Umusaza w’imyaka 60, umwe bahoze mu mutwe wa FDLR ukuze kurusha abandi basezerewe ku wa 31Werurwe 2015 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, afite ikibazo cy’uko azabaho mu masaziro ye nyuma y’igihe kinini yataye ntacyo akora ngo ateganyirije ejo hazaza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko mu mwaka wa 2017 abaturage bose bo muri ako karere bazaba baragejejweho amazi meza ku buryo ntabazaba bakivoma amazi yo mu bishanga cyangwa ibiyaga bya Burera na Ruhondo.
Urugaga rw’abikorera n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bavuga ko bihaye intego yo kubaka amazu y’ubucuruzi agezweho kandi mu gihe gito, kugira ngo bakomeze kureshya abashoramari.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, abikorera bo muri aka karere ndetse n’abanyehuye bakorera i Kigali, ku wa 29 Werurwe 2015 hifujwe ko abafite imari bayishora mu bikorwa biteza imbere Akarere ka Huye.
Inama njyanama y’Akarere ka Kayonza yateranye tariki 27 Werurwe 2015 yafashe icyemezo cy’uko inyubako ya SACCO ya Karambi yo mu Murenge wa Murundi ikomeza kubakwa, nyuma y’igihe kigera ku mezi ane yari imaze ihagaritswe.
Raporo y’imisoro n’amahoro y’Akarere ka Huye yo kuva mu mwaka wa 2011 kugeza mu wa 2014, igaragaza koKaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ririmo akarere umwenda w’umusoro ku nyungu z’ubukode ungana na miliyoni 20, ibihumbi 92 n’amafaranga 535.
Umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), NGOY MUKALAY Sixte arizeza abanyarwanda bakorera imirimo inyuranye muri RDC ko bagiye kuvugurura imikorere mibi irangwa ku mupaka wa Rusizi I.
Ikigo cy’u Rwanda gitwara abantu n’ibintu mu ndege (RwandAir) cyamaze gutumiza indege zo mu bwoko bwa Airbus A330 zizakoreshwa mu ngendo kigiye gutangira gukorera mu Burayi na Asia, zikaba ari ubwa mbere zizaba zigeze mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba.
Nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Umujyi wa Kigali cyo kubaka ahantu hamwe imodoka zitwara abagenzi zizajya zibasanga ndetse zikanahabasiga, abagenzi barahamya ko bizafasha guca ubucucike bw’abagenzi ku mirongo, ndetse bikanabakiza izuba n’imvura byabiciraga ku mirongo bategereje amamodoka batazi igihe ari buzire.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu bakoraga ku ishuri ry’imyuga rya Rambo ryubakwaga mu Kagari ka Kiraga ku nkunga ya Bralirwa, bavuga ko bategereje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame igihe azagira mu Karere ka Rubavu kugira ngo abishyurize amafaranga bakoreye bakamburwa na rwiyemezamirimo, Twahirwa (…)
Abaturage bafite ibikorwa byangijwe ubwo hakorwaga umuyoboro w’amazi wa Migera ya III mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza bavuga ko bamaze umwaka bategereje ingurane y’ibyo bangirijwe ariko amaso yaheze mu kirere.
Imiyoboro y’amashanyarazi n’inyubako ziyakira mu Mujyi wa Kigali bigiye gusanwa no kubakwa hakoreshejwe inkunga yatanzwe n’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi (EU), kugira ngo Leta y’u Rwanda ikumire igihombo cy’amashanyarazi mu Mujyi wa Kigali kimaze kugera kuri 23%.
Abaturage bagera kuri 500 bari mu buzima bubi nyuma y’amezi arenga atandatu bakoze ku nyubako nshya z’ibitaro bya Kirehe ntibishyurwe, mu gihe mu kwezi k’Ukuboza bari bijejwe n’akarere ko bazageza tariki ya 01 Mutarama 2015 barishyuwe.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) baratangaza ko abacuruza serivisi mu Rwanda bihariye 57% (bingana na miliyari 5,389) by’umusaruro wose w’u Rwanda wo muri 2014 ngo ungana na tiriyari zirenga eshanu mu gihe muri 2013 ho ngo serivisi zari zinjije miliyari 4,864 (…)
Abakoze imwe mu mirimo ijyanye n’iyubakwa ry’imihanda mishya yo mu Mujyi wa Huye baratangaza ko nyuma y’ubuvugizi bakorewe ubu bari guhabwa ibirarane by’imishahara yabo.
Abantu 20 baravuga ko bamaze umwaka n’igice bishyuza amafaranga bakoreye mu gukwirakwiza amashanyarazi mu Murenge wa Nyange wo mu Karere ka Ngororero ariko ntibishyurwe.
Uhagaze Aléxis utuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma umaze imyaka 15 afite ubumuga, amaze gukura abafite ubumuga mu ngeso yo gusabiriza abigisha umwuga wo kudoda inkweto kuko yabonaga bimufitiye akamaro bimutungiye umugore n’abana umunani.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Bugesera, Munyanziza Zéphanie, n’ushinzwe akanama gatanga amasoko, Uzaribara Syrverie na Bimenyimana Martin, ushinzwe amasoko batawe muri yombi na polisi bashinjwa gutanga isoko ryo kubaka ibiro by’akarere bakariha utarishoboye.
Umucungamutungo w’Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, Niyongabo Eric, ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Kirehe, akekwaho kwiba imisoro y’abaturage isaga ibihumbi 450 mu gihe cy’ukwezi kumwe yari amaze muri iyo mirimo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangiye kuganira n’abanyonzi bo mu Karere ka Musanze 3200 kugira ngo babyutse koperative CVM (Cooperative Velos de Musanze) yasenyutse, nyuma y’uko abanyonzi bagumutse bashinja ubuyobozi imicungire mibi y’umutungo.
Abacungamutungo ba za Koperative Umurenge SACCO zo mu Karere ka Ruhango baravuga ko baterwa ibihombo n’idindira na bamwe mu bayobozi bafata inguzanyo ntibazigarure.
Bamwe mu bashinzwe gutanga amasoko mu bigo binyuranye byo mu Karere ka Nyabihu baravuga ko bajyaga bakora amakosa mu mitangire y’amasoko kubera ubumenyi buke.
Abaturage 120 bakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda SONATUBE-NEMBA unyura mu Turere twa Bugesera na Kicukiro barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kubakurikiranira amafaranga bakoreye mu mwaka wa 2012 batishyuwe.
Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), John Rwangombwa atangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bushobora kuzazamuka hejuru ya 7% muri uyu mwaka wa 2014-2015 nubwo bateganyaga ko bwakwiyongera ku gipimo cya 6%.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kaniga, Jerome Ngendabanga, n’abandi bakozi ba leta bakoreraga muri aka karere bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi bakurikiranyweho imikoreshereze y’amafaranga agenewe imishinga yo gufasha abatishoboye (VUP) mu nyungu zabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame aratangaza ko niba nta gikozwe amazi ya Nyabarongo avanze n’ibitaka byinshi ashobora kugira ingaruka mbi ku rugomero rw’amashanyarazi rumaze kuzura.
Abaturage basaga 500 bo mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze amezi atatu batarahembwa amafaranga bakoreye muri VUP, bakavuga ko babayeho nabi kuko bataye imirimo yabo yababeshagaho n’amafaranga baje gukorera ntibayabone.
Abapfakajwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, barishimira aho bagera mu iterambere nyuma y’akaga bahuye nako, bagashimira umuryango Femmes Développement wabegereye ukabafasha kwivana mu bukene.
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa gihuza Uturere twa Ngoma na Kirehe baravuga ko kuba cyarangiritse bibangamiye ubuhahirane n’imigenderanire, kuko giteza ibibazo ibinyabiziga bihaca.
Kuba abarezi ari bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga makeye ugereranyije n’abandi ndetse n’ibiciro ku masoko ngo bituma babaho mu buzima bugoranye kandi bikaba byagira ingaruka ku bo bigisha bityo bakaba basaba ko Leta yabashyiriraho ihahiro ryihariye rijyanye n’ubushobozi bwabo.