China: Hari umwana ureba neza mu mwijima

Umwana ukomoka mu gihugu cy’ubushinwa witwa Nong Yousui afite amaso adasanzwe kuko abasha kureba mu mwijima kuko afite amaso ateye nk’ay’inyamaswa.

Amaso ya Nong atanga imirasire y’icyatsi iyo amuritsweho n’urumuri. Nong akunda gukinana n’abana bigana ariko ikibazo ni uko aba arwana no guhisha mu maso ngo atagira ikibazo.

Umubyeyi ubyara Nong yavuze ko amaze ibyumweru bibiri gusa avutse bihutiye kumujyana kwa muganga, kuko babonaga amaso ye agenda ahinduka ibara ry’ubururu.

Nong Yousui afite imyaka ibiri
Nong Yousui afite imyaka ibiri

Muganga yababwiye ko umwana wabo afite ikibazo cy’amaso ariko uko azagenda akura bizagenda bishira ariko siko birimo kugenda kuko bitagabanuka kandi umwana arimo gukura.

Nong acungana nicyakwangiza amaso ye
Nong acungana nicyakwangiza amaso ye

Mu kugerageza amaso ya Nong umunyamakuru umwe wo mu gihugu cy’Ubushinwa witwa Bi Donglei yamuteguriye ibibazo ubundi binjira mu cyumba kitabona maze Nong abisoma ndetse anabisubiza neza cyane nk’uko bitangazwa na mnn.com.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka