Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome yagaragaje ko kuba ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanyijwe bizagira impinduka ku biciro by’ibindi bicuruzwa birimo ibiribwa.
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe na zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda, aho litiro imwe ya lisansi yageze ku 1,663Frw naho iya mazutu igera ku 1,652Frw.
Ubuyobozi bukuru bwa BK Group Plc bwatangaje ko bungutse amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyari 23.9 mu gihembwe cya mbere cya 2024.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, ushinzwe gusesengura ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga, Gasasira Martin, avuga ko ibigo byose bitanga ibyangombwa ku bohereza ibicuruzwa hanze y’Igihugu byashyizwe hamwe ku buryo batagisiragira kandi mu minsi ya vuba hazashyirwaho uburyo bw’ikoranabuhanga bazajya bifashisha mu (...)
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo ’International Budget Partnership’ muri 2023, bugaragaza ko u Rwanda rwateye imbere mu guha abaturage amakuru ajyanye n’ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari, rukaba rwabiherewe amanota 50%, ruza ku mwanya wa 9 muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko inyungu fatizo yayo yagabanutse ku kigero cya 0.5%, aho yavuye kuri 7.5% ikagera kuri 7% kubera umuvuduko w’igabanuka ry’ibiciro wagaragaye ku isoko.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, Umushinga w’Ingengo y’Imari ya Leta mu mwaka wa 2024/2025, ungana n’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 5,690.1Frw.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko kugeza ikoranabuhanga muri Koperative Imirenge SACCO, ubu bigeze ku ijanisha rya 94%, yizeza ko mu bihe bya vuba ibi bigo by’imari byose bizaba byagejejejwemo ikoranabuhanga.
Itsinda ry’ibigo bigize BK Group, ari byo Banki ya Kigali, BK Insurance, BK Capital, BK Foundation na BK TechHouse, ryatangarije abanyamigabane baryo ko ryabungukiye amafaranga 24.18Frw kuri buri mugabane usanzwe.
Imibare ya raporo nshya ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda, (Labour Force survey) y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko mu Rwanda 49.6% by’abafite akazi bose bari mu cyiciro cy’ubuhinzi.
Mugorewishyaka Latifat w’imyaka 63 y’amavuko avuga ko yinjiza amafaranga y’u Rwanda 100,000 ku kwezi abikesha gukora amavaze mu ibumba ndetse n’imigongo nyamara yarahoze ari umukene ufashwa na Leta.
Abatuye Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, bakomeje kwegeranya inkunga yabo, mu rwego rwo kwiyubakira isoko rijyanye n’icyerekezo rizatwara agera kuri miliyoni 800 FRW.
Ubuyobozi Bukuru bw’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo hagati (Economic Community of Central African States - ECCAS) bwatangiye ibiganiro n’ibihugu binyamuryango bifite ibyo bitaruzuza, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amategeko agenga isoko rusange rya ECCAS.
Koperative Umwalimu SACCO ikomeje ibikorwa byo guhura n’abanyamuryango bayo ku rwego rw’Umurenge mu Turere dutandukanye, hagamijwe kubakangurira no kubasobanurira serivisi n’imikorere yayo. Muri uyu mwaka, iyi gahunda yo kwegera abanyamuryango ku rwego rw’umurenge iri gukorwa mu turere twose tw’Igihugu uko ari 30, ikaba (...)
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko nyuma yo gusana ububiko bwa Rwabuye byatumye ububiko bw’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda bwiyongeraho litiro miliyoni enye.
Nubwo mu masezerano Ikigega gitera Inkunga Imishinga y’Iterambere (BDF) cyari cyagiranye na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yavugaga ko inguzanyo nzahurabukungu (Economic Recovery) itagomba kurenza iminsi icumi, ariko BDF yatinze iminsi 269.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), ko bwafunze amwe mu masoko bwari bwarubakiye abazunguzayi (abacururiza mu muhanda) kuko ngo batayashaka.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu benshi by’umwihariko abakora ubuhinzi n’ubworozi buciriritse bakenera amafaranga ariko ntibayabone, ibigo by’imari byatangiye gutekereza uburyo hatangwa inguzanyo ijyanye n’ibyo umuntu akora.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) bwashimiye abanyamuryango bakoranye urugendo rw’igihe cy’imyaka isaga 30 bakorana umunsi ku wundi, mu bikorwa bitandukanye.
Impuguke mu bukungu hamwe n’abafite ibinyabiziga bavuga ko izamuka ry’igiciro cya lisansi na mazutu riza guteza bamwe guparika ibinyabiziga byabo bwite bakagenda muri bisi, cyangwa kuzamura ikiguzi cya serivisi n’ibicuruzwa batanga.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byavuguruwe. Igiciro cya Lisansi cyashyizwe ku mafaranga 1,764 kuri Litiro kivuye ku mafaranga 1,637 kuri Litiro cyari cyashyizweho kuva mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka. Bivuze ko Lisansi yiyongereyeho Amafaranga 127 Frw kuri Litiro.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko rumaze gufata no gufunga abatekamutwe ibihumbi 10 na 317 kuva mu mwaka wa 2018 kugeza ubu, bakorera ibigo 20 bishinjwa kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Ubuyobozi bukuru bwa Koperative Muganga SACCO buratangaza ko bwagize inyungu y’arenga Miliyoni 80 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu mwaka ushize wa 2023, avuye kuri Miliyoni zirenga gato 30 bungutse muri 2022.
Ubuyobozi bw’Ikigega RNIT Iterambere, bwatangaje ko umutungo w’iki kigega wageze kuri Miliyari zirenga 41 z’Amafaranga y’u Rwanda muri 2023, uvuye kuri Miliyari zirenga 28 wariho muri 2022.
Ibigo bigize BK Group ari byo Banki ya Kigali, BK Insurance, BK Capital na BK TechHouse, byishimiye inyungu yabonetse mu mwaka ushize wa 2023, irenga amafaranga y’u Rwanda Miliyari 74 na Miliyoni 800.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwatangaje ko rugiye kuzana uburyo bushya buzatuma igihe umukozi atatangiwe imisanzu abimenya mu rwego rwo kurushaho kubafasha kugira ngo bakurikirane uko abakoresha babo babatangira iyo misanzu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) cyatangije icyumweru cyahariwe amakoperative (Cooperative Week) guhera tariki 25 Werurwe 2024, muri iki cyumweru bakaba bibanda ku kubahiriza itegeko rigenga amakoperative, baraganira no ku byerekeranye no gusaba ubuzima gatozi hifashishijwe ikoranabuhanga, baranafatanya (...)
Ubuyobozi bwa Koperative Umwalimu SACCO bwatangaje ko mu mwaka wa 2023 washojwe tariki 31 Ukuboza 2023, iyi koperative yungutse miliyari 16.9 Frw hakubiyemo n’imisoro, hakurwamo umusoro ungana na miliyari 5.1 Frw hagasigara inyungu ya miliyari 11.8 Frw.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), kigiye guha u Rwanda Miliyoni 165 z’Amadolari ya Amerika azarufasha muri gahunda z’iterambere no gukomeza kuzamura ubukungu bw’Igihugu.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, yasobanuye ibyemezo byafashwe ku muceri watumijwe mu mahanga ukagera mu Rwanda mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare 2024, ariko bikaza kugaragara ko utujuje ubuziranenge, ndetse n’ufite ubuzirange bwemewe ukaba wari ufite nomero ku mifuka zidahura n’ibirimo imbere.