Ubwoko bushya bw’ibirayi bugiye kuzanwa mu Rwanda

Umuyobozi w’agateganyo wa sosiyete Imtiaz Enterprises, Imtiaz Hussain, avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu birya ibirayi cyane ku isi bityo iyi sosiyete ikaba igiye kuzana ubwoko bugezweho mu Rwanda.

Hussain yavuze ko nubwo ibi birayi byerera igihe kinini ugereranyije n’ibisanzwe ni byiza, byuzuye intungamubiri kandi bikunzwe na benshi ku isi ku buryo uwabihinga byarushaho kumuteza imbere.

Yagize ati “bitewe nuko ubwoko busanzwe butagurwaga cyane, kuri ubu dufite ubwoko bushya kandi ku giciro gito ku buryo umuhinzi azajya abona amafaranga atari make akuye mu buhinzi bw’ibirayi.”

Sosiyete Imtiaz ibarizwa mu gihugu cya Pakistan, igakora ubushakashatsi ku bihingwa bitandukanye birimo n’ibirayi yitegura gusakaza mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda.

Ibindi bihugu birya ibirayi cyane ni Belarus, Lithuania na Latvia.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka