Amaze imyaka 37 adakoza amazi ku mubiri we ndetse ntanogoshe umusatsi

Umugabo w’umuhinzi wo mu gihugu cy’Ubuhinde witwa Kailash Singh amaze imyaka 37 atarakoza amazi ku mubiri we cyangwa ngo yiyogosheshe umusatsi, ubu ureshya na metero imwe na centimetero umunani (1,8 m) z’uburebure.

Kailash Singh w’imyaka 65 abikora mu rwego rwo kugira ngo azabashe kubyara umwana w’umuhungu. Ngo umupadiri yamutegetse ko niba ashaka kubyara umuhungu atazigera na rimwe yikoza amazi ku mubiri we cyangwa se ngo yogoshe ubwanwa bwe nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Daily Mail.

Kugeza ubu Kailash afite abana 7 b’abakobwa ariko arashakisha n’umwana w’umuhungu. Singh yiberaho mu buhinzi bwe nta kintu kijyanye n’isuku akorera umubiri we uretse kota gusa. Mu rwego rwo kwishimisha, abyina azenguruka umuriro.

Umuryango we wemeza ko wamuhatiye koga ariko akaza guhitamo guhunga akajya kwibera wenyine. Umugore we nawe ngo yagerageje kumwangira kurarana nawe niba atoze, ariko aza gusanga inshingano ze zitamwemerera kumuraza wenyine bityo birangira bongeye kurarana.

Egide Kayiranga

Ibitekerezo   ( 15 )

kwari ukugira ngo azabe kimenyabose

louis yanditse ku itariki ya: 29-08-2013  →  Musubize

Biteye agahinda nukuri nuwo gusengerwa.

Coco yanditse ku itariki ya: 11-11-2012  →  Musubize

ndumiwe pe birandenze ko ndeba imisatsi yinyuma iyimbere yo bihagaze bite

cyaretia07 yanditse ku itariki ya: 23-05-2012  →  Musubize

Yewe jye numiwe. Ariko se buriya arahumeka? Cyangwa yarapfuye, ni agatima kagitera?

kayitesi yanditse ku itariki ya: 16-05-2012  →  Musubize

numiwe buriyase wentiyinukira muzamumbarize.

obed yanditse ku itariki ya: 15-05-2012  →  Musubize

Ngo umusatsi we ureshya na 1,8cm??? Wa munyamakuru we ubanza utazi uko metero ireshya nkurikije amafoto mbona hano!

Kabebe yanditse ku itariki ya: 15-05-2012  →  Musubize

Wowe ubaza ngo aranuka Uzagende umwihumurize cg umwinukirize.

kabwa yanditse ku itariki ya: 12-05-2012  →  Musubize

abo bakobwa be bazamufate bamwoze kungufu,ariko uwo mupadiri wa mushutse yamubereye umupfumu mubi,ubuhanuzi nkubwo ni fake

bikorimana emmanuel yanditse ku itariki ya: 11-05-2012  →  Musubize

Reba ibirenge bye uko bisaa. yewe ni akumiro

kadogo yanditse ku itariki ya: 11-05-2012  →  Musubize

ubwo se bibaho kugurango umuntu amara icyo gihe cyose atogosha murwanda ntabyabaho bagufunga

wilson yanditse ku itariki ya: 11-05-2012  →  Musubize

Nanjye mfite inka imaze imyaka 40 itaroga cg ngo inyagirwe! Jye maze 35 years.

Jean yanditse ku itariki ya: 10-05-2012  →  Musubize

Naramuka yoze hazamuvaho 37 kg yimbyiro! Mana we!! Dore umwanda dore umwanda!

King key-moon yanditse ku itariki ya: 10-05-2012  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka