Ejo, ubwo basuraga akarere ka Gasabo, Yvette Mukarwemo, umuyobozi mukuru w’agateganyo wa PSF yagize ati “Ntago wakwicara mu biro ngo umenye aho bihagaze. Turagira ngo mu iteganyangamba ry’uyu mwaka tuzashyiremo ibyo twabwiwe n’abacuruzi.”
Mukarwemo avuga ko muri izi ngendo hazasinywa amasezerano y’ubufatanye hagati y’inzego zihagarariye abacuruzi n’ubuyobozi bwite bwa Leta bw’akarere kugirango hatangizwe ibiro bya PSF mu karere.
Izo ngendo zari zigamije gusura ibikorwa by’abacuruzi no kurebera hamwe uburyo byatezwa imbere. Mu karere ka Gasabo hasuwe amakoperative atandukanye arimo izikora ibijyanye n’ububaji.
Emmanuel N. Hitimana
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|