Abanyeshuri bakoze ikizamini bo mu mashuri abanza bose bari 160.357, muri aba abatsinze bangana na 136.007 bihwahye na 84.82% mu gihe mu mwaka wa 2014 hari hatsinze abagera kuri 132.698 bingana na 84.50% nk’uko Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Rwamukwaya Olivier yabitangaje.

Akomeza avuga ko, muri rusange abakobwa batsinze ari benshi kurusha abahungu, kuko imibare igaragaza ko abakobwa batsinze bangana na 55% mu gihe abahungu ari 44.9%. Gusa mu banyeshuri 6.482 batsinze neza nk’ indashyikirwa, abahungu ni bo baza imbere na 58.19% mu gihe abakobwa ari 41.81%.
Mu cyiciro rusange (Tronc Commun), abanyeshuri bakoze ikizamini muri 2014 bari 86.461 naho muri 2015 bari 84.868. Muri aba hatsinze 74.036 bahwanye na 87.24% mu gihe mu mwaka wa 2014 hatsinze 74.851bahwanye na 86.57%.

No muri iki cyiciro abakobwa ni bo batsinze cyane kuko ari 38.277 bihwanye na 51.70% mu gihe abahungu ari 35.759 bangana na 48.30%.
Kimwe no mu mashuri abanza, abahungu ni bo baza imbere kuko ari 64.68% mu gihe abakobwa ari 35.32%, ku banyeshuri 9.225 bari mu cyiciro cy’abatsinze neza, ari cyo cyitwa icyiciro cya mbere cy’abatsinze.

Abanyeshuri batsinze haba mu y’abanza n’icyiciro rusange, bashyirwa mu byiciro bine bitewe n’amanota baba babonye.
Mu y’abanza uwatsinze kurusha abandi afite amanita (aggregate) 5 naho mu cyiciro rusange akagira aggregate 8.
Ohereza igitekerezo
|
Njyewe mfite umwanawakoze examination noneyagize aggrigete 21kandi numukubwa nonemwafatiyekurizingahe THANKYOU!!!
Nayahe Manota Yifatizo Mwafatiyeho Kubizamini Bya Leta
Rwose turashimira republica y’Urwanda mungamba yihaye yokuzamura ireme ryuburezi arko mwihangane mutubarize inota fatizo muri primary byumwihariko kubahungu ndetse nabakobwa no cyiciro rusange cyamashuri yisumbuye Troncom Tubaye tubashimye murakoze !!
Mutubwire inota fatizo ryo kwemererwa kujya mu mashuri y’indashyikirwa(boarding schools)?
Ko mutatubwiye inota fatizo ese abavugako ari 69 Tronc com ,primaire 41 nibyo ?mutubarize
nigutewareba amanota wagize
abakoze neza tubashimire abandi nabo bikubite agashyi ubuzima burakomeza nyuma y’ibi