Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) yashyizwe ahagaragara irerekana ko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwimakaza imibereho myiza y’abaturage .
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru burizeza abaturage b’i Burera ko umuhanda wa kaburimbo wa Base-Kirambo-Butaro-Kidaho urimo gukorwa, uzuzura muri 2018.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwemeza ko kutagira impamyabushobozi itangwa na WDA bibazitira kubona inguzanyo itangwa n’amabanki abafasha gutangira umurimo.
Alice Nyiramajyambere uboha imyenda, ibishora, amasogisi n’ibyo kwiyorosa akoresheje ubudodo, yabitangiye afite imyaka itandatu none abanyamahanga basigaye bamugana akabambika.
Ubuyobozi bwa Congo bwahagaritse ubucuruzi bw’inkoko n’ibizikomokaho biva mu Rwanda bushingiye ku ndwara y’ibicurane by’ibiguruka yabonetse muri Uganda ariko itari mu Rwanda.
Ububiko bwa Leta(MAGERWA), buvuga ko bubitse ibicuruzwa byinshi bitandukanye, harimo n’ibimaze imyaka itandatu, ba nyirabyo bataraza kubibikuza, bimwe bikaba binangiza ibidukikije.
Minisiteri y’ubucuruzi, ingana n’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (MINEACOM) yahagaritse by’agateganyo imikino y’amahirwe ya LPS/NEW SOJEL PARTNERSHIP izwi nka "Sports for Africa", ishinjwa kutishyura neza abatsinze.
Banki ya Kigali (BK) itangaza ko yabonye inyungu ya Miriyari 20.8Frw mu mwaka wa 2016 ngo ikaba yarabigezeho ahanini kubera ubwiyongere bw’inguzanyo zatanzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko Burera Beach Resort Hotel izatangira gukora mu gihe cya vuba ariko ntibavuga igihe nyacyo.
Banki ya Kigali (BK) yatangije gahunda yise BK Urumuri yo kwakira imishinga y’urubyiruko ibyara inyungu, izaba ikoze neza kurusha iyindi ikazahabwa inguzanyo izishyurwa hatiyongereyeho inyungu.
Mugisha Emmanuel utuye i Nyagatare ukora umurimo wo gusudira akora ibikoresho bitandukanye mu byuma birimo imbabura ziteka hifashishijwe ibitaka.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’uburayi [EU] urareshya ibigo bishora imari mu ngufu zishobora kuvugururwa ( Renewable Energy) byo ku mugabane w’Uburayi, ngo bize gushora imari yabyo mu Rwanda.
Banki y’Abanya-Kenya (KCB) ikorera mu Rwanda, ivuga ko igiye gufasha abagore bayikoramo mu myanya yo hasi kuzamuka bakajya mu buyobozi bwayo.
Mukeshimana Venuste wo muri Kayonza yahanze umurimo wo kubaza amashusho y’inyamaswa mu bisigazwa by’ibiti ku buryo hari ishusho agurisha ibihumbi 200RWf.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo butangaza ko mu baturage ibihumbi 10113 bagabiwe inka muri bo abagera kuri 514 ntazo bagifite, zimwe zaragurishijwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyashyize hanze ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, bigaragaza ko litiro ya essence mu Rwanda yiyongereyeho 52Frw.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyerekanye ibicuruzwa by’inzoga z’umucuruzi Nkusi Godfrey, kivuga ko zitakorewe imenyekanisha ry’imisoro ku buryo zarimo inyerezwa rya miliyoni 70Frw.
Ntezimana Jean Paul wiga mu ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya Musanze Polytechnic yihangiye umurimo wo gukora inzoga n’umutobe mu bijumba, akabigurisha.
Abakozi bo mu ngo bari bamaze imyaka ibiri bahugurwa ku bintu bitandukanye bikenerwa mu buzima, bemeza ko kwizigama ari inzira izabafasha kwiteza imbere.
Abahinzi ba Kawa bo mu Karere ka Karongi batangaza ko banezerewe kubera ko igiciro cya Kawa cyazamutse.
Imiryango 12 yo mu Karere ka Gisagara itagiraga aho iba itangaza ko yagize icyizere cy’ubuzima nyuma yo guhabwa inzu nshya yubakiwe.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), itangaza ko n’ubwo umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) utazamutse muri 2016, ubukungu bw’igihugu buhagaze neza.
Sanjeev Anand, wari usanzwe ayobora Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yahawe kuyobora ibijyanye n’imari n’amabanki muri Atlas Mara.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ruhango bavuga ko kuva aho gare abagenzi bategeramo imodoka yimuriwe, byabateje igihombo mu bucuruzi bwabo.
Imiryango 11 itishoboye yo mu Karere ka Ngororero yari ituye mu manegeka, yahawe inzu nshya zubatse mu mudugudu, zirimo televiziyo na radiyo.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Karongi bibumbiye mu ihuriro ʺKarongi Community Health Workers Investment Group (CHWIG) ʺ barubaka inzu y’ubucuruzi izuzura itwaye Miliyoni 295RWf.
Abaturage bo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi bavuga ko Nzahaha yubu itandukanye n’iyo hambere kuko basigaye beza bagasagurira n’isoko.
Imishinga ine ijyanye n’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko yatsinze irushanwa rya iAccelerator ryateguwe na Imbuto Foundation, yahembwe amadorari ibihumbi icumi, asaga miliyoni umunani buri umwe.
Abakobwa 30 bo muri Musanze batewe inda zitateguwe, bagacikiriza amashuri batangaza ko bagaruye icyizere cy’ubuzima nyuma yo kwigishwa imyuga.
Guverinoma y’u Buhinde yemereye Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere Rwandair, uburenganzira bwo gukorera muri icyo gihugu.