Intumwa za Minisitiri w’Intebe, kuva tariki 25-26/03/2013, zari mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo gufasha abahesha b’inkiko kurangiza imanza z’imitungo z’abarokotse Jenoside no gukemura n’ibindi bibazo by’abacitse ku icumu bijyanye no kurangiza kwishyurwa imitungo yabo.
Mukamurezi Valerie, uvuka mu Murenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke, tariki 22/03/2013 yasubijwe isambu y’umuryango we wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuvunyi wungirije, Hon. Kanzayire Bernadette, avuga ko ikigega cy’abantu b’i Butaro mu Karere ka Burera basahuye imitungo y’abacitse ku icumu igihe bari barahungiye mu Karere ka Gakenke hazarebwa uko cyakwishyura n’imitungo y’Abanyamuzo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 19/03/2013, Urukiko rw’Ubujurire rw’u Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cya Agathe Habyarimana n’imiryango mike imushyigikiye gisaba ko u Bufaransa bwongera gukora iperereza ku rupfu rw’ umugabo we, Juvenal Habyarimana, rwabaye mu ijoro ryo kuwa 06/04/1994.
Ku munsi warwo wa mbere, urubanza rwa Charles Bandora rwagombaga gutangira kuri uyu wa Kabiri tariki 19/03/2013, rwasubitswe, nyuma y’uko ahise atangaza ko ataritegura ndetse akaba nta n’umwunganzi afite, agasaba amezi atatu yo kwitegura.
Umushinjacyaha wo mu gihugu cy’u Buholandi, kuwa gatatu tariki 13/03/2013 yajuririye igihano cyahawe Yvonne Basebya mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Werurwe ngo kuko ari gito ukurikije ibyaha yakoze.
Itsinda ryashyizweho na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe - amaze kungurana ibitekerezo n’izindi nzego ngo rikemure ibibazo byerekeye imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 kuri uyu wa kabiri 12/03/2013 ryakoreye mu murenge wa Muhanda.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe rigamije gufasha abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda riratangaza ko uku kwezi kwa Werurwe kuzarangira ibyo bibazo byarangije gukemuka, n’ibitararangira bikazaba bifite umurongo uhamye.
Umunyarwanda utuye mu mujyi wa Oslo muri Norvege witwa Sadi Bugingo, tariki 14/02/2013, yakatiwe gufungwa imyaka 21 kubera ubufatanyacyaha mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi barenga 2000 muri Jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994.
Urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuri uyu wa mbere tariki 04/02/2013 rwagize abere abaminisitiri babiri bari muri guverinoma yiyise iy’Abatabazi.
Biteganyijwe ko abantu 11 bazatanga ubuhamya mu rubanza rwa Munyenyezi Beatrice ruzaba tariki 04/02/2013. Uyu Munyarwandakazi akurikiranweho kwinjira mu Leta zunze Ubumwe z’Amerika no kubona ubwenegihugu bw’icyo gihugu mu buryo budakurikije amategeko.
Abahagarariye inteko iburanisha Leon Mugesera bateranye mu muhezo haburamo Perezida w’Urukiko, Athanase Bakuzakundi, uri mu batifuzwa na Mugesera, ubwo urubanza rwasubukurwaga kuri uyu wa gatatu tariki 09/01/2013.
Paul Bisengimana wabaye Umuyobozi wa Komini ya Gikoro mu cyahoze ari Prefegitura ya Kigali Ngali na Omar Serushago wari ukuriye Interahamwe mu Mujyi wa Gisenyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 barekuwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda batarangije igice kinini cy’ibihano byabo.
Perezida w’urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’urukiko rwa Arusha (MICT) tariki 05/12/2012 yatangarije akanama gashinzwe umutekano ku isi ko bashyize imbere gukurikirana no guta muri yombi abantu batatu bari ku isonga ry’abashakishwa n’urwo rukiko.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze icyifuzo cya Eliezer Niyitegeka wahoze ari Minisitiri w’itangazamakuru n’itumanaho mu gihe cya Jenoside cyo gukora iperereza ku batangabuhamya b’ubushinjacyaha yemeza ko “bamubeshyeye”.
