Mu Mirenge ya Cyanika na Nkomane mu Karere ka Nyamagabe, hari abaturage 178 bavuga ko bubatse ubwanikiro bw’imyaka bakorera Kampani yitwa SOCOBACO, ariko bakaba barategereje kwishyurwa amaso agahera mu kirere.
Nyuma y’amezi atandatu abaturage bo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze batunganyirijwe igishanga cya Mugogo cyari cyaravutsemo isoko yatewe n’amazi y’imvura aturuka mu misozi ya Nyabihu akimura abaturage akanangiza imyaka yabo, ubu bari mu byishimo nyuma y’uko Leta itunganyije icyo gishanga bakongera guhinga imirima yabo.
Mu kwezi kwa Mata k’uyu mwaka, Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi(EU) wahaye u Rwanda inkunga y’amayero miliyoni ebyiri, hiyongeraho andi mayero ibihumbi 500 yatanzwe n’ibigo birimo icy’Abataliyani cyitwa Institute for University Cooperation (ICU), mu rwego rwo guteza imbere ikawa y’u Rwanda.
Umuryango w’Abibumbye (LONI), uraburira ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), ko bishobora kongera kwibasirwa n’igitero gikomeye cy’inzige.
Abahinzi begereye igishanga cya Karangazi mu Kagari ka Mbare, Umurenge wa Karangazi, bavuga ko batangiye guhura n’ibihombo kubera konerwa n’imvubu zituruka mu kidendezi cy’amazi (ikidamu) cya Karangazi.
Umukozi w’Akarere ka Rwamagana uyobora ishami ry’ubuhinzi n’umutungo kamere Dr. Nitanga Jean de Dieu, avuga ko umwaka w’ingengo y’imari 2021/2022 buri kagari kazaba gafite ubuhumbikiro bw’ibiti, kugira ngo byorohereze abaturage kubibona hafi kandi ku giciro gito ndetse binafashe bamwe kubona akazi.
Mu minsi ishize havuzwe indwara yigeze kwibasira ingurube ari zo benshi basigaye bita akabenze, zimwe zirapfa, ariko Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) kivuga ko cyakurikiranye byihuse icyo kibazo ku buryo ubu iyo ndwara itakiyongera.
Ikigo gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku wa Kabiri tariki 17 Ugushyingo 2020 cyamuritse ubwoko butandatu bw’imbuto z’imyumbati bwihanganira indwara, abahinzi bazitubuye banazita amazina y’Ikinyarwanda.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) gikomeje gushakisha uburyo hakumirwa ikinyabutabire giterwa n’uruhumbu rw’ubumara bufata ibihingwa cyitwa AFLATOXIN kibangamira ubuzima bw’abantu aho hari kugeragezwa urukingo rwiswe AFLASAFE.
Icyo gishushanyo mbonera gikubiyemo amakuru atuma abaturage bamenya uko bitwara muri buri gice cy’ubuzima bwa buri munsi, ariko cyane cyane abakora ubuhinzi, kugira ngo bakumire ibura ry’ibiribwa mu myaka 30 iri imbere ndetse no gukomeza.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB), kirakangurira abahinzi cyane cyane ab’ibigori ubu bigeze igihe cy’ibagara, ko babagaza ifumbire ya Ire (Urée) kuko ituma umusaruro wikuba kabiri cyangwa birenga.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru François Habitegeko, avuga ko mu myaka ibiri iri imbere nta kibazo cy’imbuto y’ibirayi kizaba kikirangwa mu karere ayobora.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu Rurangwa Steven, avuga ko umushinga wa PASP wafashije abahinzi n’aborozi gufata neza umusaruro no kuwongerera agaciro.
Koperative Tuzamurane yo mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Gahara ifite umwihariko wo kumisha inanasi z’umwimerere (Organic). Buri kwezi itunganya toni ebyiri z’inanasi zumye zivuye muri toni 40 z’inanasi mbisi, zikagurishwa mu Bufaransa.
Ikawa ni kimwe mu bihingwa ngengabukungu bihingwa mu Rwanda, ariko iyo itarinzwe indwara n’ibyonnyi bikunze kuyibasira ntitanga umusaruro mwiza.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ishizwe ubukungu Manzi Theogene, avuga ko nta mpungenge z’inzara bafite nubwo hegitari 390.5 zatewe ibigori ntibyamera kubera izuba, ndetse n’izindi 53.8 zigaterwa imyaka ikazamo udusimba bita imikondo y’inyana (Milliapodes).
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no guharanira imirire myiza, Umuryango AEE watanze ibiti 2,080 bya avoka byo gutera muri Huye na Nyaruguru, biba bikeya kuko byifuzwaga na benshi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyanza, bavuga ko batajya barya imbuto kuko byabagoraga kubona ingemwe z’ibiti by’imbuto ziribwa ngo batere, none icyo kibazo ngo kikaba kigiye gukemuka kuko hari umushinga ugiye kubaha ingemwe.
Ubuhinzi bw’urusenda cyane cyane urwoherezwa mu mahanga buragenda bwiyongera, ariko buracyahura n’imbogamizi zitandukanye, zituma umuhinzi ashobora kutabona amafaranga yaruteganyagamo ajya kwiyemeza kuruhinga.
Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, batangiye kwitabira guhinga ibishyimbo bikungahaye ku butare bwa ‘Fer’, bivugwa ko bifasha mu kurwanya imirire mibi kuko bikungahaye ku ntungamubiri zitandukanye.
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare barifuza nkunganire mu bwatsi bw’amatungo kuko ngo imbuto yabwo ihenze itakwigonderwa na buri wese.
Umushinga wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi uteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo (RDDP), ku wa 6 Ukwakira 2020 watangije igihembwe cyo guhinga ubwatsi bw’amatungo.
Leta y’u Buyapani ibinyujije mu kigo cyayo gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA), yahaye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) imbuto z’imboga zaguzwe amadolari ya Amerika ibihumbi 950, ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 900.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Gatare mu Karere ka Gisagara, barishimira urugomero rw’amazi rwa Mushaduka rwatumye bava kuri toni ebyiri kuri hegitari bakaba basigaye barenza eshanu.
Abahinzi bo mu karere ka Rulindo mu murenge wa Buyoga n’ituranye na wo, bavuga ko batangiye kubona umusaruro ndetse ko biteguye utubutse w’ibihingwa byoherezwa hanze kubera urugomero bubakiwe rutuma buhira imyaka yabo.
Nkongwa idasanzwe (Armyworm) ni icyonnyi cyibasira cyane cyane ibigori ariko inarya ibimera birenga 80, ikaba itandukanye na nkongwa yari imenyerewe uhereye ku miterere yayo n’uburyo yona.
Mu minsi yashize ibice by’igihugu byibasiwe n’ibiza birimo amazi y’imvura yaguye ari nyinshi ku buryo budasanzwe yibangiza imyaka mu mirima n’ibindi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buravuga ko bwatangije gahunda yo gutuburira imbuto y’ibirayi muri ako karere, ku buryo abahinzi babyo bose bazajya babasha kuyibona bitabasabye kujya kuyihaha mu tundi turere.
Abakorera Umuryango ADENYA (Association pour le Developpement de Nyabimata) ukora umurimo wo gutubura imbuto y’ibirayi mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko babonye amakoperative manini bafatanya mu butubuzi bw’imbuto y’ibirayi, hamwe na sitasiyo ya RAB ya Nyamagabe na yo itubura imbuto y’ibirayi bahaza Amajyepfo yose.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yemereye abahinzi b’ibirayi bibumbiye muri Koperative IABNDI ubufasha bwo guhunika imbuto kugira ngo igabanuke guhenda.