Umuhungu n’umukobwa bakundanaga bo mu gace ka Makindye mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, baravugwaho guterana icyuma kugeza ubwo bombi bashizemo umwuka nk’uko polisi yabitangaje.
Mu gihe Abanyarwanda benshi bari mu myiteguro y’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani, bamwe mu byamamare byo mu Rwanda kimwe n’abandi, nabo bafite uburyo bizihizamo iyi minsi mikuru.
Hirya no hino ku Isi, iyo umuntu yakoze akanitwara neza, arahembwa. Gutanga ibihembo byatangiye kera ku Isi hose. Hari ibihembo bikomeye nka Grammy Awards, Oscars, Trace Music Awards, BET Awards, Balon D’or, n’ibindi.
Uwase Muyango Claudine witegura ubukwe bwe na Kimenyi Yves, yakorewe ibirori bisezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’. Ibi birori byabaye ku mugoroba tariki 16 Ukuboza 2023.
Umuhanzikazi Bulelwa Mkutukana, wamamaye ku izina ry’ubuhanzi rya Zahara, wo muri Afurika y’Epfo, yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Ukuboza 2023, aguye mu bitaro by’i Johannesburg muri icyo gihugu, akaba yari afite imyaka 35 y’amavuko.
Umwaka wa 2023 usize umuziki nyarwanda muri rusange uhagaze neza ahanini ubikesha ibitaramo bikomeye byabereye mu Rwanda byagiye bituma urushaho kumenyekana, binyuze no mu kuba bamwe mu bahanzi nyarwanda barisangaga bahuriye ku rubyiniro rumwe n’abahanzi mpuzamahanga.
Umuhanzi Niyo Bosco wari umaze iminsi atagaragara cyane muri muzika nyuma yo gutandukana na MIE Empire yamufashaga, yamaze kwinjira muri KIKAC Music.
Umuhanzi Gakuba Sam ukoresha izina ‘Samlo’ mu bya muzika, wamenyekanye mu ndirimbo z’urukundo, yatereye ivi ndetse yambika impeta umukunzi we Umutesi Betty bamaranye imyaka umunani bakundana.
Recording Academy isanzwe itegura ibihembo bya Grammy Awards, bavuze imyato umunya-Nigeria Damini Ogulu, uzwi ku izina rya Burna Boy, ko nta muhanzi wa Afrobeats cyangwa undi muhanzi muri Afurika umuhiga.
Umuhanzi Nizzo wahoze mu itsinda rya Urban Boyz rikaza gutandukana yatangaje ko we na bagenzi be bari mu biganiro byo kongera kugarura itsinda ryakunzwe na benshi.
Umuhanzi wo muri Nigeriya, Burna Boy, aherutse gutangaza ko yanze miliyoni 5 z’Amadolari ya Amerika ubwo yatumirwaga gutaramira i Dubai, kubera ko amategeko yaho atamwemerera kunywa urumogi.
Emile Nzeyimana uzwi nka Papa Emile, umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ari mu gahinda gakomeye nyuma y’urupfu rw’umugore we Ineza Parfine.
Nkurunziza Augustin uzwi kwizina rya Producer Papito, akaba umwe mu batunganya indirimbo mu Rwanda, yagaragaje ko abahanzi Nyarwanda kugira ngo batere imbere bagomba kwigira ku bo mu bindi bihugu.
Umuraperi Meek Mill yasabye imbabazi nyuma yo gufatira amashusho y’indirimbo mu ngoro y’umukuru w’Igihugu cya Ghana Nana Akufo-Addo.
Chorale de Kigali yasubiyemo indirimbo ‘Gusakaara’ y’umuhanzi Yvan Buravan biturutse ku cyifuzo yabagejejeho ataritaba Imana.
Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, akaba yaranashinze inzu ifasha abahanzi yitwa ‘The Mane Music’, yapfushije se umubyara azize uburwayi yari amaranye iminsi.
Alyn Sano umwe mu bakobwa bamaze kubaka izina mu muziki Nyarwanda kugeza ubu, indirimbo yise ’Say less’ aherutse guhurizamo abahanzi Fik Fameica na Sat B, iri mu ziyoboye kuri Radio ya RFI.
David Adeleke, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Davido, we n’umukunzi we Chioma Rowland bwa mbere bongeye kugaragara mu ruhame nyuma gupfusha umwana wabo w’umuhungu w’imyaka itatu.
Nyuma y’igihe havugwa urukundo hagati ya Zuchu na Diamond, kubera imyitwarire bagaragazaga ndetse bigashimangirwa n’abantu ba hafi yabo, kuri ubu nyina wa Diamond Platnumz yamaze guha umugisha urukundo rw’aba bombi.
Itsinda Hillsong London ryatanze ibyishimo mu buryo bukomeye Abanyarwanda bakunda umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, mu gitaramo cy’amateka cyiswe “Hillsong London Live in Kigali”.
Ubuzima bwa Karamuka Jean Luc wamamaye nka Junior Multisystem, uri mu ba Producer beza u Rwanda rwagize bumerewe nabi, nyuma y’aho asabye abantu kumusengera.
Abagize Itsinda ry’Abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ryo mu Bwongereza, ’Hillsong London’ bageze mu Rwanda, aho bitabiriye igitaramo gikomeye cyo kuramya no guhimbaza cyiswe “Hillsong London Live in Kigali”.
Umuhanzi Nasibu Abdul Juma Issack, uzwi ku izina rya ‘Diamond Platnumz’ ategerejwe i Kigali mu gitaramo cyizinjiza abantu mu minsi mikuru cyiswe ‘One People Concert’.
Irushanwa ‘Loko Star’ ryateguwe n’umuhanzi Faycal Ngeruka uzwi nka ‘Kode’ agamije guteza imbere abanyempano batandakunye ariko bakaba badafite ubushobozi, binyuze muri kompanyi y’umuziki ‘Empireskode’.
Umuhanzi wo muri Uganda, Edrisah Musuuza, uzwi cyane ku izina rya Eddy Kenzo, yashyizwe ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya Grammy Awards 2023.
Edrisah Musuuza, Umuhanzi w’umunya-Uganda wamamaye nka ’Eddy Kenzo’ yavuze ko afite ubwoba akomeje guterwa n’abantu bashaka kumwica.
Umuhanzi ukomoka muri Kenya, Jacob Abunga uzwi cyane nka Otile Brown, yongeye gukorana indirimbo na The Ben bise ‘Kolo Kolo’, izaba iri kuri EP nshya y’uyu muhanzi.
Umuhanzi David Adeleke uzwi cyane nka Davido, nyuma yo gupfusha umwana w’umuhungu we w’imyaka itatu, yatangaje ko ibitaramo yagombaga gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byasubitswe.
Hamida wahoze ari umukunzi wa myugariro w’Ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Rwatubyaye Abdul, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi.
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Ladipo Eso, umaze kwamamara ku rwego rw’isi ku izina rya LADIPOE yavuze ko indirimbo ye yitwa ‘Know you’ yakoranye na Simi yamutwaye imyaka itatu kugirango ijye hanze.