Buri wese arasabwa guhagurukira ikibazo cy’abacikiriza amashuri

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iributsa ko hakenewe uruhare rwa buri wese mu guhashya ikibazo cy’abana bata ishuri, kuko abarenga 50% batagera mu yisumbuye.

Mu gikorwa cyateguwe na Imbuto Foundation cyo guhemba abana bitwaye neza mu bizamini bya leta mu karere ka Nyamagabe, kuri uyu wa gatatu tariki 30 Werurwe 2016, abitabiriye bibukijwe ko hakenewe ingufu za buri wese mu gushishikariza abana kudacikiriza amashuri.

Abitabiriye ibirori byo guhemba abana batsinze kurusha abandi bongeye kwibutswa ko hakenewe ingu zabo mu kurwanya ikibazo cy'abacikiriza amashuri.
Abitabiriye ibirori byo guhemba abana batsinze kurusha abandi bongeye kwibutswa ko hakenewe ingu zabo mu kurwanya ikibazo cy’abacikiriza amashuri.

Olivier Rwamukwaya, Umunyabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri MINEDUC, yatangaje ko leta ishyira ingufu mu kongera ibyumba by’amashuri ari yo mpamvu abana bose bakwiye kujya kwiga kandi bakaguma mu ishuri ntibacikirize.

Yagize ati “Twese hamwe dukwiye guharanira ko abana bose baba mu ishuri, abageze igihe bakajya kwiga, n’ubwo waba utari umubyeyi wabo ntubirebere, ahubwo ugakangura n’inzego zibifitiye ububasha, ukavuga uti hari aho nyuze hari abana batakagombye kuhaba.”

Rwamukwaya yakomeje avuga ko umwana wese kuva ku myaka 7-18 agomba kuba ari mu ishuri, atari ukugarukira mu mashuri abanza gusa.

Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y'uburezi Olivier Rwamukwaya yasabye abarezi n'abayobozi ko bakwiye gukurikirana abana bose bakarangiza amashuri ntibacikirize.
Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi Olivier Rwamukwaya yasabye abarezi n’abayobozi ko bakwiye gukurikirana abana bose bakarangiza amashuri ntibacikirize.

Ati “Nituvuga umwana ntikumve ugejeje igihe cyo kujya mu ishuri gusa, ahubwo tumenye ngo abatangiye kwiga bagumye mu mashuri kandi bagomba kurangiza bakanakomeza.”

Niyisubiza Delphine, umwe mu bana bahawe ibihembo, yigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye atangaza ko abana badakwiye guta ishuri ahubwo bakwiye kwiremamo ikizere bakiga bashyizeho umwete.

Ati “Bagomba kumva ko bashoboye, bakiremamo ikizere, bakavuga ngo ejo nkeneye kuzaba iki ngiki, bazagira icyo bageraho bitandukanye n’uko bagenda mu byo kwiyandarika, bikabatesha gaciro.”

Imbuto foundation uyu mwaka ikaba izahemba abagera kuri 312 baturutse mu turere dutandukanye, gusa umubare w’abana b’abakobwa batsindira mu cyiciro cya mbere ukaba ukiri hasi cyane, bashishikarizwa kwiga bashyizeho umwete bakareka ibibarangaza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

RWOSEBIBE ITEGEKO N’ABATRENGEJE IMYAKA 40 BASUBIREYONTIBYUMVIKANA UBURYO EXC PAUL WACU KAGAME YATANGA AMASHURI Y’UBUNTU ABANTU BAKANGA KWIGA NI UKUDINDIZA AMAJYAMBERE NO KWANGIZA EJO HAZAZA HACU HEZA
ARIKO HIFASHISHWE ABAVUGA RIKIJYANA N’ABANYAMADINI BIYTO BURI WESE IKIBAZO AKIGIRE ICYE KU BURYO HATANGIRA ABAKANGURAMBAGA BO GUSUBIRA MU ISHURI INTORE ZIKAJY IMBERE

Dumbuli yanditse ku itariki ya: 18-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka