Gusoza icyunamo mu karere ka Kirehe byabereye mu murenge wa Nyarubuye, tariki 14/04/2012, hashyingurwa imibiri 24 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Hanabaye urugendo rwo kwamagana Jenoside.
Imibiri 163 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, tariki 14/04/2012, yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa ruri mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.
Abarokotse Jenoside mu karere ka Rwamagana barifuza kubarura umubare w’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi hakamenyekana umubare n’amazina yabo ndetse n’ababikoze kugira ngo ayo mateka atazibagirana mu gihe abarokotse bazaba batangiye gusaza.
Ubuhamya n’ubutumwa bwatangiwe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibirira ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo byagaragaye ko mu cyahoze ari komini Kibirira ariho hakorewe igeragezwa rya Jenoside mu 1990 ubwo Abatutsi bari bahatuye batangiye kwicwa abandi bakameneshwa.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, ari kumwe na bamwe mu badepite mu nteko ishingamategeko, ndetse na bamwe mu bayobozi batandukanye mu ntara y’uburengerazuba, bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rutsiro, mu muhango wo gusoza icyumweu cy’icyunamo, cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Igihe abandi bashyiraga amafaranga mu gaseke yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye, umwana w’umunyeshuri wo mu murenge wa Musheri, mu karere ka Nyagatare washyizemo ibuye.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana, arahamagarira Abanyarwanda bose gufatana urunana bakomora ibikomere bya Jenoside kuko utazatanga umusanzu we mu kubikiza no gukumira Jenoside burundi azaba atiza umurindi abayiteguye bacyifuza no kuyikomeza.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango, bavuga ko abarundi bari barahungiye mu Rwanda bijanditse muri Jenoside bagafatanya n’Abahutu kwica.
Ingabo z’igihugu na polisi y’u Rwanda barizeza abacitse ku icumu ko batazababa hafi mu gihe cyo kwibuka gusa ndetse ko na nyuma yaho wibuka bizakomeza.
Abaturage bo mu murenge wa Mudende, mu karere ka Rubavu baranengwa uburyo bari baranze kwerekana aho imibiri y’Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside batawe.
Bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza Gatolika y’u Rwanda n’abayobozi barifuza gukomeza kwigira ku mateka, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13/04/2012.
Abaturage n’abayobozi mu karerre ka Muhanga ku wa 13/04/2012, bibutse Abatutsi baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo, umuhango wabereye mu murenge wa Rugendabari, aho basabwe kuvuga amateka uko ari kugira ngo ibyabaye bitazongera.
Umuyobozi w’Intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, yasabye abaturage gukomeza kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kabone n’ubwo icyumweru cy’icyunamo cyarangiye.
Abanyarwanda baba mu gihugu cya Kenya, tariki 12/04/2012, bifatanyije n’abandi Banyarwanda mu bihe bikomeye byo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, mu rwego rwo gusubiza agaciro inzirakarengane zavukijwe ubuzima icyo gihe.
Uwahoze ari minisitiri w’Intebe mu Bwongereza akaza gushinga umuryango uharanira imiyoborere myiza muri Afurika (Tony Blair Africa Governance Initiative) yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyarwanda batanu biga muri Universite Senghor bari kumwe na barumuna babo cyenda biga biga muri kaminuza ya Alexandrie mu Misiri bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Gusoza icyumweru cy’icyunamo mu karere ka Nyabihu byabereye mu rusengero rwiciwemo inzirakarengane nyinshi zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 ruri mu murenge wa Mukamira mu kagari ka Rugeshi mu mudugudu wa Hesha.
Ambasade y’Amerika mu Rwanda yibutse Abanyarwanda 25 bahoze ari Abakozi ba Ambasade ya Amerika mu Rwanda n’umushinga USAID nawo w’Abanyamerika bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Abagabo bane n’umugore umwe bo mu karere ka kamonyi bacumbikiwe n’ubushinjacyaha bakekwaho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside kubera amagambo apfobya n’ahakana Jenoside yakorewe abatutsi, bavuze muri iki gihe cy’icyunamo.
Abanyeshuri 90 bo muri kaminuza ya Kabale muri Uganda baje kwifatanya na bagenzi babo bigana b’Abanyarwanda, kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda no kwigira ku byabaye.
Abayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu muryango w’abibumbye (UN) bafashe umunota wo kunamira miliyoni isaga y’inzirakarengare zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 banacana urumuri mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside cyabaye tariki 11/04/2012 ku cyicaro cya UN i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Jean Damascene Ntawukuriryayo, yifatanije n’urubyiruko rugera ku 2248 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyamakuru ba siporo mu Rwanda baribuka, ku nshuro ya kabiri, abakinnyi, abanyamakuru ba siporo, abakunzi ndetse n’abandi bose bagize uruhare muri siporo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Abagize ishyirahamwe Nyarwanda ry’abavuzi gakondo bahuriye mu ishyirahamwe AGA Rwanda Network bavuga ko buri Munyarwanda wese afite uruhare mu gikorwa cyo kwibuka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rulindo barasaba ko mu gihe ku nzibutso handikwa amazina y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi, hanateganywa umwanya w’amazina ya ba ruharwa mu kuyishyira mu bikorwa.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru arakangurira Abanyarwanda kurushaho gufata iya mbere bakikemurira ibibazo igihugu cyabo gifite kuko amateka agaragaza ko amahanga ntacyo yafashije.
Mbere y’uko icyunamo gitangira, abacitse ku icumu batuye mu murenge wa Muhura akarere ka Gatsibo bashyikirijwe urwandiko rubatera ubwoba rubabwira ko icyunamo kizarangira barangije kubica.
Nyuma y’imyaka 18 Abanyaruhango bibuka ababo baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nibwo bwa mbere babonye ikigo gikomeye kiza kwifatanya nabo kikanabatera inkunga.
Abapolisi b’Abanyarwanda 189 bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti bitafanyije n’abandi Banyarwanda bakora muri icyo guhugu ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Abanyarwanda baba mu Buyapani, Guverinoma y’icyo gihugu n’ishuti z’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 09/04/2012 bakoze igikorwa cyo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.