Inzego z’ubutabera mu Rwanda zitangaza ko gukurikirana ibyaha by’ingebitekerezo n’ibifitanye isano na yo bigira uruhare mu gushimangira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.
Ubutabera bw’u Bufaransa bwahaye uburenganzira umushakashatsi François Graner bwo kugera ku nyandiko zibitse za François Mitterrand zivuga ku Rwanda.
Kabuga Félicien ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ntiyari gushobora kwihisha ubutabera igihe kirekire adafite abantu n’ibihugu byamufashije mu kumushakira impapuro n’ubundi buryo bwo kubasha kwihisha ubutabera mu gihe cy’imyaka 26.
Félicien Kabuga ushinjwa kuba ku isonga mu gutegura no gutera inkunga Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda akaba aherutse gufatirwa mu Bufaransa, agiye kuburanishwa n’urwego IRMCT rwasimbuye ICTR.
Nyuma y’uko Ladislas Ntaganzwa wari Burugumesitiri wa Komine Nyakizu yaburanishijwe agakatirwa igifungo cya burundu ku bw’ibyaha bya Jenoside, abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bishimiye kuba barahawe ubutabera.
Urugereko rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka rwakatiye igifungo cya burundu Ladislas Ntaganzwa nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kabuga Felicien, ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ubwo yitabaga urukiko ku wa Gatatu tariki 27 Gicurasi, yasabye ko yarekurwa akaba abana n’abana be kuko ari bo bazi neza uburyo bwo gukurikirana ibibazo bye by’ubuzima.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi Umunyarwanda Kabuga Félicien wafatiwe mu gihugu cy u Bufaransa akurikiranyweho uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi yagejejwe imbere y’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (IBUKA), hamwe n’imiryango y’abafatanyabikorwa bawo, bandikiye Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye (IRMCT) rwasigaranye inshingano zo kurangiza imirimo yasizwe n’icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), (...)
Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba mu Bufaransa (CRF) ryatanze ikirego mu Bushinjacyaha bwa Nanterre, basaba ko hakorwa iperereza ku bantu n’imiryango yabaye abafatanyacyaha mu gufasha Kabuga Félicien kutagezwa imbere y’ubutabera.
Jean Bosco Siboyintore ukuriye ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana ababa hanze y’u Rwanda bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yavuze ko kuba byemejwe ko Bizimana Augustin washakishwaga n’ubutabera kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yapfuye, ari igihombo ku (...)
Umushinjacyaha Mukuru Serge Blammertz w’Urwego IRMCT rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n’icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 22 Gicurasi 2020 yemeje ko Bizimana Augustin wari ku rutonde rumwe na Kabuga Félicien, na Mpiranya Protais kubera ibyaha bya Jenoside (...)
Mu myaka 23 ishize, Kabuga Félicien yashoboye gucika igipolisi cyo ku isi yose cyamuhigaga. Icyakora ku itariki 16 Gicurasi 2020, Kabuga ushinjwa gutera inkunga ikomeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yafatiwe mu nkengero z’Umujyi wa Paris mu Bufaransa.
Nyuma y’iminsi itatu afatiwe mu Bufaransa, Ku wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2020, Kabuga Felicien yitabye Ubushinjacyaha bwa Paris. Uyu mugabo wari umaze imyaka 26 yihishe ubutabera yaherekejwe mu Bushinjacyaha Bukuru acungiwe umutekano ku rwego rwo hejuru.
Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, tariki 08 Gicurasi 2020 rwasomye urubanza reregwamo Madeleine Musabyuwera n’umuhungu we Cassien Kayihura batuye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, baregwaga icyaga cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, maze rutegeka ko bahanishwa igifungo cya burundu, nyuma yo gusanga icyo cyaha kibahama.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasimbuye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, Serge Blammertz, aratangaza ko gufata Kabuga Felicien bivuze kongera imbaraga mu guhiga bukware abandi bakoze Jenoside bakihishahisha hirya no hino ku Isi.
Amakuru y’itabwa muri yombi rya Kabuga Félicien, ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, akanakekwaho kuba umwe mu baterankunga bayo bakomeye, yakiriwe neza n’Abanyarwanda batari bake, by’umwihariko n’Ubushinjacyaha.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buravuga ko Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT), ari rwo rufite ububasha bwo kuburanisha Kabuga Felicien wafatiwe mu Bufaransa kuri uyu wa 16 Gicurasi 2020.
Umuryango uhagaranira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, (IBUKA), uratangaza ko Kabuga Felicien azanywe kuburanira mu Rwanda aho yakoreye icyaha byarushaho gushimisha Abacitse ku icumu rya Jenoside.
Umunyarwanda Kabuga Felicien, ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yafatiwe mu Bufaransa kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Gicurasi 2020.
Abahoze mu mitwe yitwara gisirikare mu mashyamba ya Kongo bakatiwe n’inkiko Gacaca badahari, bamazwe impungenge z’uburyo bashobora kugana ubutabera bakajurira mu gihe baba batemera ibyaha bahamijwe.
Urubanza rw’undi munyarwanda ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside rugiye kuburanishwa mu Bufaransa.
Umuryango w’abantu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wandikiye Umushinjacyaha Mukuru, Umumenyesha ko hari amakuru ufite ku mutungo w’umuntu wahamijwe ibyaha bya Jenoside ugiye kugurishwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye, ku wa kane tariki 13 Gashyantare 2020, rwaburanishije Madeleine Musabyuwera w’i Kibirizi mu Karere ka Nyanza n’abahungu be babiri. Bakurikiranyweho kwica no guta mu musarane abana babiri b’uwitwaga Didace Disi.
Imiryango y’abari abakozi b’uruganda rwa Bralirwa batwikiwe muri Bisi tariki 19 Mutarama 1998 bavuga ko bibaza impamvu ntawe urirega cyangwa ngo aburanishwe kuri iki cyaha cyakorewe abantu babo.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yasohoye inyandiko igaragaza ko hari abanyepolitiki baba hanze y’u Rwanda bitwaje ko bahari ku mpamvu za Politiki nyamara bafite ibindi byaha bashinjwa byerekeranye na Jenoside.
Mukandutiye Angeline wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi akaba aherutse gutahana n’abarwanyi ba FDLR, yamaze gutabwa muri yombi.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, bavuga ko batifuza guturana n’ababahemukiye, bagahitamo gutura kure y’aho barokokeye.
Abagororwa 70 bafungiye muri gereza ya Bugesera kubera guhamwa n’ibyaha bakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ahanini bishe abantu, basabye imbabazi abo biciye maze na bo barazibaha.
Abitabiriye ibiganiro byateguwe na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) bigamije kureba uko imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaboneka, barasaba ko Leta yashakisha ikoranabuhanga rigezweho ryakwerekana ahari iyo mibiri kuko ngo hari aho rikoreshwa ku isi.