Uko muri Cote d’Ivoire bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Abanyarwanda baba muri Cote d’Ivoire, barimo abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro ONUCI boherejwemo n’Umuryango w’Abibumbye UN bahuriye hamwe n’inshuti zabo bibuka Jenoside n’abayiguyemo, banasabira abayirokotse kuri iki cyumweru tariki ya 13/04/2014.

Iki gikorwa cyabaye mu mihango inyuranye irimo gucana urumuri rw’icyizere, amasengesho yo gusabira abazize Jenoside, abayirokotse n’igihugu cyabo muri rusange, ndetse n’umwanya wihariye wo gusangira ubuhamya bw’ibyabaye n’ingamba zikwiye gufatwa iki gihe mu gukumira Jenoside no kubaka igihugu cyabo.

Bacanye urumuri rw'icyizere biyemeza ko bazafatanya n'Abanyarwanda kudasubira mu icuraburindi rya Jenoside.
Bacanye urumuri rw’icyizere biyemeza ko bazafatanya n’Abanyarwanda kudasubira mu icuraburindi rya Jenoside.

Uhagarariye umuryango w’Afurika yunze Ubumwe muri Cote d’Ivoire, Bwana Ambroise Niyonsaba yavuze ko kwibuka ari ugufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko bikaba n’igihango isi yose ikwiye kugirana ko hadakwiye kuzongera kubaho Jenoside ukundi kandi ashimangira ko ngo Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe utazihanganira ko Jenoside yakongera kuba ku butaka bw’Afurika.

Abitabiriye kwibuka Jenoside muri Ivory Coast bongeye gusaba ko umuryango mpuzamahanga wakunga ubumwe mu gukumira ko Jenoside yazongera kubaho ukundi.
Abitabiriye kwibuka Jenoside muri Ivory Coast bongeye gusaba ko umuryango mpuzamahanga wakunga ubumwe mu gukumira ko Jenoside yazongera kubaho ukundi.

Ubu butumwa nibwo bwanatanzwe na Aboubacar Cisse uhagarariye Umuryango w’Abibumbye muri Cote d’Ivoire nawe wavuze ko kwibuka ari ngombwa bikaba n’inshingano yo kurinda ko Jenoside yakongera kubaho ukundi.

Aboubacar Cisse akaba yanavuze ko Abanyafurika bagomba gushyiraho uburyo n’ingufu zabo hamwe mu kwicyemurira amakimbirane n’ibibazo byabo badategereje ko hari abandi babibacyemurira. Yanavuze kandi ko Umuryango w’Abibumbye washyizeho uburyo bwo kurinda ko hakongera kubaho Jenoside ku isi.

Biyemeje kunga ubumwe baharanira ko bitazasubira ukundi.
Biyemeje kunga ubumwe baharanira ko bitazasubira ukundi.

Uhagarariye abanyarwanda baba muri Cote d’Ivoire, Jean Emile Nkiranuye yashimiye abaje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka mu kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, ashimangira ko kwibuka ari uguhozaho kandi ko urumuri rugamije gutanga icyizere gihoraho. Yasabye ko isi yose yakunga ubumwe mu kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside.

Abanyamahanga b'inshuti z'u Rwanda bari bitabiriye gufata u Rwanda n'Abanyarwanda mu mugongo.
Abanyamahanga b’inshuti z’u Rwanda bari bitabiriye gufata u Rwanda n’Abanyarwanda mu mugongo.

Perezida wa Cote d’Ivoire yohereje ubuyumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda, akaba yari ahagarariwe muri icyo gikorwa na Boubacar Ouattara.

Kigali Today

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka