Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burashishikariza abaturage kuzitabira amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeli 2013, ariko banibuka ko agomba gukorwa mu ituze birinda icyabateranya.
Ubuyobizi butangaza ibi mu gihe mu karere ka Burera hari kunyura imitwe ya Politiki itandukanye n’abandi bakandida depite batandukanye, bose basaba amajwi Abanyaburera kugira ngo bazatorerwe kujya mu Nteko Ishinga amategeko y’u Rwanda.
Joseph Zaraduhaye, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere, asaba Abanyaburera gukomeza kurangwa n’ituze kugeza amatora y’abadepite arangiye.