Amanota y’abarangije amashuri yisumbuye azasohoka mu cyumweru gitaha

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB kiratangaza ko amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2019 azatangazwa mu cyumweru gitaha.

Amanota y'abarangije S6 azasohoka mu cyumweru gitaha (Photo:Internet)
Amanota y’abarangije S6 azasohoka mu cyumweru gitaha (Photo:Internet)

REB ariko ntiyatangaje itariki izatangazaho ayo manota ariko yavuze ko ibirebana no gukosora n’ibindi byose bijyanye na byo Byarangiye.

Umuyobozi w’ishami ry’ibizamini muri REB, Dr. Alphonse Sebaganwa, yabwiye TNT ko biteguye gutangaza ayo manota bitarenze icyumweru gitaha.

Ibi bitandukanye no mu myaka ishize aho abarangizaga amashuri yisumbuye bategerezaga igihe kirekire kugira ngo bashobore kubona impamyabumenyi.

Kuva mu mwaka ushize, impamyabumenyi zisigaye zikorerwa mu Rwanda ari na cyo cyatumye igihe zabonekeragaho kigabanuka.

Mu mwaka ushize abakoze ibizamini bose ni 51,291 bivuze ko biyongereyeho 11% ugereranyije n’umwaka ushize.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 30 )

turategereje

Cyprien yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

turategereje ariko ibivuzwe bijye bishyirwa mubikorwa

Cyprien yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

Murakoze cyane kumakuru mutugezaho gusa ayo manota turayatefereje

nshizirungu elie yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

Basohoye amanota batarahemba abakosoye? (TVET)schools

Uwimana yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

Ese ku mugani, abantu baba barakosoye ibizamini kuki batinda guhembwa?? byakabaye byiza bahembwe mu minsi bagisoza akazi kabo cg se bakanahembwa hafi y’itangazwa ry’amanota niba hari icyo baba bishisha. Ubwo wasanga bazayabona mu mpera zukwa 3 cg 4 cg 5

Alias yanditse ku itariki ya: 23-02-2020  →  Musubize

Muraho ?
Nyabuneka REB yihangane ikore uko ishoboye kose turabizi neza ibibazo byabayemo aho kugira ngo abana bazabigwemo yo izabigwemo pe ,
Kuko byaba bibabaje twumvise ngo abana benshi batsinzwe na system za reb zihinduka buri munsi

Charles yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

nibyiza turabyishimiye
turategereje in Shaa Allah

alias yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

murakoze gusa tuzabibara tubibonye cyaneko amakuru arigucicikana kumbuga nkoranya mbaga nuko ngo tuzasubira mumyaka turangije
nimushaka mumbire mboherereze amatangazo
ok we are waiting for them as it was our long life dreams and desire

FABIEN yanditse ku itariki ya: 19-02-2020  →  Musubize

IBI SE BIBAHO KO UMUNTU ASUBIRA MU MWAKA ARANGIJE

ISAAC yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

Ok nibyiza kuba amanota yacu agiye gusohoka turishimye ark mutubarize itariki azazira tube tuyitegura murakoze

Shyaka yanditse ku itariki ya: 19-02-2020  →  Musubize

Konumvishe ngo abanyeshuri bashoje s6 2019 ngo bazasubira mumasomo nibyo koko? mumbwire.

Gratien yanditse ku itariki ya: 19-02-2020  →  Musubize

Ibyo nibihuha ujye wemera ibintu wisomeye kuri platforms zikomeye nka kigali today cg igihe

Gooner yanditse ku itariki ya: 19-02-2020  →  Musubize

Gutangaza amanota no gutanga diplômes biranyuranye.

Mparambo yanditse ku itariki ya: 19-02-2020  →  Musubize

Well, nekereza ko aho diplome zatangiriye gukorerwa mu Rwanda zisigaye ziza vuba cyane. Ikindi kandi nuko amanota iyo yasohotse diplome nazo nakabuza zirasosoka.

Ndashimira ikinyamakuru cyane gusa ni mubegere mubabaze n’itariki kuko abanshi muri twe bafite amatsiko n’amashyushyu byinshi. Gusa njyewe iyi nkuru ndayizeye kuko iki kinyamakuru gifite reputation ahambaye ku bw’iyo mpamvu ntabwo cyatangaza ibihuha kuko cyaba kiyangirije izina.

IRIHAMYE Manoah yanditse ku itariki ya: 20-02-2020  →  Musubize

ok ni byiza kuko twari twarayategereje cyane (amanota y’ ibizamini bya leta bisoza amashuri yisumbuye) none akaba azasohoka miri iki cyumweru ariko se biriya azasohoka kuwa kangah ngo tubyitegure neza?

alias yanditse ku itariki ya: 19-02-2020  →  Musubize

amanota y’ibizamini bya leta ko mwavuze ngo ni muri iki cyumeru azasohoka buriya ni kuwa kangahe ???

alias yanditse ku itariki ya: 19-02-2020  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka