Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yabwiye abamotari bo muri Rusizi ko agiye kubafasha gukemura ikibazo kiri mu nyubako yabo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, avuga ko isoko mpuzamipaka rya Karongi riri kubakwa ari amahirwe abatuye ako karere babonye yo kwinjiza amafaranga.
Abaturage baturiye ingomero z’amashanyarazi za Rukarara ya mbere n’iya kabiri bababazwa n’uko amashanyarazi zitanga atabageraho bakaba mu bwigunge kandi yagakwiye kubaheraho.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyahwituriye abanyamahoteri kunoza imikorere mu nzego zose kugira ngo bongere ubwiza bwa servisi batanga.
Imirenge ya Sacco yo mu Karere ka Rusizi ishobora gufunga imiryango bitewe no kutagenzura no kudafata ibyemezo kw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, yashimye ibikorwa bya COOPEK Inkunga mu kuzamura abatuye uturere twa Rutsiro na Karongi ikoreramo.
Uwayisaba Bernad wo mu Karere ka Burera yatsindiye amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni ebyiri mu mukino wo gutega ku makipe y’umupira w’amaguru uzwi nka “Betting”.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi na Ambasaderi mushya w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, biyemeje kuzana abashoramari b’Abaholandi gufasha amakoperative.
Hari bamwe mu bapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bataheranwe n’agahinda, bakora imishinga y’ubucuruzi ibinjiriza amafaranga abafasha kubaho n’imiryango basigaranye.
Perezida Kagame yasabye abikorera mu Rwanda kongera ubuziranenge bw’ibyo bashyira ku isoko, kugira ngo bashoboye guhangana n’ibiva hanze byinjizwa mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda yakiriye miliyoni 95 z’amadolari y’Amerika nk’inguzanyo ya Banki y’Isi yo kubaka ibikorwaremezo mu mijyi itandatu yunganira Kigali.
Abakongomani batuye mu Karere ka Rusizi bakorera ubucuruzi mu Rwanda baravuga ko bishimira umutekano bafite utuma bakora akazi kabo neza.
Sacco Tea Shagasha y’abahinzi b’icyayi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ibarizwa mu Murenge wa Giheke yabaye ikinze nyuma yo guhomba miliyoni 20.
Ubuyobozi bwa Atlasmara bwaguze Banki y’Abaturage n’igice cya banki y’iterambere BRD butangaza ko bagiye gufasha ishomari n’imishinga mito mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (NCCR) butegereje raporo igaragaza umubare w’amakoperative ya baringa mu Rwanda, igomba gutangwa n’Ikigo gishinzwe amakoperative (RCA).
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bamaze gutera imbere babikesha ingorofani bifashisha batwara imizigo muri Congo.
Banki ya COGEBANQUE yafunguye ishami rya 23 mu Karere ka Ruhango, itangaza ko ifite gahunda yo guhanga n’ikibazo cy’abatobona inguzanyo.
Abacukuzi b’ubumucanga muri Rubavu bavuga ko urugendo rwa Perezida Kagame rwatumye ubucuruzi bw’umucanga muri DR Congo bwari bwarahagaze busubukurwa.
Leta y’u Rwanda yagaragarije abashoramari mpuzamahanga mu by’amabanki n’ibigo by’ubwishingizi, amahirwe yo kuza gukorera mu Rwanda ndetse n’imishinga y’iterambere.
Guhera Ku wa 29 Werurwe 2016, ikigo cy’imari icirirtse “CAF Isonga” cyafunze imiryango mu mashami yacyo ane mu Karere ka Ruhango na Muhanga.
Abadozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba basanga kwishyira hamwe kwabo bizatuma batera imbere ndetse n’umwuga wabo ukarushaho kugira agaciro.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwashojwe muri 2015, buvuga ko abacuruzi muri Nyabugogo batewe impungege n’imyuzure ihaba buri mwaka.
Mu kiganiro cy’amasaha atatu Perezida Kagame yagiranye n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rubavu, yongeye kunenga abayobozi badindiza gahunda z’iterambere.
Perezida Kagame asaba Abanyarwanda kwirinda ibibatandukanya, ahubwo bagashyira hamwe bakoresheje aho baturuka nibyo batekereza.
Ishami ry’ikigega nyafurika gishinzwe iterambere, FAGACE ryafunguwe i Kigali (mu nyubako ya RSSB) mu rwego rwo kujya gitanga inguzanyo ku bafite imishinga y’iterambere.
Ababoshyi b’uduseke bo mu Karere ka Ruhango barasaba kuvuganirwa ku mushoramari ubagurira uduseke kuko ngo hashize amezi atandatu batishyurwa.
Abacuruzi bo mu Rwanda kugira ngo bajyane ibicuruzwa byabo hanze baba bagomba kubigurira ibibiranga (barcodes) bikabahenda ntibabone inyugu ihagije.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kutagira ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashanyarazi bibangamiye iterambere ryabo.
Umugore witwa Nyenyeri Evangeline utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yarangije amashuri yisumbuye, yihangira umurimo wo kogosha.
Umuryango mpuzamahanga Care, uravuga ko wishimira uburyo kwibumbira mu matsinda kw’abagore bimaze kubateza imbere ku buryo bushimishije.