Kamonyi: Uwarokotse Jenoside yatemewe ibitoki
Mu ijoro ryo kuwa 15 Mata 2020, Dany Uwihoreye warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, utuye mu Mudugudu wa Kintama, Akagari ka Kigusa, Umurenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi yatemewe ibitoki harimo n’ibyari bicyana bitarera.
- Urutoki rwa Uwihoreye rwatemwe rushiraho
Ibi bibaye mu gihe u Rwanda ruri mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarubaka, Mudahemuka Jean Damascène, yavuze ko hatemwe ibitoki 35, icyakora ngo ubu abakekwa bashyikirijwe urwego rubishinzwe.
Ati “Abakekwa ni babiri, inzego z’ibanze zabafashe zihita zibashyikiriza Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bakaba bacumbikiwe aho urwo rwego rukorera mu Murenge wa Musambira mu gihe iperereza rigikorwa”.
Yongeyeho ko abo bakekwa bafashwe ari abasanganywe imyitwarire mibi kuko banaherukaga guhanwa n’urwego rw’umudugugu kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Uhagarariye Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA) mu Karere ka Kamonyi, Pacifique Murenzi, yavuze ko icyo gikorwa kibabaje, akanongeraho ko hari n’ibindi byari biherutse kuba muri ako karere.
Ati “Ibyo bije byiyongera ku haherutse kuba ikindi gikorwa kibi cyo gutemagura imyumbati y’uwacitse ku icumu rya Jenoside mu murenge wa Gacurabwenge”.
Yongeraho ko abatemaguye ibyo bitoki ari ubugome babikoranye kuko byose babyararitse babisiga aho, nibura ntihagire na kimwe batwara.
Mu cyumweru cy’icyunamo na bwo hagiye humvikana ibikorwa byo kwangiza imitungo y’abarokotse Jenoside hirya no hino mu gihugu, inzego z’umutekano zikavuga ko bamwe mu bakekwaho kubigiramo uruhare bafashwe bakaba bari gukurikiranwa.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
ABANTU BANGIZA IBYABANDI.BAKWIYE GUHANWA BYI NTANGARUGERO.
Abantu bagifite ingengabitekerezo ya génocide ni bihane kuko gihe tugezemo n’icyukubaka ntabwo ari icyo gusenya . Twese turi bene mugabo umwe waremwe n’Imana .