Yamenye ko yitwa umugabo ku myaka 70

Marina Willemsen utuye ahitwa Schilde ho mu Ntara ya Anvers, mu Bubiligi, yamenye ko yitwa umugabo ku myaka 70 agiye gukora ubukwe. Ubu bukwe yari agiye kubugirana n’umugabo bamaranye imyaka 38, ku wa gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2015.

Ubwo yajyaga gusezerana n’umukunzi we rero, yatangajwe n’uko umudamu ushinzwe irangamimerere yamubwiye ati « Madamu, hari ikibazo. Icyemezo cy’amavuko cyawe kigaragaza ko uri umugabo».

Marina ngo yasanze mu bitabo by'irangamimerere handitsemo ko ari umugabo, nyamara mu ndangamuntu handitse ko ari umugore.
Marina ngo yasanze mu bitabo by’irangamimerere handitsemo ko ari umugabo, nyamara mu ndangamuntu handitse ko ari umugore.

Icyatumye uku kwibeshya kutamenyekana mbere, ni uko ngo Marina atari yarigeze akenera impapuro zivuye mu buyobozi.

Mu nkuru dukesha 7sur7.be agira ati « ntabwo nigeze nshaka, na n’ubwo nari narigenze nkenera icyemezo cy’amavuko». Nyamara kandi, ngo inyuguti ya « V » ivuga "Vrouw" (ni ukuvuga umugore mu kinyanéerlande) ni yo iri ku irangamuntu ye.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

wihangane mama

alias yanditse ku itariki ya: 11-07-2015  →  Musubize

Kwibeshya bibaho harinabandi usangabaranditseho ngo wavutse murizerozero zij is mevrouw

holland yanditse ku itariki ya: 17-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka