Abaturage 2326 bo mu mirenge wa Bushenge na Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke ntibazongera kuvoma amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’amazi meza.
Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yakanguriye urubyiruko kutarindira kubura akazi cyangwa kurangiza amashuri kugira ngo batangire imishinga yo kwihangira imirimo.
Shirimpumu Jean Claude uhagarariye aborozi b’ingurube ku rwego rw’igihugu, yafashe icyemezo asezera ku kazi ka Leta ayoboka ubworozi bw’ingurube.
Kuva gahunda ya Girinka yatangizwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu mwaka wa 2006,imaze gutwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 39, yakoreshejwe mu koroza abaturage.
Mu mudugudu wa Rubindi mu Ngororero mu mezi 5, imiryango 83 yari yaranze kuva mu manegeka yivanyeyo ikurikiye imirasire y’izuba yahazanywe na polisi y’Igihugu.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gasabo bafite impungenge z’uko bashobora kuzajyanwa kure y’umujyi, nyuma yo kubwirwa ko igishanga bakoreragamo bazakimurwamo.
Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
Kalisa Parfait wo mu Karere ka Bugesera yiyemeje kurengera ibidukikije afata amapine ashaje y’imodoka akayakoramo intebe zo kwicaraho mu ruganiriro.
Amahoteli atatu yonyine mu Rwanda niyo yashyizwe ku rwego rw’inyenyeri eshanu bigaragaza ko ayo mahoteli ari ku rwego mpuzamahanga ruhanitse mu by’amahoteli.
Mu myaka iri imbere abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru ntibazongera kugira ikibazo cya sima kuko muri ako gace hagiye kubakwa uruganda ruyikora.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyahawe intego yo kuzinjiza imisoro ingana na miliyari 1215 Frw mu isanduku ya Leta, ndetse no kuzinjiriza uturere imisoro isaga miliyari 51.5 Frw.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) gitangaza ko umuhanda Kayonza-Rusumo uzaba wuzuye mu myaka ibiri, ukazaba wagutse ku buryo uzorohereza abawucamo.
Ingabo z’igihugu zatangiye koroza abagore bo mu Ntara y’Iburasirazuba, aho muri buri Karere hari gutangwa ihene 10 ku bagore icumi batishoboye.
Nyuma yo kubona ko baherwa serivisi mu biro bito kandi bishaje, abaturage bo mu Murenge wa Ndaro muri Ngororero biyemeje gukusanya amafaranga yo kwiyubakira ibiro bishya.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo n’uw’ububanyi n’amahanga wa Benin, Aurelien Agbenonci bashyize umukono ku masezerano azatuma ibihugu byombi bifatanya mu bijyanye n’ubuhinzi, ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’imiturire.
Hirya no hino mu gihugu mu turere dutandukanywe hatashywe imidugudu y’icyitegerezo izatuzwamo abaturage batishoboye barimo n’abakuwe mu manegeka.
Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro yagaragaje ko hari ingero zisaga ibihumbi 15 z’abantu bahabwa inguzanyo mu ma banki batatanze ingwate zifite agaciro.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko ibiciro cyane cyane iby’ibiribwa bitazazamuka cyane nko mu gihembwe cyambere cy’uyu mwaka wa 2017 aho byageze ku rugero rwa 8.1%.
Habiyaremye Chreophas utuye mu Karere ka Kayonza yihangiye umurimo wo gukora imbaho mu rwiri n’ibirere nyuma yo kubona ko aho atuye ibiti bihenze.
Ibyari inzozi ku bajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Karongi byabaye impamo nyuma yo gutaha ku mugaragaro inzu y’ubucuruzi biyubakiye igiye kujya ibinjiriza amafaranga.
Guhera mu mwaka wa 2018 imihanda itandukanye yo mijyi itandatu yunganira umujyi wa Kigali izaba ikoze neza irimo kaburimbo.
Abagore bahawe amahugurwa mu myuga itandukanye n’umuryango "Women for Women", bemeza ko yatumye bashobora kwirwanaho mu buzima bakanabeshaho neza imiryango yabo.
Umuyobozi wa RwandAir, Chance Ndagano avuga ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu nama ihuza ibigo by’indege bya Afurika (AFRAA) izabera mu Rwanda mu mpera z’uyu mwaka.
Abakunda kurimba, bambara imyenda myiza itari caguwa bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Burera hagiye gutangira uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye.
Mu mwaka wa 2015, mu Rwanda hakozwe ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage mu ngo bwiswe (EICV IV).
Ku bufatanye bw’Akarere ka Rwamagana, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abagenzi RFTC, mu Karere ka Rwamagana hatangiye kubakwa Gare nshya, izatwara akayabo ka 789,124,162 Frw.
Abakunzi b’ikigage cyaba igisembuye cyangwa ikidasembuye bakiguraga batizeye neza isuku yacyo bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Kamonyi hagiye kubakwa uruganda rugitunganya.