Karambi: Kugwa kw’ibiciro bya kawa byatumye bataryoherwa na Noheri n’Ubunani

Abaturage barema isoko ryo ku Karambi mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Huye bavuga ko bataryohewe n’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani kubera ahanini ubukene batewe no kuba ibiciro by’ikawa byaraguye.

Mu gihe mu mwaka washize ikawa yaguraga amafaranga 1500 mu gihe nk’iki, ubu uragura 700 ndetse ngo hari igihe abantu batayabona bagahabwa 650; nk’uko Uwitwa Bosiko ucururiza mu isoko rya Karambi yabitangaje ubwo twaganiraga tariki 31/12/2012.

Umukecuru witwa Faraziya twasanze muri iri soko acuruza inyanya, yagize ati “njyewe izi nyanya ncuruza ndi buzikuremo Ubunani. Ariko sinavuga ko ariko biri bugendekere abaturanyi muri rusange.
Barakennye muri iyi minsi. Ibiciro by’ikawa byaradukenesheje.”

Tariki 31/12/2012, abaguzi bari bacye mu isko rya Kirambi.
Tariki 31/12/2012, abaguzi bari bacye mu isko rya Kirambi.

Umusanza uri mu kigero cy’imyaka nka 55 we twagerageje kumubaza icyo avuga ku bunani, maze ayembayemba asubiza agira ati “nta cyo navuga ku bunani. Ubu nta n’umwuka nifitiye kubera ko nshonje. Nageze muri iri soko nza gushaka umuntu nakoreye ngo anyishyure, ariko kugeza ubu namubuze.”

Ubwo twageragezaga kuvugisha uyu musaza hari mu masaa cyenda. Na we ntiyari yishimye kubera ko uwari gutuma amafaranga amufasha gutangira umwaka neza yari yamubuze. Icyakora we sinamenya niba amafaranga bamugombaga ari udukeya dukomoka ku ikawa ye.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka