Imiryango 9 yakoze ubukwe yambaye ubusa mu rwego rwo kudasesagura

Mu mujyi wa Negril mu gihugu cya Jamaica habereye ubukwe budasanzwe, aho imiryango icyenda yiyemeje gusezerana yambaye ubusa buri buri mu rwego rwo kudasesagura nk’uko babitangaje.

Iyo miryango itangaza ko barebye amafaranga bazishyura gukodesha imyenda basanga bayizigamiye yazabagirira akamaro.

Bagize bati “nta nisoni byigeze bidutera kuko tuziranye twese ubusa bwacu kubera iki se tutanatangira ubuzima bwacu tubwambaye, twe ntacyo bidutwaye”.

Bavuga ko ibi bizababera urwibutso rukomeye cyane ndetse nka nyuma y’imyaka 10 bizera ko benshi bazabikora kubera ibyiza babiboneyemo.

Ikinyamakuru Daily Mail cyatangaje video yerekana uburyo ubukwe bwagenze n’uko na padiri nyiri ukubasezeranya nawe yari yambaye ubusa.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Biratangaje! iwacu dufite umuco nti twabikora

M5(mfive yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

he iyo badakingirizaho ariya makoma se ngo twirebere

sylvain cyangugu china road yanditse ku itariki ya: 30-05-2012  →  Musubize

ubundi se ubu kombona bari barimo kubikora!!!

UMUGWANEZA Aline yanditse ku itariki ya: 27-02-2012  →  Musubize

ahubwo ni intwari ubwo batahise bagira icyo bakorera aho!!!Abashobora kwihangana barebana ubwambure bakamara ayo masaha yose???!!!! Mu rwanda ibyari ubukwe byaba ......

yanditse ku itariki ya: 21-02-2012  →  Musubize

birasekeje pe!

DOP yanditse ku itariki ya: 18-02-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka