Inteko Ishinga Amategeko yibukije Guverinoma icyifuzo yayigejejeho cyo gushyiraho Banki y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ibaza aho ishyirwa mu bikorwa ryacyo rigeze, bavuga ko amabanki menshi n’ibigo by’imari bikigaragaza ubushake buke bwo kuguriza abahinzi n’aborozi.
Depite Uwamohoro yagaragarije Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (Minagri) n’ibigo biyishamikiyeho, abafatanyabikorwa mu buhinzi ndetse n’abahinzi bagarariye abandi, ko ingengo y’imari y’igihugu, cyane cyane iy’ubuhinzi ikiri imbogamizi ku iterambere ry’uru rwego kuko hagikorwa ubuhinzi bushingiye ku mvura, nyamara hari (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyatangaje ko ikoranabuhanga mu buhinzi rizafasha guhanga imirimo igera ku 849,000 bitarenze mu mwaka wa 2029.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Solange Uwituze, yavuze ko ikoranabuhanga rya drones risigaye rifasha abaturage gutahura hakiri kare indwara zishobora kwibasira ibihingwa.
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushishikariza urubyiruko kwinjira mu buhinzi bwa kijyambere, abakiri bato bafite imishinga y’ikoranabuhanga bavuga ko hakiri imbogamizi zibabuza kugera ku ntego, zirimo kubura igishoro no kuba udushya bahanga tutemerwa nk’ingwate mu bigo by’imari.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’igihombo gikomoka ku kwangirika k’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi mbere yo koherezwa ku masoko mpuzamahanga, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyateganyije gushora arenga miliyari 1.3 Frw mu kubaka no gusana ibikorwa remezo (…)
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko hakiri icyuho cy’ingengo y’imari kingana na miliyari 17.2 Frw muri gahunda ya nkunganire y’imbuto, ifumbire n’ishwagara, ibintu bishobora kugira ingaruka ku bushobozi bwo gukomeza gufasha abahinzi kubona inyongeramusaruro ku gihe.
Abanyarwanda n’abaturarwanda bari mu buhinzi n’ubworozi bya buri munsi, babona 3% gusa by’inguzanyo zose zitangwa mu gihugu, mu gihe bo barenga 70% by’abaturage bose, ikaba imwe mu mbogamizi zituma umusaruro w’urwo rwego utazamuka, nk’uko raporo zitandukanye zibyerekana.
Biragoye kumva ko waba mu Rwanda utunzwe n’umushahara gusa, kuko umushahara iyo uwutanzeho ingwate, ni nk’aho baba bawumazeho. Bisaba rero buri gihe ko ushaka utundi tuntu ukora, cyangwa se ugashaka n’iyo nguzanyo ukayishora mu tundi, uretse ko na byo atari byiza.
I Kigali ku wa Kane tariki 30 Mata 2026 habereye igikorwa cya nyuma cy’irushanwa rya AYuTe Africa Challenge Rwanda 2026, ritegurwa na Heifer International Rwanda, rigamije guteza imbere udushya tw’urubyiruko mu buhinzi hifashishijwe ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda yinjiye mu masezerano y’ubufatanye n’Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi mu buhinzi, International Institute of Tropical Agriculture (IITA), agamije guteza imbere ubuhinzi bushingiye ku ikoranabuhanga no kongera umusaruro w’ibiribwa.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakoze igikorwa cyo gusogongera ubwoko bushya bw’imbuto z’imyumbati zimaze igihe zikorerwaho ubushakashatsi, zikaba ari imbuto zongerewe ubudahangarwa, bituma zitarwara kabore, indwara ifata imyumbati ikabora, abahinzi bagahomba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, bwifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Ntongwe, mu gikorwa cyo gutera imbuto y’ibishyimbo ku buso busaga hegitari ibihumbi 17.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe barishimira ko ubuhinzi bw’ibihumyo bwabafashije kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, bituma bashobora guhangana n’indwara ziterwa no kutabona intungamubiri zihagije.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Amashyamba bavuga ko batunguwe no gusanga mu Karere ka Nyagatare, ubwanikiro bw’ibigori bukoreshwa mu guhunika ubwatsi bw’amatungo.
Uruganda rukora ifumbire mvaruganda (Rwanda Fertilizer Company - RFC) rwashimiye abacuruzi b’inyongeramusaruro (Agrodealers) n’abahinzi babaye indashyikirwa mu gucuruza no gukoresha ifumbire ikorwa n’urwo ruganda. Ni muri gahunda y’uruganda yiswe Agrodealer Champion Program.
Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ubugenzuzi, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Abaguzi (RICA) kiramara impungenge abahinzi, bagurira imbuto ku batubuzi bemewe mu Rwanda, kuko iyo bigaragaye ko imbuto bahawe itabaye nziza, ibigo bitubura imbuto ari byo byirengera ingaruka.
Abahinga mu gishanga cya Rugeramigozi ya kabiri mu Murenge wa Shyogwe, batangiye guhinga Soya ku buso busaga hegitari 40, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibinyamisogwe mu byanya bigega by’ibiribwa (FOBASI) mu Karere ka Muhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa hanze, NAEB kiri kubaka ibigo bizajya byumishirizwamo umusaruro w’ibitunguru n’urusenda mu gukemura ikibazo cy’umusaruro wangirika.
Koperative IABM ihinga ibigori mu gishanga cya Makera mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, irasaba ubufasha bwo kubakirwa imihanda n’amateme bigera ku mirima yabo, kuko biri mu bikomeje kubangamira abahinzi mu gihe bakusanya umusaruro.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yagaragarije abitabiriye Inama y’Umushyikirano ya 20, uko u Rwanda ruhagaze mu nzego zitandukanye na gahunda cyangwa ingamba zihari zo gukomeza kuzamura iterambere ry’Igihugu mu gihe kizaza.
Abahinzi ba avoka mu Rwanda barakangurirwa kuzongera zikaba nyinshi ndetse no kwita ku zo basanzwe bafite, kuko ari imari ishyushye muri iki gihe, cyane ko nta bwoko na bumwe bwazo budafite isoko haba mu Rwanda ndetse no mu mahanga.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Telesphore Ndabamenye, yagaragaje ko ikibazo cy’igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka itanu kidakwiye kureberwa gusa mu mirire mibi, ahubwo no kumenya ko abo bana bafite ibyo barya bihagije, asaba abafite aho bahuriye n’icyo kibazo kureka kujya babiganirira mu nama gusa, ahubwo bakajya (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), kiratangaza ko hirya no hino mu Rwanda harimo guterwa ingemwe z’ikawa, muri uyu mwaka w’ingengo y’imari hakazaterwa izigera kuri Miliyoni eshatu.
Rwiyemezamirimo Mukayirere Adeline, wo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu Ntara y’Amajyepfo, ku wa Gatatu tariki ya 19 Ukwakira 2025, yashyikirijwe Miliyoni 30Frw na BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ), binyuze mu mushinga uzafasha ba rwiyemezamirimo by’umwihariko urubyiruko, kubona (…)
Urubyiruko by’umwihariko urwo mu Karere ka Ruhango, rusanga baramutse bitabiriye ku bwinshi ubuhinzi bwa Kawa, byarushaho kubafasha mu iterambere ryabo n’iry’Igihugu muri rusange.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe by’umwihariko abahinzi ba Kawa, basanga ubuhinzi bwa gakondo bw’Ikawa bari bararazwe butagitanga umusaruro uhagije, biyemeza gusazura no kurandura ibiti byazo birimo ibyari bimaze imyaka irenga 30, kugira ngo bongere umusaruro.
Abahinzi b’ibigori bahinga mu byanya-bigega by’ibiribwa byatoranyijwe mu Karere ka Muhanga, barishimira kuba bahawe ifumbire yo mu bwoko bwa DAP yo kubagaza, hagamijwe kongera umusaruro.
Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr. Uwituze Solange, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, ko Leta yashyizeho ingamba zihamye zo kubungabunga umusaruro w’ibigori ku buryo utazongera kwangirika mu isarura.
Raporo y’ubushakashatsi ku mibereho, imiterere n’uruhare rw’ingo zikora ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, (AHS 2024), igaragaza ko abari hejuru y’imyaka 30 bari mu bikorwa by’ubuhinzi bangana na Miliyoni 3.6, mu gihe urubyiruko rufite hagati y’imyaka 16-30 rukora ubuhinzi rungana na 30.7%.