Perezida Kagame yijeje abashoramari ko amazu yabo atazabura abayakoreramo

Perezida wa Repubulika Paul Kagame aramara impungenge abashoye imari mu kubaka amazu agezweho mu mujyi wa Kigali bibaza niba abayakoreramo, abizeza ko hari abantu benshi barimo inzego za Leta batagira aho gukorera cyangwa kuba bayakeneye.

Perezida Kagame ari mu bishimiye inyubako zimaze guhindura isura y’umujyi wa Kigali, zirimo ibiro by’uyu mujyi n’igorofa rya Makuza Bertin; avuga ko zitanga ikizere ko u Rwanda ruzabaho kurenza uko rubayeho kugeza ubu, mu gihe abashoramari bakomeza bakanarenza umuvuduko bakoreraho.

Perezida Kagame yatashye ibiro bishya by'Umujyi wa Kigali.
Perezida Kagame yatashye ibiro bishya by’Umujyi wa Kigali.

Yabitangaje ubwo yari amaze gutaha ibiro by’Umujyi wa Kigali n’inyubako yitwa M Peace Plaza ya Makuza Bertin (yubatswe ahahoze iposita mu mujyi rwagati) kuri uyu wa mbere tariki 10 Kanama 2015.

Yagize ati:”Hari benshi badafite aho baba, abadafite aho bakorera cyangwa abafite aho batishimiye.

Abaturage bakomeje kwiyongera muri uyu mujyi haba mu bwinshi n’ubushobozi, ndetse hari n’abanyamahanga bakomeje kuza; abo bose barashaka aho gukorera kandi heza hatari muri ka kazu karimo umurayi navugaga.”

Perezida Kagame yanatashye inyubako ya Makuza Bertin yubatswe ahahoze iposita mu mujyi wa Kigali.
Perezida Kagame yanatashye inyubako ya Makuza Bertin yubatswe ahahoze iposita mu mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame yasubizaga umushoramari Makuza Bertin, wari umusabye ubufasha bwo kumubonera abakorera mu igirofa nini yujuje muri Kigali.

Yavuze ko uyu muturirwa wa makuza ushobora no kuba wagurwa nk’uko uwo yubatse ahitwa ku Gishushu, Leta yahise iwugura ukaba ari yo nyubako yahawe Urwego rw’igihugu rushinzwe Iterambere (RDB).

Umuyobozi w'umujyi wa Kigali Fidel Ndayisaba yereka Perezida Kagame uko igishushanyo cy'umujyi giteye.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Fidel Ndayisaba yereka Perezida Kagame uko igishushanyo cy’umujyi giteye.

Umujyi wa Kigali nawo ushimangira ko abakozi mu nzego zitandukanye bakeneye amacumbi, ku buryo ngo buri mwaka hakenewe byibuze amazu ibihumbi 10 yo kubamo cyangwa gucumbikamo.

Abashoramari cyane cyane mu by’amahoteli, basabye Umukuru w’Igihugu ko Leta yafata ingamba zo kongera ba mukerarugendo n’abandi basura u Rwanda, kugira ngo nabo babone abakiriya bagana ayo mahoteri.

Mu mazu atandukanye ajyanye n’igishushanyo mbonera Umujyi wa Kigali wamurikiye Perezida Kagame, umuturirwa wa Makuza ngo niwo ubaye imfura mu mazu yoroshya imirimo no kugabanya akavuyo k’imodoka mu mihanda; nk’uko Umuyobozi w’uyu mujyi, Fidele Ndayisaba yashimiye iyo nyubako kugira ahantu ho gukorera, gucururiza, parikingi y’imodoka n’amacumbi.

Perezida Kagame mu biro bishya by'Umujyi wa Kigali, yaganiriye n'abashoramari.
Perezida Kagame mu biro bishya by’Umujyi wa Kigali, yaganiriye n’abashoramari.

Umujyi wa Kigali watangaje ko mu myaka 20 iri imbere, ngo uzaba wujuje ibisabwa mu ruhando mpuzamahanga rw’imijyi yateye imbere; aho akajagari, ibura ry’amazi n’amashanyarazi, imihanda y’igitaka, iyangirika ry’ibidukikije n’ubushomeri, biri mu bibazo by’ingutu birimo kwitabwaho.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka