Abahagarariye kaminuza zo mu Rwanda na zimwe mu z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba bariga uburyo bazamura ireme ry’uburezi zitanga.
Ubuyobozi bw’Urwunge rw’Amashuri rwa Nyagatare ruhereree mu Karere ka Nyagatare, buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubusinzi kigaragara mu banyeshuri bahiga.
Abarangije kwiga imyuga mu Ishuri (VTC) rya Mpanda ryo mu Karere ka Ruhango, baravuga ko bigiye kongerera agaciro impamyabumenyi z’ayisumbuye basanganywe, bakiteza imbere.
Umuryango Mpuzamahanga uharanira ishoramari ry’igihe kirambye (Gen. Next Foundation) uratangaza ko ugiye gushora imari mu bikorwa by’uburezi mu Rwanda ngo kuko hakiri icyuho.
Abarezi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda y’ikoranabuhanga ya EDC izatuma nta mwarimu wongera kwigisha ahushura amasomo.
Abayobozi b’amashuri ya Leta n’afashwa na Leta muri Nyanza, baravuga ko kwigisha hifashishijwe telefoni byongereye ubushobozi bw’abana mu kumenya gusoma.
Ubuyobozi bw’Umushinga wita ku burezi (EDC) urasaba abarezi, abanyeshuri gufata neza ibikoresho utanga kugira ngo bizafashe n’abo mu gihe kizaza.
Ikigo gishinzwe guteza imbere unumenyi ngiro n’imyuga (WDA), kigiye guha impamyabumenyi abafundi igihumbi basanzwe mu kazi binyuze mu bizami bazakora.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi (REB) kirashimira umushinga EDC kubera inkunga y’ibikoresho watanze mu mashuri abanza kuko ngo byongereye abana ubumenyi.
Mu Karere ka Ngororero umwaka w’amashuri 2016 utangiye ibyumba by’amashuri bishya byose bitararuzura.
Ambasaderi w’igihugu cya Misiri mu Rwanda, Dr. Namira Negm, yatanze isomo muri Kaminuza y’u Rwanda ku mategeko mpuzamahanga arengera ikiremwa muntu.
Ababyeyi barerera mu Kigo Cy’Amashuri Abanza Centre Scolaire Amizero giherereye mu Karere ka Ruhango, barasaba abarezi gutinyura abana bakavuga indimi z’amahanga.
Abarimu bashya 1039 basabye akazi ko kwigisha mu karere ka Nyanza mu mwaka w’amashuri wa 2016 bagiye kugahabwa binyuze mu ipiganwa.
Intore z’inkomezabigwi ziri gutorezwa mu Karere ka Karongi zasabwe kuzirikana izina zahawe zigakomeza ibigwi by’igihugu zinasigasira ibyegezweho.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi, REB, kuri uyu wa 31 Ukuboza 2015, cyagabiye inka abarimu babaye indashyikirwa mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Nyanza.
Abana batozwaga imyuga mu gihe cy’ibiruhuko muri IPRC East baravuga ko bahakuye icyerekezo cy’ubuzima bwabo.
Abagize uruhare mu kubaka ibyumba by’amashuri, mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi bavuga ko bamaze igihe bategereje kwishyurwa barahebye.
Abanyeshuri biga ibijyanye na Mechanical engeneering muri IPRC-South batangiye kwigishwa uko bakora ibyuma bisimbura ibyangiritse mu mamashini, bikagurwa n’ababikeneye.
Umwaka wa 2015 usoza wagaragayemo impinduka mu burezi, aho Minisiteri y’Uburezi yakoze amavugurura atandukanye, hanagaragara udushya turimo kubyarira mu bizami.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kigali na Ministeri y’uburezi, bwasabye 139 bahawe impamyabushobozi, gukomeza kwiga kugira ngo babone imirimo.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC East) riri gutanga amasomo afasha abana mu biruhuko, gukunda umwuga binyuze muri gahunda bise “Space for children”.
Mu karere ka Gatsibo kimwe no mu tundi turere dutandukanye tw’Igihugu, haracyagaragara ibibazo mu myigire y’abana bafite ubumuga.
Umuryango mpuzamahanga nterankunga VSO uvuga ko urimo gutegura kunganira Leta y’u Rwanda mu burezi budaheza, hibandwa ku bafite ubumuga.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Darfur zashyikirije ubuyobozi bw’umuryango El Salam IDPS ibyumba by’amashuri byubakiwe abana b’abakobwa.
Mu kwizihiza Yubile y’imyaka 75 Itorero ADEPR rimaze mu Rwanda, hagaragajwe ibikorwa by’iterambere ryakoze birimo kwigisha abakuze basaga ibihumbi 600
Abanyeshuri bo buri IPRC-South, tariki 21/11 bashyikirije MituwlLi abatishoboye 50 bo mu tugari twa Matyazo na Kaburemera, Umurenge wa Ngoma.
Ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’Abadivantisiti rya Kigali, ishami rya Nyanza ryatanze impamyabumenyi zo mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya Kaminuza.
Abarimu bo muri zone ya Congo-Nil mu karere ka Rutsiro batangaza ko bamaze kumenya imikoreshereze y’umushahara bahembwa ku buryo ubabeshaho.
Ubuyobozi bw’ishuri mpuzamahanga EIPB rikorera i Huye, buvuga ko buteganya gutangira gukorera n’i Nyamagabe guhera mu mwaka utaha.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi ngiro (WDA), cyatangije gahunda yo kwigishiriza mu nganda kugira ngo abiga imyuga bihugure mu gihe gito.