Augustin Iyamuremye ni we Perezida mushya wa Sena
Nyuma yo kurahirira imbere ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa kane tariki 17 Ukwakira 2019, abasenateri bashya batoreye Iyamuremye Augustin gusimbura Bernard Makuza ku mwanya wa Perezida wa Sena.

Hon. Iyamuremye yatowe n’Abasenateri 25 akaba yahatanaga kuri uwo mwanya na Hon. Zephyrin Kalimba wabonye ijwi rimwe.
Dr. Iyamuremye Augustin yinjiye muri Sena atanzwe na Perezida wa Repubulika.
Dr. Iyamuremye w’imyaka 73 yari asanzwe ayobora Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye.
Uyu musenateri wabaye muri manda ya mbere ya Sena, yamamajwe na Senateri Prof Chrisologue Karangwa(usigaje umwaka umwe muri Sena), akaba abarizwa mu mutwe wa Politike wa PSD nk’uko bimenyerewe.
Senateri Iyamuremye Augustin azaba yungirijwe na Esperance Nyirasafari hamwe na Dr Mukabaramba Alivera ku myanya ibiri ya Visi Perezida wa Sena.
Senateri Nyirasafari Esperance niwe watorewe kuba Visi Perezida wa Sena ushinzwe kugenzura amategeko n’ibikorwa bya Guverinoma, akaba yatsinze Senateri Murangwa Ndangiza Hadija ku majwi 23.
Umwanya wa Visi Perezida ushinzwe gukurikirana imirimo ijyanye n’imari n’abakozi muri Sena wegukanywe na Dr Alivera Mukabaramba wagize amajwi 22, akaba yatsinze Senateri Umuhire Adrie.
Kuri ubu Sena nshya y’u Rwanda igizwe n’abasenateri 26 barimo batandatu bari basanzwe muri uwo mutwe mukuru w’Inteko ishinga amategeko, bakaba bashinzwe kumenyereza bagenzi babo bashya baherutse gutorwa.
Dr. Iyamuremye Augustin yakoze imirimo inyuranye, cyane cyane muri Politiki yo mu Rwanda:
Mu 1977-1984 yari umuyobozi wa Laboratwari ya kaminuza y’u Rwanda, mu Kuboza 1990-1992 yari Perefe wa Gitarama, kuva muri Kamena 1992- Mata 1994 yari umuyobozi w’ibiro by’iperereza mu gihugu.
Kuva muri Nyakanga 1994-1998 yabaye Minisitiri w’Ubuhinzi, kuva mu 1998-Nyakanga 1999 aba Minisitiri w’Itangazamakuru, kuva muri Nyakanga 1999-Werurwe 2000 yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, naho kuva mu 2001-2003 yari Umudepite mu Nteko ishinga amategeko.
Kugira ngo ubashe kumenya ibigwi by’Abasenateri 20 bagize manda ya gatatu ya Sena, kanda HANO





Amafoto: Plaisir Muzogeye
kanda HANO Niba ushaka kureba andi mafoto menshi yaranze umuhango wo kurahira kw’Abasenateri n’abandi bayobozi bakuru.
Inkuru zijyanye na: Sena y’u Rwanda
- Makuza Bernard wayoboraga Sena yahererekanyije ububasha na Dr. Iyamuremye Augustin wamusimbuye
- Reba amwe mu mafoto y’ingenzi y’umuhango wo kurahira kw’Abasenateri bashya
- Sena nshya yiganjemo abakuze izagendana n’urubyiruko mu kwihutisha iterambere
- Dore ibigwi by’Abasenateri 20 bagize manda ya gatatu ya Sena
- Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yanyuzwe n’uko amatora y’Abasenateri yagenze
- Nyirasafari Espérance wari Minisitiri w’Umuco na Siporo yagizwe Senateri
- Nkusi Juvenal na Uwamurera Salama batorewe kujya muri Sena y’u Rwanda
- Prof Niyomugabo Cyprien yinjiye muri Sena
- Umunsi wa mbere w’amatora y’Abasenateri wagenze neza – Prof Kalisa Mbanda
- Abasenateri bazahagararira intara bamaze kumenyakana
- Sena y’u Rwanda yemeje ba Ambasaderi 10 bashya
- Reba uko umuhango wo gushyingura Senateri Bishagara Kagoyire wagenze
- Perezida wa Sena yagarutse ku bigwi bya Senateri Bishagara Kagoyire
- Senateri Bishagara yasezeweho bwa nyuma (Amafoto+ Video)
- Senateri Bishagara Kagoyire Thérèse yitabye Imana
Ohereza igitekerezo
|
Bazakore neza , ariko abakozi bose bafite imyaka irenga 60,bagombye gufata pension n’urubyiruko rukabona akazi, nibyo byiza naho aho kugirango umuntu akorere Leta imyaka 40,ntago biba aribyo ,kandi ayo matora umuntu abona ijwi 1, ubwo aba yiyamamaje ntabushobozi afite .
Dushimiye kigali today kubwo kuduha amakuru agezweho.kandi twifurije imirimo myiza abo ba sanateur bashya ndetse nabasanzwe munteko.twabasaba gukorera hamwe nkabakorera abanyarwanda baharanira iterambere ryacu.
Murakoze@Ivan
Twishimiye Nyakubahwa mushya Perezida wa Sena,naba Visi Perezida bombi.Dusanzwe tubaziho ubunararibonye.