Umushinjacyaha w’urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’urukiko rw’Arusha (MICT), Hassan Bubacar Jallow, tariki 28/11/2012, yashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda dosiye ya Lit. Col. Pheneas Munyarugarama wari umuyobozi w’ikigo cya gisirikare cya Gako.
Ubushinjacyaha bwo mu gihugu cya Norvège bwasabiye Umunyarwanda Sadi Bugingo igifungo cy’imyaka 21 kubera kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi barenga 2000 bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urubanza rwa Stanislas Mbanenande ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ruratangira kuri uyu wa kane tariki 16/11/2012 mu gihugu cya Suede.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST) yasohoye itangazo risaba abaturage barebwa n’ibibazo byasizwe n’inkiko Gacaca kumenya ko bagomba kugana inkiko zisanzwe ndetse n’inteko z’abunzi kugirango zibibakemurire.
Bwa mbere, Suwedi igiye kuburanisha Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Urubanza nyirizina rw’uwo muntu utatangajwe amazina ruzatangira tariki 16/11/2012.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirijwe amadosiye 71558 y’abantu baciriwe imanza na Gacaca badahari bakaba bagomba gukurikiranwa n’ubushinjacyaha. Ubushinjacyaha burimo kwiga ayo madosiye kugirango hasohorwe impapuro zo kubata muri yombi.
Igihugu cya Canada kimye uburenganzira bwo gutura muri icyo gihugu Umunyarwanda witwa Jean Léonard Teganya, wari umwaze uhaba anasaba ibyangombwa byo gutura muri iki gihugu, kubera ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urukiko rw’Ikirenga rw’igihugu cya Finland rwemeje ko Pasitoro Francois Bazaramba atemerewe kujuririra igihano cyo gufungwa burundu yakatiwe n’inkiko za Finland zimaze kwemeza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Kuri uyu wa kane tariki 18/10/2012, Urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko amategeko ahana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside atanyuranije n’itegeko nshinga, nk’uko Victoire Ingabire yari yarabijuririye mu rukiko rukuru bigatuma urubanza rutinda kurangira.
Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga arabeshyuza amakuru yavuga ko abunganira Pasiteri Uwinkindi babuze amafaranga yo gukora iperereza no gushaka abatangabuhamya.
Mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye kuwa mbere tariki 15/10/2012, u Rwanda rwagaragaje impungenge ku itinda ry’imanza za Wenceslas Munyeshyaka wari Padiri kuri Sainte Famille na Laurent Bucyibaruta waboraga Prefegitura ya Gikongo mu gihe cya Jenoside bamaze imyaka 18 bataraburanishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa.
Raporo yashyizwe ahagaragara n’umwe mu bakozi b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ukurikirana urubanza rwa Pasiteri Uwinkindi igaragaza ko afite ikibazo cyo kwishyura abakozi bashobora gukora iperereza ku batangabuhamya akeneye mu rubanza.
Urugereko rw’ubujurire rw’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda (MICT), tariki 05/10/2012, rwanze ubujurire bwa Lit Col. Pheneas Munyarugarama bwatambamiraga iyohereza ry’urubanza rwe mu Rwanda.
Urukiko rw’ubujurire rw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuwa kabiri tariki 09/10/2012, rwagabanije igihano Jean Baptiste Gatete yari yahawe mu rukiko rw’iremezo cyo gufungwa burundu maze rumukatira gufungwa imyaka 40.
Urukiko rw’ikirenga rwasubitse isomwa ry’urubanza Victoire Ingabire aregamo Leta ryari riteganyijwe kuri uyu wa gatanu tariki 05/10/2012 kubera ko umwe mu bacamanza baburanishije urwo rubanza atabonetse kubera ubutumwa bw’akazi arimo.