Kirehe: Abacuruza inyama bahombye ku wa Gatanu Mutagatifu

Abacuruza inyama mu isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe baravuga ko babuze abakiriya, bagakeka ko biterwa no kuba ari ku wa Gatanu Mutagatifu.

Ubusanzwe biba bikomeye kubona aho kugurira inyama ku munsi w’isoko ku mabagiro umunani ahakorera, ariko ku wa 03 Mata 2015 amabagiro yari yuzuye inyama.

Maniriho Emmanuel, umwe mu bafite amabagiro i Nyakarambi avuga ko ku munsi w’isoko yabagaga inka ebyiri zigashira, ariko ngo byabaye saa tanu nta n’ibiro icumi aracuruza.

Saa tanu zageze nta n'ibiro 10 bacuruje.
Saa tanu zageze nta n’ibiro 10 bacuruje.

Ati “Uyu munsi ku nyama byanze niba ari itumba! Ariko n’ubundi kuri iyi minsi itegura Pasika niko bihora ubu kuri Pasika nzacuruza inka zitari munsi y’ebyiri. Nawe urabyibonera ndi njyenyine kandi ubundi ku munsi w’isoko wabonaga abaguzi buzuye”.

Ngendahimana Félicien ukorera murindi bagiro avuga ko bidasanzwe kuko abaguzi babuze.

Ati “Ku munsi nk’uyu mbere ya Pasika ntiducuruza, abantu turababura nk’ubu aho amasaha ageza twabaga tumaze kubona amafaranga menshi. Ubu baraza ubona batabishaka mbese byatuyobeye”.

Abenshi mu bakirisitu Gaturika bo bafata ko ari icyaha kurya inyama ku wa Gatanu Mutagatifu.

Batunguwe no kubura abaguzi ku munsi w'isoko.
Batunguwe no kubura abaguzi ku munsi w’isoko.

Bugingo Isaie usengera muri Paruwasi Gaturika ya Kirehe agira ati “Uyu munsi ni uwa Gatanu Mutagatifu twibuka ububabare bwa Yezu Kirisitu wadupfuriye k’umusaraba akemera ku tubabarira ngo dukire. Twe nk’abakirisitu ntibyemewe kurya inyama, umunsi w’ububabare bwa Nyagasani byari bibujijwe ko umuntu abaga ikimasa cyangwa irindi tungo”.

Avuga ko icyo bishushanya ari ukwigomwa nk’uko na Yesu yigomwe byinshi akemera no gupfira abantu, akavuga ko abakirisitu bakwiye kwigomwa kurya inyama ndetse k’ubishoboye akigomwa kurya n’ibindi.

Ku bemera Yezu (Yesu) Kirisitu, uwa Gatanu Mutagatifu ni umunsi bibuka ububabare bwa Yezu Kirisitu, bazirikana urupfu rwe ariko bakongera kwishima kuri Pasika kuko ngo Yezu Kirisitu ava mu bapfuye akazuka.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka