Kuri uyu wa gatatu tariki 1 Kamena 2016, mu Karere ka Musanze umushoramari wo muri Afurika y’Epfo Themba Mashinini, yahafunguye ituragiro rishya ryitwa Easy Hatch rifite ubushobozi bwo guturaga imishwi ibihumbi 80 ku kwezi.
Abarozi b’inkoko bavuga ko ubworozi bakora bwabafashije kwiteeza imbere ariko ngo bagahuriramo n’imbogamizi zo gushaka imiswi i Burayi bigatuma ihagera yananiwe bikabateza igihombo.
Nyiransabimana Christine ukorera ubworozi bw’inkoko zisaga ibihumbi bitanu mu Karere ka Kicukiro, avuga ko kuva yatangira korora inkoko mu 1996, we na bagenzi be bahuraga n’iki kibazo cyo gutumiza imishwi hanze ku buryo batateye imbere nk’uko babyifuzaga.
Ati “Twajyaga duhura n’ingorane ku mishwi ituruka hanze bitewe n’amasaha menshi imara, hakaba hari n’igihe aborozi bahuye n’ikibazo zikaza zigapfa kandi udafite uwo uhamagara ngo ngwino nkwereke.
Ariko kubwo kudutekerezaho badushiriyeho ituragiro nanjye ndi mu bantu bajye gufata imishwi. Ibi ni ibyishimo twagize na bagenzi banjye b’aborozi, kuko tugiye kujya tubonera imiswi bugufi.”
Ubusanzwe umushwi bakura muri Uganda wageraga mu Rwanda uhagaze 950Frw, mu gihe kuwutumiza mu Buholandi byabahagaraga 1020Frw ariko muri Easy Hatch ni 800Frw.
Mashinini avuga ko yasanze mu Rwanda inkoko zikiri nke kandi n’aborozi bazo bazibona bibahenze bituma atekereza kuhakorera kugirango afashe aborozo baturiye muri aka gace.
Ati “Icyo ni kimwe mu byatumye dufungura ituragiro hano mu Rwanda kugira ngo dufashe abahatuye bifuza cyangwa bari basanzwe batumiza imiswi hanze.”
Ubusanzwe mu Rwanda habaga ituragiro rimwe rya Rubirizi, ariko kubera umubare munini w’aborozi b’inkoko ntiryashoboraga kubahaza abenshi bagahitamo kujya kuyishakira mu mahanga.
Ibitekerezo ( 23 )
Ohereza igitekerezo
|
mwatubwira niba icyo kigo cyiryikora mukaturangira neza aho gikorera umurenge na akagari
Hari inkoko z’ inyama twaguze iwanyu none twabuze isoko, zimaze kugira 2kg,mutuboneye abakiriya byaba byiza.
Merry chrismas and Happy new year of 2017
Mumpe adress yuzuye!
izonkoko zabo zishobora kuba ahantu hose? nko mukare ka nyabihu?
ese batanga nizikuze zimara igihe gito zigahita zitera? if not muturangire aho twakura izahita zitera.
telfone zabo turazikeye.
mutuboneye telfone zabo nagace nyakuri bakoreramo byaba aribyiza cyane.murakoze
Tel. Office:+250 786 372 657
NKENEYE CONTACT ZABO KUKO NKENEYE INKOKO
Mudusobanurire aho icyo kigo gikorera muwuhe murenge nakagali na contact zaho?
Ese mwadusobanuriye icyo kigo gikorera ahagana hehe muwuhe murenge n’akagali na Contact zaho?