rwanda elections 2013
kigalitoday

Gisenyi: Amatora yatangiye mu mutuzo nta mirongo

Yanditswe ku itariki ya: 16-09-2013 - Saa: 11:15'
Ibitekerezo ( )

Aho umunyamakuru wa Kigali Today yageze mu mujyi wa Gisenyi yasanze abantu bitabiriye amatora mu mutuzo, abaturage bakavuga ko bamwe bagenda baza uko amasaha ari bukure kuko banze kuza kubyigana.

Ku isaha ya saa moya irengaho iminota micye nibwo abakorera bushake ba komisiyo y’amatora bakoreye ku biro by’amatora mu mujyi wa Gisenyi barimo barahira gutunganya umurimo wabo ndetse bereka abaje gutora ko ibisanduku byo gushyiramo amajwi birimo ubusa.

Isaha yo gutangira gutora yageze hari abaturage bageze ku murongo.
Isaha yo gutangira gutora yageze hari abaturage bageze ku murongo.

Ahantu hose mu mujyi wa Gisenyi habereye amatora hagiye harangwa isuku no gutegurwa imitako, ahandi hashyizwe ibyuma birangura amajwi hari gucurangwa indirimbo ku buryo abagiye gukora nta rungu bagira.

Mu gihe byari bizwi ko Abanyarwanda bakunda kwigira mu mirimo mu mujyi wa Goma, nta Banyarwanda benshi bagiyeyo, bamwe bakavuga ko babanje kubanza kwitabira amatora y’abadepite kugira ngo babone uko bajye mu mirimo yabo.

Abakorerabushake ba komisiyo y'amatora basobanuriraga abaturage imigendekere y'amatora.
Abakorerabushake ba komisiyo y’amatora basobanuriraga abaturage imigendekere y’amatora.

Uretse kuba ahatorerwa haboneka abaje gutora, habonekaga zimwe mu ndorerezi barebera uko amatora agenda mu mutuzo ndetse.

Sylidio Sebuharara



Andi makuru - Amatora y’abadepite 2013

- Amatora y’Abadepite yagenze neza mu karere ka Kirehe

- Rulindo: Abaturage basanga hari aho u Rwanda rugeze muri Demokarasi

- Rwamagana: Imvura yaguye saa sita ntiyabujije amatora kugenda neza

- NUR: Abanyeshuri ntibabashije kwitabira amatora bose

- Abakuze n’abanyantege nke barashimira ubuyobozi bwaborohereje mu matora

- Bugesera: Bavuye mu matora bajya kwishimira ko batoye neza

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.