Rutsiro: Umuyobozi w’ibitaro bya Murunda yafunguwe by’agateganyo
Tariki 22 Mutarama 2021 nibwo urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Niringiyimana Eugene, Umuyobozi w’ibitaro bya Murunda biherereye mu Karere ka Rutsiro.

Icyo gihe RIB yasobanuye ko Niringiyimana akurikiranyweho icyaha cy’ubwinjiracyaha mu gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa. (Soma inkuru yanditswe mbere HANO).
Niringiyimana agifatwa, yahise ajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Kivumu mu gihe, iperereza ryarimo rikorwa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Gashyantare 2021, nibwo habayeho isomwa ry’urubanza rwa Niringiyimana ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gihango mu Karere ka Rutsiro, urukiko rwemeza ko yafungurwa by’agateganyo, kuko nta mpamvu zikomeye zatuma akomeza gukurikiranwa afunze.
Gusa ngo Ubushinjacyaha bwahise bujuririra icyo cyemezo, bivuze ko ubwo bujurire bw’Ubushinjacyaha, buzasuzumwa mu rukiko rwisumbuye.
Ikindi kuba afunguwe by’agateganyo ngo ntibivuze ko Ubushinjacyaha buhagaritse gukurikirana dosiye ya Niringiyimana. Igihindutse ni uko azaburana adafunze, kuko urukiko rwasanze nta mpamvu zikomeye zituma aburana afunze.
Ohereza igitekerezo
|
Ahhhh ,niba iperereza rigikoje simbizi ,gusa byaribikwiye ko byibuze abakozi Bose babazwa amakuru kubtabaye,byaba ngo nabaturage batuye aho hafi bakabazwa amakuru,
Ubucamanza nibukomeze bukore akazi kabwo mubushishozi bwabwo gusa abagabo byagaragarako Bari sensitive cyane kubeshyerwa nabagore cyane kurusha abagabo , iyumuyobora mutumvikana abayumva ariryo turufu yarisha ngwakunde akwandagaze cyaneko weho ntaho wavugako ashakako muryamana ariko kowabyanze , bene ibibyaha bya GBV usanga bisa nkaho byumva abagore kurusha abagabo . Ariko burigihe ukuri kutsinda umwijima . Keep strong Dear Dr Eugene my former Lecturer
Gutubita no Gukomeretsa no gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato none ngo nta mpamvu zikomeye zatuma akurikiranwa afunze. ndumva nta bushishozi muri uyu mwanzuro ahubwo ni ugusigasira umuco wo kudahana ku bantu bahohotera abagore
Iryo ni itiku uri gukurura. Niba abacyamanza babirebye mu bushishozi bwabo bagasanga nta mpavu yo kumugumana,wowe uvuga ibyo urabihera he?
Waretse urwego rw’ubucamanza rukabireba(ko dusanzwe tubizera) rukazakora akazi karwo.
Iryo ni itiku uri gukurura. Niba abacyamanza babirebye mu bushishozi bwabo bagasanga nta mpavu yo kumugumana,wowe uvuga ibyo urabihera he?
Waretse urwego rw’ubucamanza rukabireba(ko dusanzwe tubizera) rukazakora akazi karwo.
Gukubita no gukomeretsa!!gukoresha imibonano kugahato!!hanyuma kurekurwa!!gute!!yagombaga kuburana afunze hanyuma yaba atarakubise ngo akomeretse,yaba atarafashe,kungufu akarekurwa.hagafatwa uwamubeshyeye kuba umuyobozi wibitaro ntibihindura,icyaha amategeko namwe ku bantu bose *