Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Gashyantare 2021 nibwo Abanyarwanda batandatu n’umwana w’umukobwa bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba ku ruhande rw’Akarere ka Nyagatare.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta aratangaza ko u Rwanda rwandikiye Uganda ku kibazo cy’abasirikare ba Uganda bamaze iminsi binjira mu Rwanda bagashimuta abantu. Dr. Biruta ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kanama 2020 mu kiganiro n’itangazamakuru ku mubano w’u Rwanda n’ibihugu byo (…)
Umwe mu Banyarwanda bari bafungiye muri Uganda avuga ko yari amaze hafi imyaka ibiri afungiwe muri icyo gihugu, amezi atandatu akaba ngo yarayamaze aba mu musarane ku mapingu yambaye uko yavutse.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Nyakanga 2020 nibwo Abanyarwanda 12 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda bagejejwe mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Kagitumba.
Irindi tsinda ry’Abanyarwanda 53 bari bafungiwe muri Uganda ryageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kamena 2020.
Itsinda rya mbere ry’Abanyarwanda 29 bari bafungiwe muri Uganda bamaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 08 Kamena 2020. Bahageze ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, abo Banyarwanda bakaba bacyurwa mu byiciro bitandukanye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda Sam Kutesa yatangaje ko mu cyumweru gitaha Leta y’igihugu cye izarekura Abanyarwanda 130 bafungiye mu magereza atandukanye yo muri icyo gihugu.
Bukuru Cyprien wari umaze amezi atandatu afungiye muri Uganda aho yari yaragiye ajyanywe no gushaka akazi, nyuma yo kurekurwa yiyemeje gushakira imirimo mu Rwanda kuko aho yagiye nta cyiza yahasanze.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, i Gatuna/Katuna ku mupaka w’u Rwanda na Uganda habereye inama yahuje abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, ndetse n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’abahuza muri ibyo biganiro.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Yoweri K. Museveni wa Uganda, bahuriye ku mupaka wa Gatuna-Katuna uhuza ibihugu byombi, mu biganiro bigamije kugarura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, yakiriye mu biro bye Perezida wa Angola João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Gashyantare 2020, Perezida wa Angola, João Lourenço, yageze mu Rwanda.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yatangaje ko Leta y’u Rwanda yakiriye neza irekurwa ry’Abanyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda ku buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse n’iyoherezwa mu Rwanda ry’abandi Banyarwanda babiri bakekwaho kuba mu bagabye igitero mu Kinigi mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2019.
Ahagana mu ma saa cyenda n’iminota cumi n’umwe (03h11min) mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gashyantare 2020, nibwo abanyarwanda 15 bari bafungiye mu Gihugu cya Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, bashyikirijwe u Rwanda, banyujijwe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda uherereye i Kagitumba mu Ntara y’Iburasirazuba
Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko kuri uyu wa kabiri tariki 08 Gashyantare 2020 Uganda yarekuye Abanyarwanda 13 barimo abagabo icumi n’abagore batatu.
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’Abayobozi urimo kuba ku nshuro ya 17, yagarutse ku bibazo u Rwanda rwatewe n’Abanya-Uganda, bakaba ari n’abaturanyi bo mu majyaruguru y’u Rwanda.
Umwe mu myanzuro yavuye mu biganiro byahuje intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda byabereye i Kigali ku wa gatanu tariki 14 Gashyantare 2020, ni uko buri gihugu kirekura abenegihugu b’ikindi cyaba gifunze bitarenze ibyumweru bitatu.
U Rwanda ruvuga ko amasezerano ya Luanda yo kugarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi atubahirijwe, cyane ko hakiri Abanyarwanda benshi bagifungiye muri Uganda, icyo gihugu kigasabwa guhita kibarekura.
Abagize itsinda ry’Intumwa z’u Rwanda na Uganda (Ad Hoc Commission) ryiga ku iyubahirizwa ry’amasezerano impande zombi zashyizeho umukono agamije kugarura umubano mwiza hagati y’ibyo bihugu, barahurira i Kigali kuri uyu wa gatanu tariki 14 Gashyantare 2020.
Ku mugoroba wo ku itariki 06 Gashyantare 2020 ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda uherereye mu Karere ka Burera ku ruhande rw’u Rwanda, habereye umuhango wo guhererekanya umurambo w’umuturage w’u Rwanda wapfiriye muri Uganda. Polisi ya Uganda ivuga ko yasanze uwo murambo uziritse umugozi mu ijosi unagana mu giti.
I Luanda muri Angola, kuri iki cyumweru tariki 02 Gashyantare 2020 habereye Inama yahuje abakuru b’ibihugu bya Angola, Uganda, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ndayambaje Phenias w’imyaka 32 y’amavuko wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri afite ibikomere mu mutwe no ku maguru, akavuga ko abaturage batanu bo mu gihugu cya Uganda bamusanze mu murima we uri muri Uganda baramufata bamukubita imihoro.
Ibihugu by’u Rwanda na Uganda birasubira muri Angora kuri iki cyumweru tariki 02 Gashyantare 2020 mu biganiro bigamije gushakira hamwe umuti w’ikibazo cy’umubano umaze iminsi utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba igihugu cya Uganda gitangiye kurekura Abanyarwanda bafungiyeyo, ari kimwe mu bimenyetso byerekana ko Uganda yiteguye guhagarika ifungwa n’iyicarubozo ku Banyarwanda bari muri icyo gihugu.
U Rwanda rwongeye gusaba Leta ya Uganda kurekura Abanyarwanda bose bafungiyeyo bazira ubusa, no guhagarika ibikorwa byo gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro igamije guteza umutekano muke mu Rwanda.
U Rwanda ruravuga ko irekurwa ry’Abanyarwanda barindwi bari bamaze igihe bafungiwe muri Uganda ari ikintu cyiza ariko kidahagihe, ugereranyine n’umubare w’Abanyarwanda bafungiyeyo.
Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda, rwarekuye Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri iki gihugu bashinjwa ibyaha birimo ibyo kuba intasi z’u Rwanda.
Umunyarwanda witwa Mbonabakeka Félicien w’imyaka 35 uvuka mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, biravugwa ko yiciwe muri Uganda mu ijoro ryo ku itariki 31 Ukuboza 2019 rishyira kuwa 01 Mutarama 2020, agashyingurwa mu buryo butazwi.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Mutarama 2020 Leta y’u Rwanda yakiriye umunyarwandakazi witwa Nyiramwiza Pascaline ufite imyaka 25 wakorewe iyicarubozo agatemwa akaboko kagacika ndetse agatemwa no mu mutwe ubwo yari mu gihugu cya Uganda.