Perezida Kagame na Museveni bongeye guhurira i Luanda mu gushakira umuti ikibazo cy’umubano
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yageze i Luanda mu murwa mukuru wa Angola aho hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu mu karere bagiye kuganira ku mutekano n’imibanire nk’uko urubuga rwa twitter rwa perezidansi y’u Rwanda rwabitangaje.
Perezida Kagame araganira na Perezida João Lourenço wa Angola, Perezida Museveni wa Uganda, Perezida Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Perezida Sssou Nguesso wa Congo Brazza, barebere hamwe umutekano n’imibanire mu karere cyane cyane baganire ku mubano w’u Rwanda na Uganda.
President Kagame has arrived in Luanda, Angola where he joins the host President João Lourenço of Angola, President Museveni, President Tshisekedi and President Sassou Nguesso for the second quadripartite summit aimed at strengthening regional security and cooperation. pic.twitter.com/O9nWAd7EfI
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) August 21, 2019
Tariki 12 Nyakanga 2019, itangazo ry’inama yahuje abakuru b’ibihugu bine ari byo Angola, u Rwanda, Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DR Congo) na Uganda ryavugaga ko ibihugu bya Angola na DR Congo bigiye guhuza ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda.
Mu nama yari yatumijwe na perezida Lourenço, abo bakuru b’ibihugu barebeye hamwe uko akarere ibyo bihugu biherereyemo gahagaze, barebera hamwe n’uburyo bwo kurushaho guteza imbere umubano mwiza hagati y’ibyo bihugu bine.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, abakuru b’ibihugu bahuriye i Luanda nanone bagirana ibiganiro, cyakora ibyavuye muri ibi biganiro ntabwo byashyizwe ahagaragara.
Perezida Kagame ageze i Luanda avuye i Windhoek muri Namibia aho yakoreye urugendo rw’akazi rw’iminsi itatu.
Inkuru bijyanye
Angola na DR Congo byiyemeje guhuza u Rwanda na Uganda
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|