Abacunga umutekano n’Abashoferi barenga 4,000 bakingiwe Covid-19 i Kigali

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko gukingira Covid-19 bikomeje gukorwa kuva byatangira mu minsi 10 ishize, aho kuri iki cyumweru hakingiwe abarenga 4,000 bafite aho bahurira n’abantu benshi.

Abakingiwe ni abarinda umutekano mu bigo byigenga barenga 1,500 bakaba biyongera kuri bagenzi babo barenga 1,250 bakingiwe ku wa Gatandatu. Ni igikorwa kirimo kubera ahasanzwe habera imurikagurisha i Gikondo.

Kuri iki cyumweru hanatanzwe urukingo rwa Covid-19 ku banyerondo barenga 2,000, abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi n’abatwara amakamyo bagera kuri 750, ndetse n’abasaza n’abakecuru bakomeje gukingirirwa ku bigo nderabuzima n’ibitaro byose biri i Kigali.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yasezeranyije abatuye uyu mujyi ko serivisi yo gukingira nta muntu izasiga, ariko ko bahereye ku bantu bakorera ahahurira abantu benshi.

Yagize ati "Murabizi ko mu masoko twagezemo ariko ntabwo twarangije, ubwo (abakingira) na ho barahagaruka mu minsi iri imbere".

Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC) kivuga ko kugera mu kwezi kwa Kamena k’umwaka utaha wa 2022 hazaba hakingiwe 80% by’abaturage barengeje imyaka 16 basaga miliyoni zirindwi.

Kugeza kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Werurwe 2021 imibare y’abari bamaze gukingirwa mu gihugu hose mu minsi icyenda yari ishize yari 253,538, ariko kuri uwo munsi wonyine hakingiwe abagera ku 4,464.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka