduka i Nyabugogo.
Amavuta yo kwisiga mu iduka i Nyabugogo.

MINISANTE ifatanije n’izindi nzego za Leta, yavuze ko inganda, abacuruzi b’amavuta yo kwisiga n’abayisiga, basabwa kumenya neza ibyo kwisiga bibujijwe n’itegeko ribuza ikoreshwa ry’ibintu bihumanya kugira ngo birinde gufatirwa mu cyaha, nk’uko Minisitiri Agnes Binagwaho yabitangaje.

Yagize ati “Urutonde rurahari, itegeko naryo rirasobanutse; turagira ngo mujye kuburira abaturage ku bijyanye n’ibi bintu byo kwisiga.”

Inzego za Leta zahagurukiye iki kibazo kuko hari abantu basigaye bagura amavuta yo kwisiga yabanje kuvangavangwa azwi nk’umucango cyangwa umukorogo.

Ministiri w'ubuzima n'abafatanyabikorwa ba Ministeri y'ubuzima, baratanga imbuzi ku ikoreshwa ry'amavuta y'imvange n'amiganano.
Ministiri w’ubuzima n’abafatanyabikorwa ba Ministeri y’ubuzima, baratanga imbuzi ku ikoreshwa ry’amavuta y’imvange n’amiganano.

Amenshi mu mavuta n’ibindi byisigwa bitumizwa hanze ngo byariganywe, nk’uko Philippe Nzayire, ushinzwe iyubahirizwa ry’ubuziranenge yabitangaje.

Ati “Turaza gupima ibintu byisigwa, tugenzure niba bitarimo kwiganwa, tuzamenyesha inganda ko zigomba kuvuga ibirango neza, ku buryo ikitabyujuje kitazemererwa gucuruzwa mu gihugu.”

Ngo ni byiza ko umuntu ushaka ubwiza bw’uruhu mu buryo runaka, yabanza kubaza muganga ubizobereyemo, nk’uko MINISANTE n’abandi bajya inama.

Nzayire yavuze kandi ko abacuruza amavuta avanzwe, abayavanga n’abigana amavuta y’izindi nganda, bagiye gushakishwa no kubihanirwa.

Leta iramagana amavuta y’umucango cyangwa amiganano, kuko hari abantu benshi barimo kugaragaza indwara z’uruhu zirimo kanseri, hakaba n’abajya kwivuza ububabare bwo mu gatuza n’ibibazo by’ubuhumekero, kubera ikoreshwa ry’ibintu byisigwa bitujuje ubuziranenge.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ni ukuhe washobira gusobanukirwa amavuta adahindura uruhu?

Ally_stot yanditse ku itariki ya: 23-04-2018  →  Musubize

Amahoro y, Imana nabane namwe ko mutasobanuye ubwoko byaya mavuta murakoze

bosco yanditse ku itariki ya: 1-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka